• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017 Mu Rwanda

Rayon Sports yahawe igikombe cya shampiyona y’u Rwanda nyuma yo gutsinda Azam FC ibitego bine kuri bibiri mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Nyakanga 2017.

Ibirori abakunzi ba Rayon Sports bari bategereje igihe kitari gito byatangijwe n’akarasisi kabo mu muhanda berekeza ku kibuga aho bakubitaga ingoma baririmba indirimbo zitaka ubutwari iyi kipe yegukanye igikombe cya munani cya shampiyona.

Mbere y’uko umukino utangira, abafana bake batoranyijwe muri fan club bakoze imirongo ibiri abakinnyi banyuramo hagati bakomerwa amashyi ari nako abandi bari baje kureba uyu mukino aho bari bahagaze mu myanya yabo baha icyubahiro abakinnyi n’abatoza ku kazi bakoze umwaka wose.

Umukino watangiye saa 15h40 Rayon Sports igaragaza kwiharira umupira, guhanahana neza n’inyota yo gushaka igitego cyihuse ariko amahirwe ya koluneri na coup franc yabonye mu minota 10 ya mbere ntiyayabyaje umusaruro.

AZAM FC nayo yabonye uburyo bukomeye ku munota wa 14 ku ishoti ryatewe na Yahya Zayd gusa Ndayishimiye Eric Bakame abyitwaramo neza.

Nubwo AZAM FC nk’ikipe ikomeye mu Karere ka Afurika y’UBurasirazuba yanyuzagamo igasatira, Rayon Sports niyo yagerageje uburyo bwinshi ndetse biza kuyihira ku munota wa 30 Kwizera Pierrot afungura amazamu ahawe umupira na Nshuti Savio Dominique.

Iki gitego cyishyuwe na Yahya Mudathir ku munota wa 42 ku kazi gakomeye kakozwe na Yahaya Mohamed ndetse igice cya mbere kirangira ari igitego 1-1.

Mu cya kabiri, Rayon Sports yaje isatira cyane Muhire Kevin na Nahimana Shassir bagerageza uburyo bwari kubyara igitego cya kabiri biranga; cyaje kuboneka ku munota wa 49 gitsinzwe na Dominique Nshuti Savio washimishaga abakunzi b’iyi kipe bwa nyuma kuko agomba guhita yerekeza muri AS Kigali yamaze kumugura.

Ibi byishimo ntibyatinze kuko ku makosa y’ubwugarizi bwa Rayon Sports cyane Mugabo Gabriel na Fiston Munezero, Yahya Mohamed yatsindiye AZAM FC igitego cya kabiri ku munota wa 54.

Masoudi Djuma utari wigeze yicara yakomeje kubwira abakinnyi be kudapfusha ubusa uburyo babonaga imbere y’izamu byanatumye ku munota wa 67 Muhire Kevin ayibonera igitego cya gatatu nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Nahimana Shassir.

AZAM FC yagiye ikora impinduka zitandukanye ishaka igitego cyo kwishyura nk’uko yari yagiye ibikora na mbere gusa ntibyayihiriye kuko mu minota y’inyongera yatsinzwe icya kane cya Nahimana Shassir wigaragaje cyane muri uyu mukino.

Nyuma y’umukino mu byishimo byinshi abafana, abakinnyi n’abayobozi ba Rayon Sports bahise biterera mu bicu mbere yo gushyikirizwa igikombe cya shampiyona no kucyifotorezaho.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Abakinnyi 11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Mugabo Gabriel, Munezero Fiston, Niyonzima Olivier, Kwizera Olivier, Nova Bayama, Muhire Kevin, Nahimana Shassir, Kakule Mugheni Fabrice na Nshuti Savio Dominique.

Abakinnyi 11 ba Azam FC babanje mu kibuga: Mwadini Ali, Gambo Ismail, Kangwa Bruce, Kheri Abdallah, Mwantika David, Yahya Mudathir, Abdalla Masoud, Domayo Frank, Yahaya Mohamed, Yahya Zayd na Kipagwile Iddi.

-7163.jpg

-7164.jpg

-7165.jpg

-7166.jpg

-7167.jpg

2017-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

PAM/WFP iragemurira Abarundi ibishyimbo n’ibigori yaguze mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Peter wahoze muri P Square mu nzira yerekeza i Kigali mu gitaramo gikomeye

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique
Amakuru

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame
Amakuru

AMAFOTO – Stade Amahoro, Kigali Pele Stadium, BK Arena, Kigali Golf Resort & Villas mu bikorwaremezo byagezweho mu gihe cya Manda y’imyaka 7 ya Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 25 Jun 2024
Kirehe: Abaturage bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Kirehe: Abaturage bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru