• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

RDC: Mutombo yashimye umubano n’u Rwanda, aburira abashaka intambara hagati y’ibihugu byombi

Editorial 08 Jan 2020 POLITIKI

Umuyobozi wungirije ushinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Addis-Abéba ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), akaba n’inzobere mu by’umutekano na politiki, Patrick Mutombo Kambila, yashimye umubano urangwa hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, ashimangira ko nta mpamvu yatuma hagira usenya ibimaze kugerwaho.

Amasezerano ya Addis-Abéba yashyizweho umukono n’abakuru b’ibihugu bikikije RDC ku wa 24 Gashyantare 2013 i Addis-Abéba muri Ethiopia, agamije amahoro, umutekano n’ubufatanye bwa RDC n’Akarere k’ibiyaga bigari.

Mutombo yagaragaje ko muri iyi minsi hatewe intambwe ikomeye mu mubano w’ibihugu byombi, aho RDC ikomeje gushyikiriza u Rwanda abarwanyi benshi babaga mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri icyo gihugu, biganjemo abari muri FDLR.

Gusa mu minsi ishize umunyapolitiki Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC, yatangaje ko kugira ngo amahoro aboneke n’ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo birangire, ari uko batera u Rwanda bakarwomeka ku gihugu cyabo.

Ni imvugo yahise yamaganirwa kure n’abanyapolitiki baba abo muri RDC no hanze yayo.

Mutombo na we yunze mu ryabo, avuga ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti ndetse gihurira na RDC ahantu henshi, byongeye ni igihugu Perezida Félix Tshisekedi yagaragaje ko yiteguye gufatanya nacyo.

Yakomeje ati “Ndabikubwira ko igihugu cyitwa u Rwanda kitazigera kivaho, kizahoraho. Igihugu gifite abaturage dushyingirana, kandi si ibya none. Igihugu uyu munsi urebye neza, mu Karere k’Ibiyaga bigari cyerekanye ubushake bwo gufata Congo nk’umuvandimwe wacyo, ndatekereza ko tutashyigikira igitekerezo nk’icyo.”

Yakomeje avuga ko ujya gushoza intambara akwiye gutekereza ku kaga aba ateje abaturage, kandi ko nubwo atazi icyateye Muzito gutangaza ibyo yavuze, abantu bakwiye kureba kure bakanatekereza ku ntambara bagiye gushoza.

Ati “Iyo utangije intambara uba uzi uko uyitangije ariko ntabwo umenya uko izarangira. Nibura atekereza kuri ibyo?”

Yatanze urugero rwa Adolphe Hitler wagerageje gufata Autriche ngo ayomeke ku Budage, abirwanira kuva mu 1939 kugeza 1945 birangira atabigezeho.

Ibyo yabihereyeho avuga ko ibitekerezo byo gutera no gufata ibihugu atari ibintu byo kuzana mu Karere k’Ibiyaga bigari, kandi ko intambara zigamije gushyiraho ubuyobozi runaka zitakigezweho. Ahubwo ikigezweho ni uko ibintu byose bikwiye guca mu nzira y’amahoro n’ibiganiro, kandi byagaragaje ko bigera ku myanzuro myiza.

Hari inyungu nyinshi mu mubano wa RDC n’u Rwanda

Mutombo yavuze ko utafata ingendo za RwandAir, umubano mu bya dipolomasi, Ambasade mu bihugu byombi n’izindi ntambwe zatewe, ngo ubihindure umuyonga ushoza intambara ngo urashaka amahoro.

Ati “Niba uyu munsi twe n’u Rwanda dufite ambasade ebyiri, dufite ambasade ya Congo i Kigali tukagira iy’u Rwanda i Kinshasa, ni ukuvuga ngo ku bijyanye na dipolomasi dufite imibanire myiza hagati y’ibihugu byombi.”

“Ubu dufite indege iva Kigali ikagwa i N’djili, ikava i N’djili ikagwa i Kigali, RwandAir. Ntabwo ndi kwamamaza u Rwanda kubera ko ndavuga ibihari. None se twahagararira aho? Ndatekereza ko tugomba gukomeza kongera kugira ngo duhuze abaturage bacu no guteza imbere ibihugu n’akarere.”

Yavuze ko hari ibindi byakagombye gutera Abanye-Congo guhaguruka birimo no kubaka imihanda ihuza akarere.

Ati “Ni gute uzaguma mu gisekuru cyo kwigomeka ngo uzatekereze kubaka igihugu? Ndatekereza ko ibyo byo gufata igihugu cyangwa ibyo gushaka intambara ugamije kuzana amahoro muri Congo, ni ibintu jye ntapfa gushyigikira habe na gato. Navuze urugero rwa Hitler.”

2020-01-08
Editorial

IZINDI NKURU

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Administrator 26 Nov 2025
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Editorial 07 Apr 2020
RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

RDC: Mende arashinja umukandida Fayulu gushaka kuzahungabanya amatora

Editorial 17 Dec 2018
Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Editorial 26 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)
ITOHOZA

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Editorial 17 Feb 2017
Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku ishingwa rya MRCD na FLN bya Rusesabagina na Sankara

Editorial 18 Jul 2018
Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside
POLITIKI

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Editorial 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru