• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2025 Amakuru, IMIKINO

Komisiyo ishinzwe imisifurire muri FERWAFA yasohoye imyanzuro y’ubusesenguzi bw’umukino w’umunsi wa 5 wa Rwanda Premier League wahuje Bugesera FC na AS Muhanga, wabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa 25 Ukwakira 2025.

Nyuma yo gusuzuma raporo y’umukomiseri w’umukino ndetse n’amashusho yawo, komisiyo yagaragaje amakosa yakozwe n’abasifuzi ndetse inafata imyanzuro ijyanye n’amategeko.


Ku munota wa 20, Hategekimana Bonheur (umunyezamu wa AS Muhanga) yarenze urubuga rw’amahina agakorera umupira n’amaboko yombi.

Iri kosa ryo guhagarika amahirwe y’igitego (“denying an obvious goal-scoring opportunity” – DOGSO) ryagombaga gutangwaho ikarita itukura no guha Bugesera FC free kick itaziguye.

Ariko abasifuzi baretse umukino urakomeza, ntibatanga icyo gihano. Komisiyo yemeje ko abasifuzi bakoze amakosa muri iki gice.

Ku munota wa 45+1, komisiyo yasanze umusifuzi yarakosheje ubwo umunyezamu yakiniraga hanze y’urubuga rw’amahina, ibintu byari bikwiye guhagarika umukino no gutanga igihano nk’uko amategeko abiteganya. N’ubu, abasifuzi ntibabikoze uko bikwiye.

Nyuma yo gusesengura ibyo byose, komisiyo yemeje ibi bikurikira:

• Kwizera Olivier, wari umusifuzi mukuru, yasanzwe yarakoze amakosa agaragara muri uwo mukino, yahagaritswe iby’umweru bitanu nk’uko amategeko abiteganya.

• Mbonigena Seraphin, wari umusifuzi wo ku ruhande, na we yasanzwe yakoze ikosa ryo kudafasha mugenzi we kumenya ko umunyezamu yari hanze y’urubuga rw’amahina. Yahagaritswe iby’umweru ine.

Naho kuyindi mikino yo FERWAFA yatangaje ko komisiyo yasanze ntamakosa yabayemo.



2025-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zidane yabaye umutoza mukuru wa Real Madrid

Zidane yabaye umutoza mukuru wa Real Madrid

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Amore akomeje kwagura muzika ye

Amore akomeje kwagura muzika ye

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Ubwanditsi 01 Aug 2021
Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Uwizera Christine Coleman na Sylvia Mukankiko , inkotsa-nkunguzi zarenze ihaniro

Ubwanditsi 13 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo
Mu Rwanda

Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’abo kwa Rwigara, menya impamvu zabyo

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023
Amakuru

Amafoto- Amavubi yatangiye umwiherero bitegura imikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 25 May 2022
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 03 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru