• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Polisi n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru basabye abaturage ba Musanze ubufatanye ku mutekano

Editorial 10 Nov 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Jean Claude Musabyimana ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi muri iyo ntara, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bertin Mutezintare n’abandi bahagarariye inzego zishinzwe umutekano bahuye n’abaturage b’umurenge wa Gataraga mu karere ka Musanze, mu nama y’umutekano yo gufatira hamwe ingamba zatuma abaturage batanga umusanzu wabo no gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano mu kuwubungabunga.

Iyi nama yabaye ku italiki 8 Ugushyingo, nyuma y’ibibazo by’umutekano byavuzwe muri aka gace, aho hari bamwe mu baturage baho bavuzweho ibikorwa byo gufunga umuhanda no gutera amabuye ku bagenzi .

Mu ijambo rye, Guverineri Musabyimana yavuze ko umutekano uri mu nshingano za buri Munyarwanda kandi ntawe ukwiye kurebera umuturanyi we ari mu bikorwa biwuhungabanya.

Yagize ati:”Ubufatanye n’inzego z’umutekano ni ngombwa kugira ngo hakumirwe icyo ari cyo cyose cyahungabanya ituze rya rubanda. U Rwanda ruri mu bihugu ku isi aho umuntu agenda yizeye umutekano; tugomba rero kudasubira inyuma.”

ACP Mutezintare yibukije abaturage ko amategeko ahana buri wese uteje umutekano muke; byaba kuri we ndetse no ku bandi.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru yakomeje ubutumwa bwe agira ati:”Amarondo agira uruhare runini mu kurwanya no gukumira ibyaha; agomba rero gukorwa neza kugira ngo umutekano w’abantu n’ibyabo ukomeze gusigasirwa.”

Nyuma y’ibiganiro bagiranye n’abo bayobozi ku ngamba zo kubungabunga umutekano, abo baturage biyemeje kwirinda ibyaha no kugira uruhare mu kubirwanya baha inzego z’umutekano amakuru y’ababikoze.

-4621.jpg

Iyo nama yitabiriwe kandi n’Umuyobozi wa 305 Bridage, Col Sam Baguma, Umuyobozi w’Inkeragutabara mu karere ka Musanze, Lt Col Fidel Minega, Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Marie Claire Uwamariya, abofisiye ba Polisi y’u Rwanda n’abayobozi b’inzego z’ibanze.

RNP

2016-11-10
Editorial

IZINDI NKURU

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Editorial 12 Dec 2016
Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Imodoka yibwe muri Uganda yasubijwe nyirayo

Editorial 04 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Polisi y’u Rwanda yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rulindo gutangiza icyumweru cy’umuganura

Editorial 02 Aug 2016
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Editorial 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Editorial 16 Apr 2018
Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Editorial 15 Nov 2018
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira
INKURU NYAMUKURU

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Editorial 16 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru