• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali basinye imihigo yo kunoza umutekano n’isuku

Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali basinye imihigo yo kunoza umutekano n’isuku

Editorial 09 Aug 2016 Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali basinye imihigo yo kunoza imikoranire basanganywe mu guteza imbere umutekano n’isuku.

Iyi mihigo yasinywe ku itariki ya 8 Kanama hagati y’ Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Madamu Mukaruliza Monique mu izina ry’inzego bayobora.

Uyu muhango wabereye mu nzu mberabyombi y’umujyi wa Kigali wari wanitabiriwe n’abayobozi b’uturere twa Gasabo, Kicukiro na Nyarugenge tugize umujyi wa Kigali n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge 35 yose igize umujyi wa Kigali.

Iyi mihigo izamara amezi 6, mu birebana n’u mutekano izibanda ku kurwanya ibiyobyabwenge n’ibisindisha, inkongi z’umuriro, ubuzererezi, uburaya n’ubusabirizi, ubucuruzi bw’akajagari, urusaku, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, kwibanda ku gushyira amatara ahantu hahurira cyangwa hanyura abantu benshi, kunoza imikorere y’amarondo, gutangira amakuru ku gihe , kunoza imikorere ya komite zo kwicungira umutekano, gushyira ibikoresho bya ngombwa by’umutekano ahahurira abantu benshi, nka Kamera n’ibyuma bizimya imiriro( fire extinguishers) no kurwanya impanuka zo mu muhanda.

Mu rwego rw’isuku, izibanda ku isuku no kurengera ibidukikije, kunoza imicungire y’ibishingwe, kunoza isuku rusange n’iy’abantu ku giti cyabo, gukomeza gutera ubusitani aho butari no gufata neza ubuhari no gukangurira abantu kubahiriza inshingano zabo ku isuku n’umutekano.

Mu ijambo rye, umuyobozi w’umujyi wa Kigali Mukaruliza Monique yavuze ko gusinya iyi mihigo ari igikorwa kigaragaza intambwe ikomeye y’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali, aho yavuze ati:”Intambwe tumaze gutera ntizasubire inyuma, twese duharanire kugira umujyi ufite isuku kandi utekanye, kandi umutekano niyo nkingi twubakiyeho kuko udahari iterambere ntiryashoboka.”

Yavuze kandi ko urwego rutazubahiriza ibyo bemeranyijwe ruzabibazwa, aho yagize ati:”Hashize ibyiciro 6 habaho imihigo nk’iyi, ariko iyi mihigo itandukanye n’iyayibanjirije kuko mbere barahigaga, bagahembwa bikarangirira aho, ariko ubu umurenge utazuzuza ibyo wahize uzabazwa impamvu.”

Yanasabye abayobozi b’inzego z’ibanze gushyiraho ingamba zihamye mu kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana yavuze ati:”U Rwanda muri rusange n’umujyi wa Kigali by’umwihariko rurihuta mu iterambere, biradusaba ingufu, ubufatanye n’ibyemezo bidasanzwe kugirango imihigo duhize igerweho cyane cyane ko isuku n’umutekano bigendana.”

-3543.jpg

Yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze kuzakora ibishoboka byose iyi mihigo ikajya mu bikorwa kandi ikazabyara umusaruro.

RNP

2016-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Amafoto – Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Al Ahly yegukanye igikombe cya CAF Champions League, ni mu mukino wakurikiwe na Perezida wa CAF n’uwa FERWAFA 

Editorial 18 Jul 2021
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Editorial 12 Mar 2024
Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Nyuma yo gutsindirwa ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika incuro ebyiri, ikipe y’igihugu ya Senegal yegukanye igikombe

Editorial 07 Feb 2022
Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Editorial 31 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi
Mu Rwanda

Kigali: Abasore batinda kurongora bahorana impamvu nyinshi

Editorial 24 Mar 2017
Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa
IKORANABUHANGA

Apple yaciwe miliyari $1.2 ishinjwa kubangamira ihiganwa mu bucuruzi mu Bufaransa

Editorial 17 Mar 2020
Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo
Mu Rwanda

Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Editorial 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru