• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

RDC: Umutwe Wa M23 Witeguye Kubura Imirwano

Editorial 14 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere, itariki 13 Kanama, umutwe wa M23, wakubiswe inshuro n’igisirikare cya Congo gifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye mu 2013, uremeza ko uri ku butaka bwa Congo kuva muri Mutarama 2017. Uyu mutwe uravuga ko amatora nataba mu mucyo witeguye kubura intwaro.

Ngo kwanga kubahiriza amasezerano yashyizweho umukono kuwa 12 Ukuboza 2013 i Nairobi nibyo byatumye inyeshyamba z’umutwe wa M23 zigaruka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ariko ngo zitajyanywe no gushoza intambara ahubwo zigiye gutanga umusanzu mu matora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza nk’uko iri tangazo rivuga ryashyizweho umukono na Bertrand Bisiimwa, umuyobozi wa politiki wa M23.

Muri iri tangazo Bisiimwa avuga ko mu gikorwa cy’amatora ari ho honyine igihugu n’abaturage ba Congo bazatoreramo abayobozi bizeye kandi babikwiye bafite ubushobozi bwo guhangana n’impamvu nyazo z’amakimbirane yakomeje kuranga igihugu.

Ngo ni no mu rwego rwo gushyigikira iki gikorwa, uyu mutwe wifashe kuva icyo gihe muri Mutarama 2017, ukanga gusubiza ubushotoranyi bwinshi n’ibitero wagiye ugabwaho n’ingabo za leta (FARDC).

M23 ariko, ikomeza ivuga ko izakomeza kwifata ari uko gusa igikorwa cy’amatora kitazagira abo giheza, kikaba mu mucyo no mu bwisanzure mu buryo buha icyizere abaturage.

Umutwe wa M23 ukomeza uvuga ko uzasubukura ibiganiro uganira n’abayobozi bazatorwa mu buryo bukurikije amategeko mu matora yizewe bazabasha gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu bwisanzure hagati yabo na Guverinoma ya Congo.

Uyu mutwe kandi nk’uko inkuru dukesha Politico.cd ikomeza ivuga, washimye nawo icyemezo cya Perezida Kabila cyo kutaziyamamaza muri aya matora ateganyijwe, uvuga ko ari icyemezo gitanga ingufu mu rwego rwo kubaha itegeko nshinga.

M23 ikaba ikomeza igira iti: “Gusa, turamusaba gukuraho imbogamizi zose ngo amatora azabe mu bwisanzure, mu mucyo, yizerwe, adaheza, kandi mu ituze.”

Mu Ukuboza mu mwaka ushize wa 2017, Bertrand Bisiimwa, perezida wa M23, yari yemeje ibyatangajwe muri raporo ya HRW ko guverinoma ya Congo irimo irashaka abarwanyi mu bahoze muri M23 ngo bazahangane n’abaziha kwigaragambya.

Ibi bikaba byaranatangajwe nyuma y’amakuru yavugaga ko abahoze ari abarwanyi ba M23 batorotse mu nkambi bari bacumbikiwemo muri Uganda nyuma yo guhunga imirwano yazihuzaga n’ingabo za FARDC na Monusco muri Kivu y’Amajyaruguru.

Iyi raporo ya HRW nayo ikaba yarashimangiye ko mu rwego rwo kwanga gushyira mu bikorwa amasezerano ya Nairobi, leta ya Congo yatangiye guha akazi rwihishwa abahoze mu mutwe wa M23 bagiye barangwa no kutagira disipuline ishaka kubakoresha mu bintu abari abayobozi babo batazi nk’uko Bisiimwa yatangazaga icyo gihe avuga ko bakusanyirijwe I Kisangani na Goma.

2018-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Editorial 03 May 2019
FDLR/CNRD Ubwiyunge, Ntibaramenya Ko Amazi Atakiri Yayandi Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo

FDLR/CNRD Ubwiyunge, Ntibaramenya Ko Amazi Atakiri Yayandi Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo

Editorial 16 Jul 2020
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019
Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Amacakubiri mu buyobozi, ubusambo n’ibitero bya FARDC, bishegeshe umutwe w’iterabwoba wa FDLR none wiyambaje indagu !!

Editorial 09 Nov 2020

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 15, 20183:43 am -

    ABABAKUBISE NAMBERE BARACYAHARI!!
    NGAHO NIBARWANE!!!TANZANIA NA AFRIKA YEPFO
    BIRACYAHARI!!NONE NA BEMBA YAJE!!!!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Editorial 09 Aug 2017
Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.
Amakuru

Umukinnyi Bukuru Christopher yirukanywe mu mwiherero w’ikipe ya APR FC azira imyitwarire mibi.

Editorial 16 May 2021
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru
INKURU NYAMUKURU

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Editorial 22 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru