Imikino ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro 2025 yakinwaga mu gice cy’Imikino ibanza aho Rayon Sports iri mu makipe yitwaye neza.
Gikundiro yari iri i Rubavu aho yari yasuye Rutsiro FC, yatahukanye intsinzi y’ibitego bibiri kuri kimwe byatsinzwe na Fall Diagne na Adama Bagayogo, kuri Rutsiro yari mu rugo yo yatsindiwe na Mumbele Jonas.
I Musanze ho ikipe y’ikipe y’Ingabo z’igihugu ya APR FC yahanganyirije n’iyi kipe ubusa ku busa, ni umukino wagaragayemo kugaruka mu kibuga kwa Ishimwe Pierre abanjemo ndetse na Mamadou Sy.
Umunyezamu Ishimwe Pierre yaherukaga kubanza mu izamu rya APR tariki ya 31 Kanama 2024 bakina na Marines FC umukino wa Gishuti.
Kuri rutahizamu Mamadou Sy we yaherukaga kubanza mu Kibuga tariki ya 7 Ukuboza 2024 mu mukino bakinnyemo na Rayon Sports wa shampiyona y’u Rwanda.
I Nyanza ikipe ya Police FC yo yatsinzwe na Nyanza FC ibitego bibiri kuri kimwe, iyi kipe ifite igikombe cy’Amahoro giheruka ikaba izakina umukino wo kwishyura mu cyumweru gitaha.
Mu yindi mikino yakinwe, AS Muhanga yatsinzwe na Gasogi ibitego bibiri ku busa, Gorilla FC yabganyije na City Boys igitego kimwe kuri kimwe naho Amagaju yatsinze Bugesera 2-1.
Indi mikino yari yabaye mbere ya 1/8 cy’igikombe cy’Amahoro, Mukura VSL yari yatsinze Intare 1-0 bigenda gutyo ku mukino AS Kigali yatsinze Vision.
Biteganyijwe ko imikino yo kwishyura izakinwa mu cyumweru gitaha tariki ya 18 na 19 Gashyantare 2025.