• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Rayon Sports yabonye intsinzi nyuma y’imikino itanu, Minnaert avuga ku mwuka mubi uyitutumbamo

Editorial 24 May 2018 IMIKINO

Nyuma y’imikino itanu Rayon Sports inganya mu marushanwa yose, kuri uyu wa Gatatu, tariki 23 Gicurasi 2018, yatsinze Etincelles FC ibitego bibiri ku busa mu mukino wa 1/8 w’Igikombe cy’Amahoro, Umutoza Ivan Minnaert akomoza no ku bibazo by’umwuka mubi mu bakinnyi.

Kuri Stade ya Kigali imbere y’abafana mbarwa, Rayon Sports yatsinze Etincelles FC ibitego 2-0 by’Abarundi, Kwizera Pierrot na Hussein Shaban Tchabalala mu mukino wo kwishyura, bisanga 1-1 amakipe yombi yari yanganyije mu mukino ubanza i Rubavu.

Ni umukino waranzwe n’imvura nyinshi mu gice cya mbere yatumye ikibuga cyuzura amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri cyangwa ukajya aho atashakaga ariko Rayon Sports imaze kugikiniramo kimeze gutyo ku mikino itandukanye irimo uwa Costa do Sol yatsinze 3-0 n’uwa Gor Mahia yanganyije 1-1, yongeye kwitwara neza.

Rayon Sports yatsinze igitego cya mbere ku munota wa 22 cya Kwizera Pierrot wateye ishoti riremereye ku mupira wa Yannick Mukunzi, umunyezamu Rukundo Protogène ntiyawugarura.

Iyi kipe yakomeje kurusha Etincelles FC hagati mu kibuga hari Yannick Mukunzi, Mugisha François na Kwizera Pierrot bohereza imipira myinshi kwa Mugume Yassine na Tchabalala bituma uyu rutahizamu umaze kwigaragaza cyane kuva yaza muri iyi kipe muri Mutarama, atsinda igitego cya kabiri mbere y’iminota ibiri ngo igice cya mbere kirangire.

Mu gice cya kabiri, Ruremesha Emmanuel utoza Etincelles FC yakoze impinduka akuramo Nsengiyumva Irshad yinjiza Muganza Isaac naho Nsengimana Dominique asimbura Rukundo Protogène.

Muganza yahise atangira guha akazi kenshi ba myugariro ba Rayon Sports, ikipe ye ibona coup franc ku ikosa ryari rimukorewe Niyonsenga Ibrahim ahannye ikosa Irambona Eric arasimbuka akuramo umupira n’umutwe.

Etincelles FC yakomeje kugerageza amahirwe na Rayon Sports ikanyuzamo igasatira ariko amakipe yombi ntihagira ibasha gutsinda ikindi gitego kugera umukino urangiye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ivan Minnaert wari umaze imikino itanu adatsinda mu marushanwa yose, yavuze ko byagoye abakinnyi kubera imikino myinshi kandi y’amarushanwa atandukanye.

Yagize ati “Ikibazo twagize si mu Rwanda gusa cyangwa muri Afurika kiba, n’i Burayi kibaho, iyo ikipe ivuye muri Champions League cyangwa Europa League hari ubwo biyigora muri shampiyona kubera ko ni amarushanwa atandukanye cyane no mu mutwe w’abakinnyi hari ikiba cyahindutse.”

Ku kibazo cy’umwuka mubi uvugwa mu ikipe watewe n’igabana ry’amafaranga y’agahimbazamusyi ku mikino ya CAF Confederation Cup aho batahawe angana ndetse bamwe barimo Irambona Eric na Manzi Thierry wibeshyweho ntayahabwe, yabihakanye avuga ko ari amakuru yatanzwe nabi.

Yagize ati “Nta mwuka mubi uri mu ikipe, nta n’uwigeze ubamo. Ni amakuru yatanzwe nabi adafite ishingiro.’’

Muri ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro Rayon Sports izakina na Marines FC, Police FC yisobanure na APR FC, Bugesera FC ihure na Sunrise FC naho Mukura VS ikine n’Amagaju FC. Imikino y’iki cyiciro izaba hagati ya tariki 12-13 Kamena 2018.

Abakinnyi 11 ba Etincelles FC babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Mugisha François wa Rayon Sports ahanganye na Muganza Isaac wa Etincelles FC

Kwizera Pierrot watsinze igitego cya mbere

Ikibuga cyari cyuzuye amazi umukinnyi yatera umupira ntuve aho uri

Irambona Eric uri mu bakinnyi batahawe ku mafaranga y’agahimbazamusyi yabanje mu kibuga anitwara neza

Umutoza Ivan Minnaert yavuze ko mu mikino yashize ikipe ye yagorwaga n’amarushanwa menshi yakinaga

Umutoza wa Rayon Sports, Ivan Minnaert n’abamwungirije bitwaye neza imbere ya Etincelles baherukaga kunganya mu mikino ya Shampiyona

Ruremesha Emmanuel (iburyo) areba uko abakinnyi be bitwara

Umutoza wa Kiyovu Sports, André Cassa Mbungo, yakurikiranye uyu mukino

Kubera imvura abafana bose bo mu bice bidatwikiriye bimutse baza hamwe

2018-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Kansiime Julius na Geoffrey Zawadi bayoboye abandi bifuza kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki mu Rwanda FRVB mu matora ategerejwe muri uku kwezi kwa Werurwe 2021

Editorial 16 Mar 2021
Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Marines FC yatsinze Musanze FC 1-0, ishimangira kuguma mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 03 May 2024
Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi

Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi

Editorial 29 Sep 2023
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Editorial 28 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1
Amakuru

Amafoto- Mu mukino ufungura shampiyona ya 2023-2024, Rayon Sports yatsinze Gasogi United 2-1

Editorial 19 Aug 2023
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.
HIRYA NO HINO

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Editorial 01 Jul 2019
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 20 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru