• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Editorial 02 May 2017 Mu Rwanda

Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge ifunze abantu babiri bakurikiranyweho ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli cyane cyane bizwi ku izina rya mazutu na lisansi, bafatiwe mu mukwabu yakoreye mu mudugudu w’Icyerekezo, akagari ka Nyabugogo, umurenge wa Muhima mu gitondo cyo ku italiki ya mbere Gicurasi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ,Superintendent of Police(SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko hafashwe abantu babiri bacuruza lisansi ndetse hagafatwa litiro 40 za mazutu n’amajerekani agera kuri 12 yashizemo, byose bakoreshaga muri ubwo bucuruzi.

SP Hitayezu yagize ati:” Ni igikorwa cyatangiye kandi kizakomeza mu rwego rwo guhagarika mu maguru mashya, ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli kubera impanuka z’inkongi zikunze guteza igihe bidacururizwa ahabugenewe.”

Yakomeje avuga ko ubu bucuruzi bufite ingaruka cyane cyane ku buzima bw’abatuye mu nzu bukorerwamo kuko ziba zikorerwamo n’indi mirimo aho yagize ati:” Mu bisanzwe, hari imirimo idakorerwa iruhande rw’ahacururizwa ibikomoka kuri peteroli cyane cyane ibikoreshwamo umuriro n’ikindi cyose kizana ubushyuhe nko guteka cyangwa gutwika icyo ari cyo cyose.”

SP Hitayezu agira ati:” Agace kakorewemo umukwabu, kazwi nk’akarangwamo cyane cyane ubucuruzi bwa mazutu ndetse iba yibwe ahandi hantu cyane ahubakwa imihanda, ibi bikaba bigamije ko buhacika burundu ndetse bigacika no mu bindi bice imikwabu nk’iyi igiye gukomerezamo.”

-6448.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu

Ibi kandi bibaye nyuma y’uko, muri uyu mudugudu, ku italiki ya 30 Mata, inzu yakorerwagamo ubucuruzi bwa mazutu inatuyemo abantu yahiye igakongoka igahiramo n’abayibamo, aho abana babiri bapfuye, ababyeyi bombi bakaba bari mu bitaro kuko nabo bahiye bikomeye.

Umuvuguzi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali akaba akomeza avuga ko Polisi itakomeza kurebera ibibazo bikururwa n’ubu bucuruzi cyane cyane ko impanuka zibukomokaho zihitana ubuzima bw’abantu ndetse n’inyubako bukorerwamo zikahangirikira maze agira ati:” Polisi ishinzwe kurinda ubuzima bw’abantu n’ibyabo, ntiyakwihanganira rero kubona buhagendera n’ubwo byaba biturutse ku muturage kuko kubana n’ibikomoka kuri peteroli mu nzu ari nko kwiyahura.”

SP Hitayezu yasabye abaturage kureka ubucuruzi bwa mazutu na lisansi bukorerwa mu mazu ayo ari yo yose cyane cyane mu yo batuyemo ; avuga ko ari ugushyira ubuzima bwabo n’ubwo abo babana cyangwa baturanye mu kaga, asaba kandi n’uwamenya aho bukorerwa ko yatungira agatoki Polisi imwegereye, ko azaba atanze umusanzu ku gutabara ubuzima bw’abahaba.

Mu gusoza kandi, yavuze ko ubu bucuruzi butesha agaciro ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bukorerwa ahabugenewe hazwi nka sitasiyo za lisansi, bukanagira ingaruka ku binyabiziga bikoreshwamo mazutu na lisansi zaguzwe ahantu nk’aha kuko ubuziranenge bwazo buba butizewe; asaba buri wese kubireka no kubitangaho amakuru.

Source : RNP

2017-05-02
Editorial

IZINDI NKURU

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Editorial 02 Aug 2017
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017
Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo  n’ ibitabo by’indirimbo

Ku nshuro ya kane, Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwasubitswe, basabye guhabwa Bibiliya zabo n’ ibitabo by’indirimbo

Editorial 13 Oct 2017
Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Umuyobozi wa Polisi y’U Rwanda IGP EK Gasana yakiriye mugenzi we wa Tanzania, IGP Ernest J. Mangu ku mupaka wa Rusumo

Editorial 04 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?
Amakuru

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Editorial 28 Apr 2023
Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse
Mu Mahanga

Urubyiruko rwo mu Itorero ERC Nyarutarama mu giterane cy’ububyutse

Editorial 29 Sep 2016
Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018
INKURU NYAMUKURU

Iradukunda Liliane yabaye Nyampinga w’u Rwanda 2018

Editorial 25 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru