• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda (Amafoto na Video)

Editorial 07 Apr 2018 IMIKINO

Rayon Sports yateye intambwe ya mbere igana mu matsinda ya CAF Confederation Cup nyuma yo kunyagira Costa do Sol ibitego bitatu ku busa mu mukino ubanza w’ijonjora rya nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Gatanu.

Mu mvura nyinshi yaguye kuva ku munota wa mbere w’umukino, Rayon Sports yari imbere y’abafana bakubise buzuye stade, yatangiye ishaka igitego cya kare ku munota wa mbere gusa Yassin Mugume azamukana umupira yihuta cyane ateye ishoti umunyezamu Jose Ventura Guirrugo arahagoboka.

Rayon Sports yakomeje gukina neza yiharira cyane iminota 12 ya mbere, ibonamo koruneli ebyiri n’amashoti abiri atabashije kugira icyo abyara, uburyo bukomeye cyane bwanahagurukije abafana bwabonetse ku munota wa 18 ku ishoti ry’imbaraga Kwizera Pierrot yateye umupira ugarurwa n’inshundura nto.

Costa do Sol yabonye ko ikomeje kotswa igitutu nayo itangiye gushaka uko igera imbere y’izamu rya Rayon Sports iyibonamo koruneli ya mbere ku munota wa 22 ndetse ku wa 30 ibona uburyo bukomeye ariko Manzi Thierry aritanga akuramo umupira wari utewe na Jose Silver Junior.

Uko iminota yicumaga niko imvura yarushagaho kuba nyinshi ariko abafana bari bicaye mu gice kidatwikiriye ntibacika intege bakomeza gushyigikira ikipe yabo bihebeye.

Mu minota 10 ya nyuma y’igice cya mbere Rayon Sports yongeye gukina neza cyane ihererekanya imipira hagati ya Yannick Mukunzi, Kwizera Pierrot na Manishimwe Djabel iza kubona koruneli iterwa na Rutanga Eric ariko ntiyagira icyo itanga.

Costa do Sol yaje kubona koruneli ku munota wa 43 iterwa na Miocha ariko umupira ujya hanze. Abakinnyi ba Rayon Sports bahise bawurengura vuba bawuhereza Manishimwe Djabel nawe awohereza kwa Hussein Tshabalala awuteye mu izamu ukorwa na Jone Feliciano umusifuzi ahita yemeza ko ari penaliti.

Tshabalala yazonze abakinnyi ba Costa do Sol yo muri Mozambique

Iyi penaliti abakinnyi ba Costa do Sol ntibigeze bayemera byatumye buzura ku musifuzi bamubwira ko abibye bituma anahereza Mondlane Salomao itarita y’umuhondo.

Tshabalala yateye penaliti neza umunyezamu ntiyamenya aho umupira uciye, bakomeza gukina iminota ibiri y’inyongera yari ishyizweho nayo itagize icyo itanga.

Igice cya mbere kirangiye, abatoza n’abakinnyi ba Costa do Sol buzuye ku musifuzi bashaka kumukubita bituma Polisi yinjira mu kibuga kumurindira umutekano.

Igice cya kabiri gitangiye, Costa do Sol yakomeje guteza akavuyo nk’uko byari bimeze mu minota ya nyuma y’inyongera, biba ngombwa ko umusifuzi Jackson Pavaza azamura mu bafana Ushinzwe imibereho y’abakinnyi b’iyi kipe, Artur Faria wari unafite inshingano zo kumvikanisha abakinnyi, bavuga Igi-Portugais n’umutoza uvuga Icye-Espanyol.

Umutoza wa Costa do Sol ukomoka muri Argentine, Fabio Costa, yakoze impinduka akuramo Nelson Divressone yinjiza Salum Mustafa. Costa do Sol yakomeje gushaka uko yakwishyura ari nako ikora amakosa menshi yaje gutuma ihabwa ikarika ya kabiri y’umuhondo ya Kaonga ku ikosa yari akoreye Mugume.

Kapiteni wa Costa do Sol, Decarvalho yabonye uburyo bwo gutsinda igitego ku munota wa 60 umupira ujya hanze, Rayon Sports ihita nayo yongera gusatira, Kwizera Pierrot ateye umupira mu izamu rya Costa do Sol nawo ujya hanze.

Umutoza Ivan Minnaert yakomeje impinduka ku munota wa 65 yinjiza Muhire Kevin asimbuye Manishimwe Djabel ahita anahindura umukino bigaragara kuko yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77.

Rayon Sports yahise ibona ikarita y’umutuku yahawe Kwizera Pierrot nyuma yo kubona amakarita abiri y’umuhondo ntiyayicitse intege kuko yatsinze igitego cya gatatu cyanashimangiye intsinzi ku munota wa 81 cya Tshabalala ku mupira yari ahawe na Muhire Kevin.

Umutoza Ivan mu rwego rwo gukomeza hagati mu kibuga yakuyemo Tshabalala yinjiza Mugisha François byatumye ikomeza kwihagararaho nubwo Costa do Sol yakomezaga gusatira cyane iminota 90 irangira ari ibitego 3-0.

Rayon Sports ihagarariye u Rwanda yabonye impamba izajyana i Maputo mu mukino wo kwishyura tariki 18 Mata 2018, aho isabwa kunganya gusa cyangwa igatsindwa ibitego biri munsi ya bitatu igahita yerekeza mu matsinda ya CAF Condeferation Cup, amateka mashya azaba yanditswe n’ikipe yo mu Rwanda.

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga:

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame (Kapiteni), Usengimana Faustin, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange Jimmy, Rutanga Eric, Nyandwi Saddam, Yannick Mukunzi, Kwizera Pierrot, Hussein Tshabalala, Mugume Yassine na Manishimwe Djabel.

Rayon Sports yiteguwe i Maputo muri Mozambique mu buryo budasanzwe

Costa do Sol: Jose Ventura Guirrugo, Francisco Miocha, Feliciano Jone, Nelson Divrassone, Chawanangwa Kaonga, Mathew Sibale, Isac Decarvalho (Kapiteni), Jorge Muholove, Nilton Ernesto, Agero Jonasse na Salomao Mondlane.

Abakinnyi 11 ba Costa do Sol babanje mu kibuga

Abakinnyi ku mpande zombi basuhuzanya mbere yo gutangira umukino

Abakinnyi ba Costa do Sol bajya inama mu mukino

Rayon Sports yanyagiye Costa do Sol itera intambwe igana mu matsinda

Mukunzi Yannick agerageza kunyura hagati y’abakinnyi ba Costa do Sol

Abanyamakuru bihinnye mu mutaka bagerageza gufata amashusho mu mvura yajojobaga kuri Stade ya Kigali

Umusifuzi Jackson Pavaza yereka umunyezamu wa Costa do Sol, Jose Ventura Guirrugo umurongo atarenga mbere yo guterwa penaliti

Yahise yinjizwa neza na Tshabalala igice cya mbere kigana ku musozo

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira kimwe mu bitego bitatu

Myugariro wa Rayon Sports, Nyandwi Saddam agerageza gucenga umukinnyi wa Costa do Sol

Abafana bitwaje imitaka batiza umurindi Rayon Sports bahaye ikibanza mu mitima yabo

Rwarutabura azamura ibendera ry’u Rwanda ku mukino ikipe ye yaCosta do Sol Rayon Sports yatsinze Costa do Sol

Muhire Kevin winjiye mu kibuga asimbuye Manishimwe Djabel yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 77

Abakinnyi ba Rayon Sports bari bafite ibyishimo by’ikirenga

Hussein Tshabalala ni we wafunguye amazamu ku gitego cyabonetse kuri penaliti

Yannick Mukunzi na Rutanga Eric bishimiraga igitego mu buryo budasanzwe

Abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports bashimira abafana nyuma y’umukino

Umutoza Ivan Minnaert na bagenzi be bari bafite akanyamuneza ku maso

2018-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Editorial 26 Feb 2016
Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Editorial 02 Feb 2018
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Editorial 02 Mar 2025
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Editorial 08 Nov 2023
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Editorial 26 Feb 2016
Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Editorial 02 Feb 2018
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Editorial 02 Mar 2025
Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Amakipe 10 arimo atanu y’Abagabo n’atanu y’Abagore niyo azitabira irushanwa ryateguwe na Rwanda Revenue Authority

Editorial 08 Nov 2023
Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Editorial 26 Feb 2016
Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Rayon itsinzwe na APR FC 2-1 ariko itwara igikombe cy’Intwari

Editorial 02 Feb 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru