• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

Editorial 02 Dec 2018 ITOHOZA

Umusirikare mukuru mu ngabo za Congo, FARDC, yakatiwe igifungo cya burundu no guhita atabwa muri yombi nyuma yo kumuhamya ibyaha byibasiye inyokomuntu yakoreye muri Teritwari ya Kalehe mu 2013. Ni icyemezo cyafashwe n’urukiko rwa gisirikare rwa Kivu y’Amajyepfo kuwa 29 Ugushyingo uregwa adahari.

Lt. Col. Mabiala Ngoma Alma, yahamijwe ibyaha byibasiye inyokomuntu birimo gufata ku ngufu, ubwicanyi n’ibindi bikorwa bya kinyamanswa. Ibi bikorwa ngo bikaba byarakozwe n’imitwe ya batayo idasanzwe yari ayoboye muri Teritwari ya Kalehe muri Kamena 2013.

Bivugwa ko mu gitero cyo muri uko kwezi, abantu 9 bishwe n’amasasu, abagore benshi bagafatwa ku ngufu, ibintu bigasahurwa ndetse amazu asaga ijana agatwikwa.

Urukiko rwa gisirikare rwari rwamanutse ahakorewe icyaha muri Kalehe kuva mu cyumweru gishize, rwavuze ko nk’umuyobozi inshingano Lt Col Mabiala yari afite harimo gucunga ingabo yari ayoboye.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru iravuga ko yakatiwe igifungo cya Burundi nubwo ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 7. Akaba kandi agomba gufatanya na Guverinoma kwishyura ibyangijwe n’inyungu ku baturage 146 bahungabanyijwe n’ibi bikorwa ashinjwa.

Urukiko rwafashe icyemezo uregwa adahari ruhita rutegeka ko atabwa muri yombi. Umwunganira mu mategeko akaba yavuze ko arwaye ndetse avuga ko bazajuririra iki cyemezo.

2018-12-02
Editorial

IZINDI NKURU

Leta Y’Amerika Iraburira  Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Leta Y’Amerika Iraburira Buri Wese Wifuza Kugendera Mu Burundi kwitwararika

Editorial 30 Aug 2018
Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Editorial 17 Apr 2018
Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana  wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Ibaruwa ndende Museveni yandikiye Kagame yemera ko yahuye na Mukankusi wo muri RNC na Eugene Gasana wahoze ari Ambasaderi muri Loni

Editorial 19 Mar 2019
Alice Cyusa  yirukanwe  k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Alice Cyusa yirukanwe k’Ubuyobozi bwa Diaspora Nyarwanda

Editorial 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru
Amakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Editorial 11 Jun 2025
U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi burataka igihombo cyo kwimwa kwakira inama ya COMESA bwateguraga

Editorial 28 May 2018
Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana
ITOHOZA

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Editorial 17 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru