• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Police Handball Club yashimangiye ubudahangarwa bwayo itsinda ES Kigoma

Editorial 31 May 2016 Mu Mahanga

​Ikipe y’umukino w’intoki ya Polisi y’u Rwanda (Police Handball Club) yeretse abafana bayo n’abakunzi b’uyu mukino muri rusange ko igikombe cy’iyi Shampiyona na cyo izakizamura, maze igisangishe ibindi yatwaye.

Ibi yabishimangiye ubwo imikino y’icyiciro cya kabiri cya Shampiyona y’uyu mukino mu Rwanda yasubukurwaga ku wa gatandatu tariki 28 Gicurasi aho yatsinze Ikipe y’Ishuri ryisumbuye rya Kigoma ibitego 37 kuri 27.

Mu cyiciro cya mbere, Police Handball Club yari yatsinze ikipe y’iri shuri ibitego 30 kuri 15.

Igice cya mbere cy’umukino wahuje aya makipe yombi mu cyiciro cya kabiri cy’iyi Shampiyona cyarangiye Police Handball Club itsinze Ikipe y’iri shuri ibitego 16 kuri 12.

Muri uyu mukino wabaye mu mpera z’icyumweru gishize , Kapiteni wa Police Handball Club Gilbert Mutuyimana na Zachar Tuyishime batsinze ibitego umunane buri umwe.

Iyi nsinzi yatumwe Police Handball Club igira amanota 30 nyuma yo gutsinda imikino icumi yikurikiranije. .

Umutoza wayo, Assistant Inspector of Police (AIP) Antoine Ntabanganyimana yagize ati,” Tuzirikana ko buri mukino ufite agaciro.Iyo myumvire ituma dukina dufite intego yo gutsina kandi buri gihe tubigeraho.”

Yashimye abakinnyi kubera gukina bafite intego yo gutsinda agira ati,”Dufite imikino umunane ikomeye dusigaje gukina ku buryo tugize uwo dutsindwa; byatuganisha ku kubura igikombe cy’iyi Shampiyona, uretse ko ibyo tutabiteganya.”
Police Handball Club yihariye ibikombe by’amarushanwa akinwa imbere mu gihugu, aho mu myaka itanu ishize ubwayo yatwaye iby’imyaka ine. Ibikombe byose by’imikino inyuranye yakinwe imbere mu gihugu mu 2014 na 2015 yarabyegukanye.

AIP Ntabanganyimana yavuze ko ibigwi by’iyi Kipe abereye umutoza bizwi no ku rwego rw’akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, ndetse yongeraho ko bari kuyitegura neza kugira ngo izitware neza mu marushanwa ahuza amakipe yo mu karere U Rwanda ruherereyemo; ndetse n’ayo ku rwego mpuzamahanga.

RNP

2016-05-31
Editorial

IZINDI NKURU

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

Editorial 12 Jun 2016
TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

TUMENYE ISHAMI RYA POLISI Y’U RWANDA RISHINZWE IPEREREZA KU MARI

Editorial 15 Jan 2016
Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Ukuri kuratsinze, abanzi baririra mu myotsi: Urukiko Rusesa Imanza mu Bufaransa rutesheje agaciro burundu ibirego byagerekaga ihanurwa ry’indege ya Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi

Editorial 15 Feb 2022
Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Perezida Kagame yitabiriye ibirori bya tombola y’Igikombe cy’Isi byaherewemo Perezida Trump ishimwe

Editorial 06 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Editorial 18 Apr 2016
Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece
Mu Mahanga

Jose Chameleone, Weasel na Radio baraye bageze mu Rwanda bucece

Editorial 01 Apr 2016
Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa
Mu Rwanda

Afrika y’Epfo : (Xenophobic attacks) Abanya Nigeria batangiye kwicwa

Editorial 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru