• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyamakuru w’Umubiligi, Peter Verlinden, yabujijwe kwinjira mu kiganiro mbwirwaruhame ku kwigisha amateka ya Jenoside mu mashuri, cyabereye mu nzu y’Inteko Nshinga Amategeko y’Intara ya Wallonie-Bruxelles mu Bubiligi, kuwa 24 Werurwe 2017.

Uyu munyamakuru Verlinden ukorera televiziyo ya Leta y’u Bubiligi ” VTR” ari mu banyamahanga Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko ahamya ko habayeho Jenoside ebyiri, no kurwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Iki kiganiro yifuzaga kwitabira yahejwe cyateguwe Ibuka-Mémoire & Justice, kinitabirwa na Perezida wa Ibuka-Rwanda, Prof Jean Pierre Dusingizemungu n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Dr Jean Damascene Bizimana.Uyu munyamakuru wababajwe no gukumirwa, atangira gushaka no kubibangamira nk’uko Perezida wa Ibuka-Mémoire & Justice, Déo Mazina, yabisobanuriye IGIHE ko batashoboraga guha umwanya umuntu upfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, uhakana cyangwa uvuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, burimo abayihagaritse.

Yagize ati “Twafashe iki cyemezo kubera ko ibiganiro byacu tutifuzaga ko hazamo umuntu ushobora guteramo akaduruvayo, ayobya urubyiruko rwinshi rwari rwacyitabiriye, akaba yakwanduza n’isura y’ibi biganiro kandi hagomba kuvamo ibyemezo bisobanutse bizadufasha gusaba ko izi gahunda zashyirwa mu bikorwa, hakerekanwa n’imfashanyigisho zakwifashishwa.”

Akimenya ko atemerewe kwitabira ibyo biganiro kuwa 23 Werurwe, Mazina avuga ko uyu munyamakuru yahise yandikira abantu bose bari bateganyijwe gutanga ibiganiro abasaba ko batabyitabira, yandikira n’Abadepite bose bo muri iyi Nteko Ishinga Amategeko, anasaba Perezida wayo kubihagarika.

Uretse ibyo, ku munsi w’ibiganiro yitwaje ko ari umunyamakuru wemewe n’amategeko, bimuha uburenganzira bwo kwinjira ahabereye ibiganiro mbwirwaruhame, yashatse kwinjira ku ngufu mu byo Ibuka itamushakagamo, abashinzwe umutekano baramukumira ajyana ikibazo cye ku buyobozi bw’Inteko.Hahise hitabazwa ibiganiro hagati ya Ibuka n’ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko ya Wallonie-Bruxelles.

Mazina yagize ati “Ibuka yabasobanuriye ku buryo bwimbitse impamvu y’icyo cyemezo cyacu, umwanzuro wemeranyijweho na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Philippe Courard, Ibuka Mémoire et Justice, mu rwego rwo kwirinda ko umubano mwiza uri hagati yayo n’iyo Nteko wahungabana, yemeye ko ashyirwa ahantu ha wenyine, kure kandi hadafite aho hahuriye n’icyumba cyaberagamo ibiganiro, akaba ashobora kubikurikira ariko ataboneka, adashobora no kubigiramo ijambo.”Verlinden yakurikiye ibiganiro ari mu kumba kamwe, bamuha uburyo bwo kubirebera kure ariko ategereye aho bibera.

-6184.jpg

Umunyamakuru w’Umubiligi, Peter Verlinden

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Urukiko rukuru rwa Uganda rukorera ahitwa Nambayo, rugiye gusuzuma ikirego cy’ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 15 Feb 2020
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe  na  Ex. FAR, baguye kurugamba

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe na Ex. FAR, baguye kurugamba

Ubwanditsi 24 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN
INKURU NYAMUKURU

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!
ITOHOZA

Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Ubwanditsi 19 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru