• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018 ITOHOZA

Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu gihugu muri Uganda (ISO) rwasatse ububiko bw’ikigo cy’itumanaho cya MTN rushakisha ibimenyetso bihuha bimaze iminsi biyishinja gukwepa imisoro. MTN Uganda kandi ngo yaba inakekwaho gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.

Nk’uko byagaragaye ku mashusho ya video y’iki gikorwa, abakozi ba ISO bagaragara binjira kuri MTN muri Data Center saa 10:20 z;ijoro kuri uyu wa gatatu ushize.

Nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi w’agateganyo wa MTN, Anthony Katamba, ngo abantu bakekwaho gukorera ISO bafashe bugwate uwitwa Moses Keefa Musasizi, ukorera ikigo cya Huawei, cyahawe akazi ko gucunga  Data center, aho ngo yajyanywe ku cyicaro cy’uru rwego kuva saa 5:00 z’umugoroba kugeza saa 9:00 z’ijoro mbere yo kujyanwa kuri Data Center agategekwa gufungurira abakozi ba ISO.

Katamba avuga ko Musasizi yategetswe gufungura servers 4 muri Data center kandi byose bikaba byafashwe amashusho bikorwa.

Video ikinyamakuru Chimpreports dukesha iyi nkuru cyabashije kubona igaragaza abakozi ba ISO baha amabwiriza Musazizi yo kubageza kuri za servers, ndetse hakagaragara umwe mu bakozi ba ISO ava kuri server imwe ajya ku yindi mu gikorwa ngo cyamaze amasaha agera kuri abiri.

Muri servers za MTN ahabereye isaka

Biravugwa ko amadosoiye y’ingenzi yajyanywe nk’uko byemezwa na CEO w’agateganyo wa MTN Katamba uvuga ko hashobora kuba hari ibintu byarebwe binyuranyije n’amategeko ndetse hari ibyatwawe.

Ni mu gihe undi muyobozi utashatse kumenyekana avuga ko ibyo ISO yashakaga byose yabitwaye kandi bakoze kopi z’amadosiye menshi mbere yo kugenda.

Chimpreports ikaba ivuga ko uyu mukwabu kuri MTN waba watewe n’abantu bahoze bayikorera baba barasohoye amakuru. Bamwe muri aba birukanwe bashinjwa amanyanga muri mobile money ngo baregeye inzego z’umutekano bavuga ko MTN yanyereje imisoro igera kuri miliyari 367 z’amashilingi ya Uganda mu kudekarara uko abantu bagiye bahamagara.

Ikigo cya MTN gisanzwe ari kimwe mu basoreshwa bakuru muri Uganda. Bikavugwa ko inzego z’umutekano zitaba zateye iki kigo mpuzamahanga gikomeye bitahawe umugisha n’abayobozi bo hejuru b’inzego z’umutekano.

Katamba akaba avuga ko batewe batategujwe ndetse nta cyemezo cy’urwego rushinzwe gutanga uburenganzira bwo gusaka bigeze babona.

Aba bakozi ba ISO kandi ngo mu gusaka MTN bagaragaje ko iki kigo cyaba kirimo no gukorwaho iperereza ku bibazo bifitanye no guhungabanya umutekano w’igihugu nk’uko iyi nkuru i ivuga.

 

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Dr. Pastor Rutayisire yemeye ko Yaganjwe n’Amarangamutima agaruka ku Ifungwa ry’insengero nyinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2024
OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?

OIF: Min. Mushikiwabo uhanganye na Michaëlle Jean ni bantu ki?

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Burundi: Intambara iratutumba, Gen. Alain Guillaume Bunyoni wafatwaga nka numero ya 2 yaba afungishijwe ijisho

Ubwanditsi 18 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.
Amakuru

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma
POLITIKI

Icyo wamenya kuri batandatu bashya binjiye muri Guverinoma

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi
HIRYA NO HINO

Malawi: Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bw’Umunyarwanda Vincent Murekezi

Ubwanditsi 05 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru