• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Rebero : Abanyapolitiki barimo Kameya Andre, Ndasingwa Lando, Kavaruganda…bibutswe

Editorial 13 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Sena, Bernard Makuza, yavuze ko iyo u Rwanda rugira abanyapolitiki benshi bitandukanya n’umugambi mubisha wo gutsemba Abatutsi, bagaharanira ubumwe bw’Abanyarwanda, Jenoside yakorewe Abatutsi itari kubaho cyangwa ngo igire ubukana nk’ubwo yagize.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu muhango wo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye ku rwibutso rwa Rebero ruri mu Karere ka Kicukiro, ahashyinguye abazize Jenoside barenga 14 000 n’abanyapolitiki 12.

Uyu munsi by’umwihariko hibukwa abanyapolitiki bishwe bazira ko banze ivangura, bitandukanya n’umugambi wo gutsemba abatutsi, baharanira ubumwe bw’Abanyarwanda, bibaviramo kwicwa bazira ibitekerezo byabo n’umurongo mwiza bahisemo.

Senateri Makuza yasobanuye ko Jenoside yakorewe Abatutsi atari impanuka kuko yateguwe kandi igashoboka kubera politiki n’ubuyobozi bubi, yemeza ko abashaka kubigoragoza babivuga ukundi, ukuri kutazahwema kubereka ko guca mu ziko ntigushye.

Yashimangiye ko iyo u Rwanda rugira abanyapolitiki benshi bafite ibitekerezo byo kurwanya ivangura n’amacakubiri nkuko abibukwa uyu munsi bari bameze, Jenoside itari bushoboke.

Yagize ati “Iyo abanyapolitiki nk’aba baba benshi, Jenoside yakorewe Abatutsi ntiba yarabayeho cyangwa se ngo ibe yaragize ubukana ku rwego yakozwemo igahitana abarenga miliyoni.”

Senateri Makuza yakomeje avuga ko kwibuka abanyapolitiki bazize ibitekerezo byabo byiza ari ukubafataho urugero n’umukoro wo kwanga ivangura n’amacakubiri ayo ari yo yose no gushyira imbere ubumwe bw’Abanyarwanda.

Yagize ati “Kwanga ivangura, amacakubiri no gushyira imbere ubumwe bigomba guhera ku buyobozi n’abayobozi […] ubumwe bwacu buhere kuri twe abayobozi tubusakaze mu baturage kugira ngo dukomeze inzira twiyemeje.”

Umuvugizi w’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki, Depite Mukamana Elisabeth, yavuze ko kwibuka abanyapolitiki ari ugukomeza kubaka igihugu no guteza imbere imiyoborere myiza, hafatiwe ku rugero rwiza rw’ubutwari bwo kwanga ikibi bwabaranze.

Yasabye imitwe ya politiki n’abayoboke bayo kwirinda no kurwanya uwashaka gusubiza inyuma igihugu no guhembera ingengabitekerezo ya jenoside.

Yagize ati “Ndasaba imitwe ya politiki n’abayoboke bayo guhora iteka birinda icyadusubiza inyuma, tukirinda amacakubiri ayo ari yo yose, tukarwanya uwo ari we wese watekereza kugarura politiki isenya, tukirinda kandi tukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, tukarwanya uwo ari we wese washaka gusenya ibyo u Rwanda rugezeho rubikesha imiyoborere myiza.

Urwibutso rwa Rebero rushyinguyemo abazize Jenoside barenga ibihumbi 14 biciwe mu bice bitandukanye bya Nyamirambo, Gitega, CHUK, Cyahafi n’ahandi. Rushyinguyemo abanyapolitiki 12 aribo; Joseph Kavaruganda, Landouard Ndasingwa, Kabageni Venantie, Charles Kayiranga.

Hashinguye kandi Jean de la Croix Rutaremara, Augustin Rwayitare, Aloys Niyoyita, André Kameya, Frederic Nzamurambaho, Felicien Ngango, Faustin Rucogoza na Jean Baptiste Mushimiyimana.

Abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu bitabiriye umuhango usoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Hibutswe abanyapolitiki bishwe bazira ko banze ivangura, bitandukanya n’umugambi wo gutsemba Abatutsi, baharanira ubumwe bw’Abanyarwanda

Imiryango y’abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yabunamiye, inashyira indabo ku mva bashyinguyemo

Urwibutso rwa Rebero rushyinguyemo abazize Jenoside barenga ibihumbi 14 n’abanyapolitiki 12

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène (iburyo) yifatanyije n’abandi bayobozi kunamira abazize Jenoside

Senateri Makuza yunamiye inzirakarengane zishyinguye ku Rwibutso rwa Rebero

Perezida wa Sena, Makuza Bernard, yavuze ko iyo abanyapolitiki barwanya ivangura baba benshi Jenoside yakorewe Abatutsi itari kubaho

Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, John Mwangemi yitabiriye umuhango wo Kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ari kumwe na Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Uwacu Julienne (ibumoso); Perezida wa Sena, Makuza Bernard; Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène na Perezida wa Ibuka mu Rwanda, Prof Dusingizemungu Jean Pierre

2018-04-13
Editorial

IZINDI NKURU

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Editorial 30 Nov 2019
Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Ku Mbibi Z’igihugu Nk’ingabo Z’igihugu Dushinzwe Umutekano Ni Mwiza 100% – Col. Pascal Muhizi

Editorial 29 Jul 2018
Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Ikibazo cya kongo ntikizarangizwa n’intambara nk’uko Tanzaniya n’abandi babyibwira

Editorial 13 Feb 2024
Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Editorial 22 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo
POLITIKI

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Editorial 06 Dec 2016
Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Interahamwe zaba zarinjijwe mu mutwe kabuhariwe ushinzwe kurinda Perezida Nkurunziza

Editorial 03 Jan 2018
Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?
INKURU NYAMUKURU

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Editorial 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru