• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

  • Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa   |   06 Mar 2026

  • Igisubizo cy’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yahaye DRC ku Kinya cy’Ibihano Amerika yashyize ku Rwanda kirasobanutse   |   06 Mar 2026

  • U Rwanda rwasinyanye na CAVB amasezerano yo kwakira Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo 2026   |   05 Mar 2026

  • Mu Mwaka wa 2019 u Burundi bwateguye igitero Interahamwe zagabye i Musanze   |   05 Mar 2026

  • Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere   |   03 Mar 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Ubwanditsi 22 Dec 2016 Mu Rwanda

Kuva kuwa 18 Ukuboza, Perezida Kabila araye ari busoze manda ye ya kabiri, imvururu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zimaze guhitana abantu 31, hakomereka benshi ndetse abandi basaga 270 barafatwa barafungwa.

Nubwo harimo kunyuranya hagati y’Umuryango w’Abibumbye n’abategetsi ba RDC ku mibare y’abamaze kugwa muri izo mvururu, Jeune Afrique dukesha iyi nkuru itangaza ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 21 Ukuboza, Ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu ryatangaje ko mu Mujyi wa Kinshasa honyine hamaze gupfa abantu 19 bishwe barashwe.

Mu mugoroba w’uwo munsi, Umuvugizi wa RDC, Lambert Mende yatangaje ko bababajwe n’icyo gikorwa cy’ishami rya Loni rishinzwe uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu, “ryiha gutangaza ibyo ritahagazeho, rigatanga imibare igamije gushyusha abantu imitwe kandi ihabanye n’iyatanzwe n’ubutegetsi bw’icyo gihugu” .

Icyakora, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mugoroba w’uyu wa Gatatu , Umuvugizi wa Polisi y’icyo gihugu, Col. Pierre Rombaut Mwanamputu Empung yatangaje ko hamaze gupfa abantu 31 mu gihugu hose kuva kuwa 18 kugeza kuwa 21 Ukuboza.

Bitandukanye n’ibyatangajwe na Loni, Polisi ya RDC itangaza ko mu Mujyi wa Kinshasa hamaze gupfa abantu 9 gusa, bishwe n’amasasu yayobye nk’uko akomeza abivuga, anongeraho ko ibiro umunani bya Polisi byasahuwe bikanasakamburwa muri uwo mujyi.

Yongeyeho kandi ko imodoka 34 za sosiyete Transco itwara abantu zimaze gutwikwa.

Mu yindi mijyi hapfuye abantu 22, barimo batanu biciwe muri Congo Central mu Burengerazuba bw’icyo gihugu, aho batatu biciwe mu Mujyi wa Matadi abandi babiri bakicirwa i Boma.

Umuvugizi wa Polisi yanagarutse ku gitero cyagabwe kuri gereza ya Butembo kuwa Mbere tariki ya 19 Ukuboza, cyahitanye abantu icyenda barimo batanu mu bari bakigabye, Umupolisi umwe, Umusirikare wa Loni ukomoka muri Afurika y’epfo wari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro, umusirikare wa Leta umwe ndetse n’umusivili.

Mu Mujyi wa Lubumbashi, Umurwa mukuru w’Intara ya Katanga, hamaze kugwa abantu umunani ndetse n’imitungo myinshi imaze kuhatikirira, ahatwitswe isoko rya Katuba, imodoka n’ahacururizwa ibikomoka kuri Peteroli, ingoro z’inkiko, ibiro bya Komine, ibiro bya Polisi n’ibindi.

Mu gihugu hose hamaze gutabwa muri yombi abantu 275 bashinjwa kudakunda igihugu, Umuvugizi wa Polisi akongeraho ko hakajijwe umutekano cyane muri iyi minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Imvururu muri RDC zishingiye ku kutabona kimwe ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Perezida Kabila nyuma y’uko asoje manda ye ya Kabili kuwa 19 Ukuboza.

Ibyo byiyongeraho intugunda hagati ya Leta n’abatavuga rumwe na yo, zishingiye ku ngengabihe y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, ateganyijwe kuzaba muri Mata 2018 mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi bo bavuga ko atagomba kurenza umwaka wa 2017 atabaye.

-5128.jpg

Imibare y’abamaze kugwa mu mvururu ntabwo ivugwaho rumwe

2016-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 03 Jul 2021
Mugisha General Supplies ( MGS) yifurije  Nyakubahwa Paul Kagame  Isabukuru nziza y’Imyaka 60 amaze avutse

Mugisha General Supplies ( MGS) yifurije Nyakubahwa Paul Kagame Isabukuru nziza y’Imyaka 60 amaze avutse

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Min. W’Intebe, Dr Ngirente Yakiriye Indahiro Z’abacamanza Mu Rukiko Rukuru Rwa Gisirikari

Ubwanditsi 13 Sep 2018
DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique

DIGP Marizamunda yasuye abapolisi b’u Rwanda bari muri Centrafrique

Ubwanditsi 03 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI
HIRYA NO HINO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda
Amakuru

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru
Amakuru

Simba SC yo muri Tanzania yatandukanye n’umutoza wayo Didier Gomes Da Rosa isigaranwa n’umunyarwanda Thierry Hitimana nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 27 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru