• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Polisi iragira inama abantu kureka gucururiza ibikomoka kuri peteroli ahatabugenewe

Ubwanditsi 02 May 2017 Mu Rwanda

Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge ifunze abantu babiri bakurikiranyweho ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli cyane cyane bizwi ku izina rya mazutu na lisansi, bafatiwe mu mukwabu yakoreye mu mudugudu w’Icyerekezo, akagari ka Nyabugogo, umurenge wa Muhima mu gitondo cyo ku italiki ya mbere Gicurasi.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali ,Superintendent of Police(SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko hafashwe abantu babiri bacuruza lisansi ndetse hagafatwa litiro 40 za mazutu n’amajerekani agera kuri 12 yashizemo, byose bakoreshaga muri ubwo bucuruzi.

SP Hitayezu yagize ati:” Ni igikorwa cyatangiye kandi kizakomeza mu rwego rwo guhagarika mu maguru mashya, ubucuruzi butemewe bw’ibikomoka kuri peteroli kubera impanuka z’inkongi zikunze guteza igihe bidacururizwa ahabugenewe.”

Yakomeje avuga ko ubu bucuruzi bufite ingaruka cyane cyane ku buzima bw’abatuye mu nzu bukorerwamo kuko ziba zikorerwamo n’indi mirimo aho yagize ati:” Mu bisanzwe, hari imirimo idakorerwa iruhande rw’ahacururizwa ibikomoka kuri peteroli cyane cyane ibikoreshwamo umuriro n’ikindi cyose kizana ubushyuhe nko guteka cyangwa gutwika icyo ari cyo cyose.”

SP Hitayezu agira ati:” Agace kakorewemo umukwabu, kazwi nk’akarangwamo cyane cyane ubucuruzi bwa mazutu ndetse iba yibwe ahandi hantu cyane ahubakwa imihanda, ibi bikaba bigamije ko buhacika burundu ndetse bigacika no mu bindi bice imikwabu nk’iyi igiye gukomerezamo.”

-6448.jpg

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu

Ibi kandi bibaye nyuma y’uko, muri uyu mudugudu, ku italiki ya 30 Mata, inzu yakorerwagamo ubucuruzi bwa mazutu inatuyemo abantu yahiye igakongoka igahiramo n’abayibamo, aho abana babiri bapfuye, ababyeyi bombi bakaba bari mu bitaro kuko nabo bahiye bikomeye.

Umuvuguzi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali akaba akomeza avuga ko Polisi itakomeza kurebera ibibazo bikururwa n’ubu bucuruzi cyane cyane ko impanuka zibukomokaho zihitana ubuzima bw’abantu ndetse n’inyubako bukorerwamo zikahangirikira maze agira ati:” Polisi ishinzwe kurinda ubuzima bw’abantu n’ibyabo, ntiyakwihanganira rero kubona buhagendera n’ubwo byaba biturutse ku muturage kuko kubana n’ibikomoka kuri peteroli mu nzu ari nko kwiyahura.”

SP Hitayezu yasabye abaturage kureka ubucuruzi bwa mazutu na lisansi bukorerwa mu mazu ayo ari yo yose cyane cyane mu yo batuyemo ; avuga ko ari ugushyira ubuzima bwabo n’ubwo abo babana cyangwa baturanye mu kaga, asaba kandi n’uwamenya aho bukorerwa ko yatungira agatoki Polisi imwegereye, ko azaba atanze umusanzu ku gutabara ubuzima bw’abahaba.

Mu gusoza kandi, yavuze ko ubu bucuruzi butesha agaciro ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli bukorerwa ahabugenewe hazwi nka sitasiyo za lisansi, bukanagira ingaruka ku binyabiziga bikoreshwamo mazutu na lisansi zaguzwe ahantu nk’aha kuko ubuziranenge bwazo buba butizewe; asaba buri wese kubireka no kubitangaho amakuru.

Source : RNP

2017-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Perezida Kagame na Macky Sall bahawe igihembo cya kabiri cyitiriwe Babacar Ndiaye

Ubwanditsi 26 May 2017
Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Ubwanditsi 06 Feb 2022
Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Kagame yabaye Umukuru w’Igihugu wa 97 uteye igiti cy’amahoro muri Isiraheli

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, Olivier Kwizera yasezeye umupira w’amaguru

Ubwanditsi 22 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira
INKURU NYAMUKURU

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Ubwanditsi 06 Dec 2017
Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani
Mu Mahanga

Uganda: Leta yashyizeho umusoro kuri Bibiliya na Korowani

Ubwanditsi 16 May 2018
“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta
INKURU NYAMUKURU

“U Rwanda ntirwafashe impunzi z’Abarundi bugwate, n’abaturage basanzwe baje mu Rwanda igihugu cyabo cyabangiye ko basubirayo” Min Biruta

Ubwanditsi 12 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru