• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yafatanye abantu batanu ibiro 170 by’urumogi mu bikorwa byayo byo kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 05 Apr 2016 Mu Mahanga

​ Polisi y’u Rwanda ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, ibi bikaba bijyana no gufata ababicuruza, ababinywa n’ababitunda.

Ibikorwa byo kubirwanya Polisi y’u Rwanda yakoreye mu karere ka Rwamagana na Ngoma ku itariki 3 Mata byafatiwemo abantu batanu bafite ibiro 170 by’urumogi.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’uburasirazuba, Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi yavuze ko ibiro 161 byafatanywe Sibomana Cassien na Nsengimana Martin, naho ibiro icyenda bisigaye bikaba byarafatanywe Habimana Eric, Ntawushiragahinda Augustin na Nambajimana Daniel.

IP Kayigi yavuze ko biriya biro 161 byari mu mifuka irindwi, kandi yongeraho ko ababifatanywe bafatiwe mu kagari ka Kabatasi, ho mu murenge wa Rubona, mu karere ka Rwamagana, bakaba barafashwe batwaye iyo mifuka mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Carina ifite nomero ziyiranga RAB 933 S.

Yakomeje avuga ko batatu ba nyuma bafatiwe mu kagari ka Kibonde, umurenge wa Sake, ho mu karere ka Ngoma, bakaba buri wese yari yiziritseho ibiro bitatu mu gituza akoresheje imikoba, hanyuma abyambariraho imyenda.

IP Kayigi yagize ati:”Amakuru yatanzwe n’abaturage ni yo yatumye aba bantu uko ari batanu bafatanwa ibyo biro 170 by’urumogi. Umwihariko kuri bariya bafatiwe muri Ngoma n’uko bafashwe n’umwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze afatanyije n’abaturage, bakaba bakimara kubafata barahise babashyikiriza Polisi y’u Rwanda.”

Yavuze ko abafatiwe muri Rwamagana bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Kigabiro, naho abafatiwe mu karere ka Ngoma bakaba bafungiwe ku ya Sake mu gihe iperereza rikomeje.

Yagize kandi ati:”Mu gihe nk’iki abana bari mu biruhuko, ababyeyi babo ndetse n’ababarera bakwiye kujya babasobanurira ko ibiyobyabwenge bishobora kwica ahazaza habo, hanyuma bakabasaba kubyirinda .”

IP Kayigi yasabye abantu muri rusange gukomeza guha Polisi y’u Rwanda amakuru y’abakoze cyangwa abafite imigambi yo gukora ikintu cyose kinyuranyije n’amategeko.

Ingingo ya 593 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko, guhinga, gukora, guhindura, kugurisha, gutunda, kubika no kunywa ibiyobyabwenge bibujijwe keretse mu bihe no mu buryo byagenwe n’itegeko.

Ingingo ya 594 yacyo ivuga ko umuntu wese ukora, uhindura, winjiza, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

RNP

2016-04-05
Editorial

IZINDI NKURU

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Editorial 28 Mar 2021
Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Editorial 23 Feb 2016
Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana

Kamonyi: Abavuga rikumvikana basabwe kugira uruhare mu bukangurambaga bwo kurengera abana

Editorial 31 Mar 2016
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”
HIRYA NO HINO

Natanyahu ati “hari abashyize igitutu ku Rwanda rureka kwakira abimukira”

Editorial 04 Apr 2018
Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda
HIRYA NO HINO

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Editorial 07 Aug 2018
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Editorial 21 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru