• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Polisi y’u Rwanda irishimira ubufatanye bwayo n’abaturage mu minsi mikuru itambutse

Editorial 03 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iravuga ko uretse impanuka nke zabaye, ubundi umutekano wari ntamakemwa mu minsi mikuru itambutse, uyu mutekano ukaba warabonetse kubera ubufatanye bwayo n’abaturage.

Aganira n’itangazamakuru ejo ku itariki ya 2 Mutarama 2017, umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi, yaravuze ati:”Muri rusange, abaturage bizihije iminsi mikuru yabo mu mutekano usesuye, uyu mwaka habaye impanuka zo mu muhanda nke ugereranyije n’imyaka yashize.”

CP Rumanzi yakomeje avuga ati:”Kuva kuri Noheli kugeza ku Bunani, abantu umunani bitabye Imana, abandi 6 barakomereka. Imodoka 11 zari zitwawe n’abantu basinze turazifata, bucyeye turazirekura. Tukaba dushimira abanyarwanda uruhare bagize mu kurushaho kubungabunga uyu mutekano.”

Yaboneyeho umwanya wo kuvuga ku mpanuka 2 zabereye ku Kimihurura, aho abashoferi banze kubahiriza ibyapa bakananga guhagarara ubwo abapolisi bari babibasabye ahubwo bakiruka ku muvuduko urenze urugero.

Yakomeje agira ati;”Muri iki gihe, Isi yugarijwe n’iterabwoba, aho abiyahuzi bakoresha imodoka bakica abantu, kuba imodoka yararenze ku byapa akagumya kujya ahari habujijwe, hagombaga gushakwa uburyo bwo kuyihagarika dore ko batari bazi n’ibyo atwayemo.”

Avuga uko umutekano wari wifashe muri rusange, Umuyobozi w’ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Murigo yaravuze ati:”Hagati y’itariki ya 22 Ukuboza kugeza ubu, abantu 22 bafashwe bakekwaho gucuruza no kunywa ibiyobyabwenge, gukoresha amafaranga y’amiganano, ubujura bworoheje n’ibindi.”

Yavuze kandi ko mu bihembwe 3 by’umwaka wa 2016 dusoje, ibyaha byagabanutseho 12%, ugereranyije na 2015.

Avuga uko abateguye ibitaramo n’abitabiriye amasengesho bitwaye, Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yaravuze ati:”Turifuza ko ubufatanye bwagaragayemo, kubahiriza amategeko n’uburenganzira n’imyemerere by’abandi, byazanaranga uyu mwaka mushya wa 2017.”

Yaravuze ati:”Muri rusange, abaturage bizihije iminsi mikuru yabo mu mutekano, kandi bakamenya ko aribo bakwiye kuwibungabungira, nta hantu humvikanye urusaku rurenze nko mu myaka yatambutse, tukaba tubishimiye abanyarwanda kuba baragize uruhare mu kubumbatira umutekano.”

-5242.jpg

Yasabye abaturage gukoresha uburyo n’imirongo Polisi yashyizeho ngo bayihe amakuru cyangwa bakeneye ubundi bufasha, harimo 110 ihamagarwa n’ushaka ubutabazi bwo mu mazi, 111 ku kibazo cy’inkongi z’umuriro, 112 ubundi bufasha bwose, 113 impanuka zo mu muhanda, 3512 ihohoterwa rishingiye ku gitsina, 116 uhohoteye umwana.

RNP

2017-01-03
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Police FC itsinze Musanze ku mukino w’ikirarane

Editorial 06 Mar 2016
Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Editorial 14 Dec 2016
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bw’ikoranabuhanga bw’amadolari ibihumbi 700

Editorial 23 Jan 2017
Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Kenya: Odinga yivanye mu matora bitunguranye

Editorial 10 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho  yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC
Mu Rwanda

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame yageze i Dar es Salaam aho yitabiriye inama ya 17 idasanzwe ya EAC

Editorial 09 Sep 2016
APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa
Amakuru

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Editorial 06 Dec 2020
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.
Amakuru

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Editorial 06 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru