• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Raila Odinga mu nzira agana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi yavuye mu matora

Ubwanditsi 10 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukandida Raila Odinga n’ishyaka rye barateganya kugana urukiko ngo rubuze Komisiyo y’amatora gutangaza amajwi y’uwatsindiye kuyobora Kenya ndetse runahagarike ibijyanye n’irahira rya Uhuru Kenyatta.

Mu matora yabaye kuwa Kabiri, amajwi y’agateganyo agaragaza ko Uhuru Kenya w’ishyaka Jubilee Party afite amajwi 54%, mu gihe Odinga w’impuzamashyaka NASA afite amajwi 44%.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu Odinga yatangarije abanyamakuru ko atemera ibiri kuva mu matora ndetse yerekana impapuro ziriho kode (codes) nyinshi yemeza ko ari izigaragaza ko hari abandi bantu binjiye mu ikoranabuhanga rya Komisiyo y’amatora bagahindura amajwi.

Komisiyo y’amatora yatangarije abanyamakuru kuri uyu wa Gatatu ku mugoroba ko ibyo Odinga n’abamushyigikiye bavuga atari byo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’amatora ya Kenya, Ezra Chiloba, yavuze ko igenzura bakoze ryerekanye ko nta muntu n’umwe winjiye mu ikoranabuhanga ryabo.

Ati “Ikoranabuhanga ryo guhererekanya amajwi no kuyabara turemeza ko nta kibazo rifite.Turemeza ko nta wigeze agerageza kuryinjiramo haba mbere y’amatora, mu matora ndetse na nyuma yayo.”

Inzobere za Komisiyo y’amatora ngo zanagenzuye raporo y’amapaji 52 yatanzwe na Odinga iriho amakode y’uburyo bamwibye amajwi, gusa Komisiyo yasanze ayo makode atari ayayo ndetse nta n’aho yigeze akoreshwa mu ikoranabuhanga ryayo.

John Kerry wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ari muri Kenya aho ayoboye indorerezi z’ikigo Carter Center, yabwiye itangazamakuru ko nta kibazo na kimwe barabona mu mibarurire y’amajwi ya Komisiyo y’amatora.

Ikinyamakuru Daily Nation cyatangaje ko umwe mu bayobozi bakomeye b’impuzamashyaka NASA yavuze ko bari gutekereza kugana inkiko.

Yagize ati “Twagiranye ibiganiro n’abahagarariye ibihugu bya Amerika n’u Bwongereza ku buryo amahoro yabungabungwa.Twahuye n’indorerezi zose z’amatora. Turacyasuzuma niba twajyana ikibazo mu rukiko.”

-7566.jpg

Raila Odinga

Abatavuga rumwe na Leta bavuze ko hari imibare y’ibanga ya Chris Msando, umukozi wa Komisiyo y’amatora uherutse kwica iri gukoreshwa hibwa amajwi, icyakora Komisiyo yabihakanye ivuga ko imibare y’ibanga y’abakozi ba Komisiyo iri guhindurwa inshuro nyinshi kandi ko iya Msando itagikoreshwa.

Abantu batanu bamaze gupfa nyuma y’imyigaragambyo yadutse kuri uyu wa Gatatu nyuma y’ijambo rya Odinga ahakana ibyavuye mu matora nkuko Aljazeera yabitangaje.

Babiri biciwe i Nairobi, polisi ikaba yavuze ko bitwaje imyigaragambyo bajya kwiba. Undi muntu yarasiwe mu gace ka Kisii mu Burengerazuba bwa Nairobi ubwo inzego z’umutekano zarwanaga n’abigaragambya.

Mu gace ka Tana River kari mu Majyepfo y’Iburasirazuba naho hiciwe abantu babiri muri batanu bari bateye site y’itora bitwaje ibyuma.

Hari impungenge ko imvuru zakurikiye amatora yo mu 2007 zigahitana abasaga igihumbi zasubira muri Kenya.

2017-08-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila

Amagana y’Abanye- Congo yakiriye i Kigali Moïse Katumbi udacana uwaka na Perezida Kabila

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Aline Gahongayire yashyize hanze amashusho y’indirimbo ‘Ni yo yabikoze’ ivuga ku buzima yaciyemo-VIDEO

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Umukomando wa Israel yasobanuye ibijyanye n’igitero bagabye i Kampala mu 1976 ( Reba Video )

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 02 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye
Mu Mahanga

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon
Amakuru

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Ubwanditsi 06 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru