• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Rayon Sports yishyuwe igitego mu minota ya nyuma ikura inota rimwe muri Algeria

Editorial 30 Jul 2018 IMIKINO

Rayon Sports ihagarariye u Rwanda mu marushanwa Nyafurika ya CAF Confederation Cup, yari yihagazeho mu mukino wo kwishyura ihura na USM Alger kuri iki Cyumweru itsinda igitego cya kare cya Ismaila Diarra ariko icyishyurwa mu minota ya nyuma, itahana inota rimwe.

Umutoza Roberto Oliveira Goncalves do Carmo “Robertinho” wa Rayon Sports yagiye muri Algeria afite akazi gakomeye ko kwitwara neza akoresheje abakinnyi 16 gusa batanarimo bamwe mu b’imena nka kapiteni Kwizera Pierrot, Usengimana Faustin, Muhire Kevin na Mutsinzi Ange Jimmy.

Uyu munya-Brazil yihagazeho akoresheje abakinnyi afite, ikipe ye itsinda igitego ku munota wa 28 cya Ismaila Diarra. Gusa USM Alger niyo yari yagiye yiharira umukino, igakina neza ariko amahirwe yo gutera mu izamu ntayisekere.

Amahirwe make y’iyi kipe yiyongereye cyane ubwo umwe mu bakinnyi bayo bakomeye Abderrahmane Meziane yagiraga ikibazo cy’imvune bikaba ngombwa ko asohoka mu kibuga agasimburwa na Walid Ardji mbere y’uko igice cya mbere kirangira.

No mu gice cya kabiri, iyi kipe yakiniraga imbere y’abafana bayo yakomeje kurusha cyane Rayon Sports ariko ishyaka, ubwitange no gukorera hamwe cyane cyane mu gukiza izamu abakinnyi b’iyi kipe ihagarariye u Rwanda bagaragazaga bigatuma iminota yicuma.

USM Alger n’ubundi yari yatsindiye Rayon Sports i Kigali ibitego 2-1 mu mukino ubanza icy’intsinzi cyaje mu minota ya nyuma, n’ubundi no mu wo kwishyura yabonye igitego ku munota wa 86 cya Mohamed Amine Hamia cyabonetse nyuma y’uko iyi kipe yari imaze gutera ku mutambiko w’izamu.

Nyuma yo kunganya uyu mukino wa USM Alger byatumye Gor Mahia nayo yari yatsinze Young Africans mu wundi w’itsinda D ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota umunani inganya na USM Alger naho Rayon Sports ikaba ifite atatu mu gihe Young Africans ifite rimwe. Hasigaye imikino ibiri kuri buri kipe kugira ngo iyo mu itsinda irangire, ebyiri za mbere zikazahita zerekeza muri 1/4.

2018-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Editorial 03 Jul 2021
FibaU18Africa: Angola  yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

FibaU18Africa: Angola yatwaye igikombe itsinze Misiri ku mukino wa nyuma

Editorial 01 Aug 2016
Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Uwari Umunyabanga mukuru wa FERWAFA yasimbujwe uwari ushinzwe imari n’ubutegetsi

Editorial 03 Feb 2018
Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Umutoza António Conceição utoza ikipe y’igihugu ya Cameroon akoze impinduka mu rutonde rw’abakinnyi 25 bitegura imikino ya Cap-Vert n’u Rwanda

Editorial 19 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Muzunga iri kubyinisha amashyaka yo hanze arwanya ubutegetsi bwa Leta y’u Rwanda

Editorial 24 Aug 2016
Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi
Mu Rwanda

Ngoma: Umumotari yafatanywe imifuka itanu y’urumogi

Editorial 04 Mar 2017
Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Editorial 23 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru