• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2018 POLITIKI

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 2018, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) cyatangaje ku ncuro ya Gatanu ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bizwi mu rurimi rw’Icyongereza nka “Rwanda Governance Scorecard”.

Ubuyobozi bwa RGB butangaza ko iki cyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda gikorwa hagamijwe kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu gihugu mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba mu gushyiraho politiki mu nzego zitandukanye z’igihugu.

Itangaza ko ubu bushakashatsi bushingiye ku Nkingi umunani; arizo: Ubuyobozi bushingiye ku mategeko, Ubwisanzure mu bya politike n’uburenganzira bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza,  Umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, Kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, Ireme ry’imitangire ya serivisi ndetse n’ Iterambere ry’ubukungu.

Ibyavuye mu bushakashatsi byagaragaje ko Inkingi y’umutekano yagize amanota 94.97%, yazamutseho +2.35% kuko mu bushakashatsi bwabanjirije ubu yari ku manota 92.62%.

Inkingi ijyanye no Kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo yagize amanota 83.72%, yasubiye inyuma ho amanota -2.84% kuko ubushize yari ku manota 86.56%.

Inkingi ijyanye n’ Ubwisanzure mu bya politike n’uburenganzira bw’abaturage yagize amanota 83.83%. Yazamutseho amanota +2 kuko ubushize yagize amanota 81.83%.

Inkingi ijyanye n’ Ubuyobozi bushingiye ku mategeko yagize amanota 83.68. Yazamutseho amanota +4 kuko ubushize yagize amanota 79.68%.

Inkingi ijyanye n’ Iterambere ry’ubukungu yagize amanota 78.04. Yazamutseho amanota +1.22 kuko ubushize yagize amanota 76.82%.

Inkingi ijyanye n’ imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza yagize amanota 76.79. Yasubiye inyuma ho amanota -0.22. kuko ubushize yagize amanota 76.48%.

Inkingi ijyanye no kuzamura imibereho myiza y’abaturage yagize amanota 75.55%. Yazamutse ho amanota +0.67%. kuko ubushize yagize amanota 74.88%.

Inkingi ijyanye n’Ireme ry’imitangire ya serivisi yagize amanota 74.25%. Yazamutseho amanota +1.32%. kuko ubushize yagize amanota 72.93%.

Inkingi y’Umutekano n’umudendezo rusange yagize amanota 94.97 % bituma ikomeza kuza ku isonga nk’uko byari mu bushakashatsi bwabanje.

Inkingi y’ireme ry’imitangire ya serivisi yazamutseho gato iva kuri 72.93% yariho muri 2016 igera 74.25%. Icyakoze yakomeje kuza ku mwanya wa nyuma.

Inkingi esheshatu zazamutse mu manota naho ebyiri zisubira inyuma mu manota. Mu nkingi umunani zapimwe, enye zingana na 50% zagize amanota ahera kuri 80% kuzamura, enye zisigaye zingana na 50% zagize amanota ari hagati ya 74% na 78%.

Inkingi y’Ubuyobozi bushingiye ku mategeko (Rule of Law) niyo yazamutseho amanota menshi kuko yazamutse ku gipimo cya 4%.

Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo kumurika iki cyegeranyo cy’ibipimo by’Imiyoborere mu Rwanda

 

2018-10-03
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Editorial 14 Jan 2019
Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Zambia mu nzira yo kohereza mu Rwanda abasize bakoze jenoside bagahungirayo

Editorial 02 Jul 2017
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Editorial 22 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi
Amakuru

APR FC yagaruye Jamel Eddine Neffati ukomoka muri Tunisia, uyu aje gukorana na Ben Moussa wasigaranye ikipe nyuma yo kugenda kwa Adil Erradi

Editorial 06 Jan 2023
Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye  kwakira Perezida Kagame
UBUKUNGU

Bruxelles: Imbaga y’Abanyarwanda yitabiriye kwakira Perezida Kagame

Editorial 01 Jun 2018
Miss Jojo warongowe na Minani Salim bibarutse umukobwa
SHOWBIZ

Miss Jojo warongowe na Minani Salim bibarutse umukobwa

Editorial 07 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru