• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwasatse ububiko bw’ikigo cy’itumanaho cya MTN rushakisha ibimenyetso bihuha bimaze iminsi biyishinja gukwepa imisoro. MTN Uganda kandi ngo yaba inakekwaho gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nk’uko byagaragaye ku mashusho ya video y’iki gikorwa, abakozi ba ISO bagaragara binjira kuri MTN muri Data Center saa 10:20 z;ijoro kuri uyu wa gatatu ushize.

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’agateganyo wa MTN, Anthony Katamba, ngo abantu bakekwaho gukorera ISO bafashe bugwate uwitwa Moses Keefa Musasizi, ukorera ikigo cya Huawei, cyahawe akazi ko gucunga  Data center, aho ngo yajyanywe ku cyicaro cy’uru rwego kuva saa 5:00 z’umugoroba kugeza saa 9:00 z’ijoro mbere yo kujyanwa kuri Data Center agategekwa gufungurira abakozi ba ISO.

Katamba avuga ko Musasizi yategetswe gufungura servers 4 muri Data center kandi byose bikaba byafashwe amashusho bikorwa.

Video ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru cyabashije kubona igaragaza abakozi ba ISO baha amabwiriza Musazizi yo kubageza kuri za servers, ndetse hakagaragara umwe mu bakozi ba ISO ava kuri server imwe ajya ku yindi mu gikorwa ngo cyamaze amasaha agera kuri abiri.

Muri servers za MTN ahabereye isaka

Biravugwa ko amadosoiye y’ingenzi yajyanywe nk’uko byemezwa na CEO w’agateganyo wa MTN Katamba uvuga ko hashobora kuba hari ibintu byarebwe binyuranyije n’amategeko ndetse hari ibyatwawe.

Ni mu gihe undi muyobozi utashatse kumenyekana avuga ko ibyo ISO yashakaga byose yabitwaye kandi bakoze kopi z’amadosiye menshi mbere yo kugenda.

Chimpreports ikaba ivuga ko uyu mukwabu kuri MTN waba watewe n’abantu bahoze bayikorera baba barasohoye amakuru. Bamwe muri aba birukanwe bashinjwa amanyanga muri mobile money ngo baregeye inzego z’umutekano bavuga ko MTN yanyereje imisoro igera kuri miliyari 367 z’amashilingi ya Uganda mu kudekarara uko abantu bagiye bahamagara.

Ikigo cya MTN gisanzwe ari kimwe mu basoreshwa bakuru muri Uganda. Bikavugwa ko inzego z’umutekano zitaba zateye iki kigo mpuzamahanga gikomeye bitahawe umugisha n’abayobozi bo hejuru b’inzego z’umutekano.

Katamba akaba avuga ko batewe batategujwe ndetse nta cyemezo cy’urwego rushinzwe gutanga uburenganzira bwo gusaka bigeze babona.

Aba bakozi ba ISO kandi ngo mu gusaka MTN bagaragaje ko iki kigo cyaba kirimo no gukorwaho iperereza ku bibazo bifitanye no guhungabanya umutekano w’igihugu nk’uko iyi nkuru i ivuga.

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Gen Muhoozi Kainerugaba yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, UPDF

Ubwanditsi 22 Mar 2024
Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Polisi yahakanye gufungwa rya Diane Rwigara, yemeza ko ari gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 31 Aug 2017
CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Ubwanditsi 12 Dec 2019
Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Nta kuntu Sylvia MUKANKIKO atari kuba inkunguzi akomoka ku mujenosideri MUTABAZI André

Ubwanditsi 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada
ITOHOZA

Uko Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert yangiwe gutura muri Canada

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye
Amakuru

Amarozi aravuza ubuhuha muri CNDD-FDD: Ndikuriyo mu bitaro by’indembe i Dubai azira kwifuza intebe ya Ndayishimiye

Ubwanditsi 18 Feb 2025
Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe
Mu Mahanga

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Ubwanditsi 03 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru