• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Ubwanditsi 31 Mar 2017 ITOHOZA

Umunyamakuru w’Umubiligi, Peter Verlinden, yabujijwe kwinjira mu kiganiro mbwirwaruhame ku kwigisha amateka ya Jenoside mu mashuri, cyabereye mu nzu y’Inteko Nshinga Amategeko y’Intara ya Wallonie-Bruxelles mu Bubiligi, kuwa 24 Werurwe 2017.

Uyu munyamakuru Verlinden ukorera televiziyo ya Leta y’u Bubiligi ” VTR” ari mu banyamahanga Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko ahamya ko habayeho Jenoside ebyiri, no kurwanya ubutegetsi buriho mu Rwanda.

Iki kiganiro yifuzaga kwitabira yahejwe cyateguwe Ibuka-Mémoire & Justice, kinitabirwa na Perezida wa Ibuka-Rwanda, Prof Jean Pierre Dusingizemungu n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside, Dr Jean Damascene Bizimana.Uyu munyamakuru wababajwe no gukumirwa, atangira gushaka no kubibangamira nk’uko Perezida wa Ibuka-Mémoire & Justice, Déo Mazina, yabisobanuriye IGIHE ko batashoboraga guha umwanya umuntu upfobya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, uhakana cyangwa uvuga nabi ubuyobozi bw’u Rwanda, burimo abayihagaritse.

Yagize ati “Twafashe iki cyemezo kubera ko ibiganiro byacu tutifuzaga ko hazamo umuntu ushobora guteramo akaduruvayo, ayobya urubyiruko rwinshi rwari rwacyitabiriye, akaba yakwanduza n’isura y’ibi biganiro kandi hagomba kuvamo ibyemezo bisobanutse bizadufasha gusaba ko izi gahunda zashyirwa mu bikorwa, hakerekanwa n’imfashanyigisho zakwifashishwa.”

Akimenya ko atemerewe kwitabira ibyo biganiro kuwa 23 Werurwe, Mazina avuga ko uyu munyamakuru yahise yandikira abantu bose bari bateganyijwe gutanga ibiganiro abasaba ko batabyitabira, yandikira n’Abadepite bose bo muri iyi Nteko Ishinga Amategeko, anasaba Perezida wayo kubihagarika.

Uretse ibyo, ku munsi w’ibiganiro yitwaje ko ari umunyamakuru wemewe n’amategeko, bimuha uburenganzira bwo kwinjira ahabereye ibiganiro mbwirwaruhame, yashatse kwinjira ku ngufu mu byo Ibuka itamushakagamo, abashinzwe umutekano baramukumira ajyana ikibazo cye ku buyobozi bw’Inteko.Hahise hitabazwa ibiganiro hagati ya Ibuka n’ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko ya Wallonie-Bruxelles.

Mazina yagize ati “Ibuka yabasobanuriye ku buryo bwimbitse impamvu y’icyo cyemezo cyacu, umwanzuro wemeranyijweho na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Philippe Courard, Ibuka Mémoire et Justice, mu rwego rwo kwirinda ko umubano mwiza uri hagati yayo n’iyo Nteko wahungabana, yemeye ko ashyirwa ahantu ha wenyine, kure kandi hadafite aho hahuriye n’icyumba cyaberagamo ibiganiro, akaba ashobora kubikurikira ariko ataboneka, adashobora no kubigiramo ijambo.”Verlinden yakurikiye ibiganiro ari mu kumba kamwe, bamuha uburyo bwo kubirebera kure ariko ategereye aho bibera.

-6184.jpg

Umunyamakuru w’Umubiligi, Peter Verlinden

2017-03-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Umusirikari wa Kongo wari wasinze yisanze mu Rwanda afite intwaro

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Ibintu bitatu by’ingenzi  bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ibintu bitatu by’ingenzi bituma umubano w’u Rwanda na Uganda ujya irudubi

Ubwanditsi 04 Mar 2019
Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubutumwa burimo ibisasu n’ubwicanyi bwaguyemo 13, iminsi itatu y’icuraburindi muri Amerika

Ubwanditsi 29 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?
Mu Rwanda

Kuri Manda ya II P. Kagame yesheje imihigo yahize mu bikorwa remezo?

Ubwanditsi 22 Jun 2017
1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

1986 : Museveni kuzamura mu ntera abari impunzi muri Uganda Fred Gisa Rwigema na Paul Kagame si urukundo ni amaburakindi [ VIDEO ]

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro
Amakuru

Amafoto – APR FC yasuye abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK ibategurira amafunguro

Ubwanditsi 23 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru