• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

Editorial 26 Oct 2023 Amakuru, IMIKINO, INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’inkuru zitandukanye zimaze iminsi zivugwa kuma radios no mbuga nkoranyambaga zivugwa cyane n’abanyamakuru bo mu gice  cya siporo bagaragaza ko Abana bitwa IRANZI CEDRIC na MUBERWA JOSHUA ko barenganyijwe ntibatoranywe kandi bafite imyaka ibemerera kujya mu bagomba kujya gutorezwa mu ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Bayern Munich.

Urwego rw’Ubugenzacyaha rukimara kumenya aya makuru, rwatagije iperereza. Iperereza ryarakozwe rigaragaza ibi bikurikira:

A. Iperereza ryagaragaje ko bamwe mu bana babujijwe kujya kurutonde rwabagomba kujya gutorezwa mu ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Bayern Munich ari uko bari barengeje imyaka isabwa.

Urugero:

IRANZI CEDRIC irangamimerere igaragaza ko yavutse 2009 ariko yatanze ibyangobwa bigaragaza ko yavutse 2011.

MUBERWA JOSHUA irangamimerere igaragaza ko yavutse 2007  ariko yatanze ibyangobwa bigaragaza ko yavutse 2011.

B. Iperereza ryagaragaje ko umugabo witwa LEON NISUNZUMUREMYI Umutoza wa Cedric na Joshua afatanyije na KARORERO ARSTIDE Data Manager mu Murenge wa Kinyinya bafatanyije guhindura imyirondoro ya IRANZI CEDRIC na MUBERWA JOSHUA aho babahaye ibyangobwa ko bavutse 2011kugira ngo babashe kuzuza ibyasabwaga ngo bemererwe kujya  ku rutonde rwabazajya gutorezwa mu ishuri ryigisha umupira w’amaguru rya Bayern Munich.

C. Iperereza na none ryagaragaje ko kugirango  KARORERO ARSTIDE abashe guhindura irangamimerere ya Cedric na Joshua yahawe indonke y’ibihumbi 35,000 Frw.

D. Iperereza kandi  ryagaragaje kandi ko IRANZI CEDRIC atari imfubyi ku babyeyi bombi nkuko byatangajwe, ahubwo ko afite Se umubyara, witwa MUNYANSANGA BOSCO nawe ukurikiranyweho ubufatanyacyaha ku cyaha cyo gutanga indonke. Akaba akurikiranywe adafunze.

E. Ikindi iperereza ryagaragaje nuko  LEON NISUNZUMUREMYI Umutoza wa Cedric na Joshua ariwe wasabye Umunyamakuru DUKUZE Jado go akwirakwize iyo nkuru mu bitangazamakuru bitandukanye agaragaza ko FERWAFA YAKOREYE BARIYA ABANA UBUGOME. Ngo ibi bikaba byari bigamije gushyira igitutu kuri FERWAFA na Minisiteri ya SIPORO ngo kugirango bisubireho.

IBYAHA BAKURIKIRANYWEHO

1. KWAKIRA CYANGWA GUTANGA INDONKE gihanwa n’ingingo ya 4 y’itegeko N° 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa.

Igihano: Igifungo kiri hagati itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

2. GUHIMBA, GUHINDURA INYANDIKO CYANGWA GUKORESHA INYANDIKO MPIMBANO gihanwa n’ingingo ya 276 y ’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Igihano: Igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenga miliyoni eshanu (5.000.000FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Iyo guhimba byakozwe n’umukozi wa Leta mu murimo ashinzwe cyangwa n’undi ushinzwe umurimo w’igihugu, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni ebyiri (2.000.000FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

3. GUHINDURA AMAKURU YO MURI MUDASOBWA CYANGWA URUSOBE RWA MUDASOBWA UTABYEMEREWE gihanwa n’ingingo ya 18 y’ itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga.

Igihano: Igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

Umuvugizi w’urwego rw’igihugu rw’ubushinjacyaha, Dr Murangira B Thierry yasine asaba abantu kwirinda kwishora mu byaba bya ruswa.

Yagize ati” RIB irasaba abantu kwirinda kwishora mu byaha bya ruswa, iby’inyandiko mpimbano n’ibindi byose bagamije kubona ibyo batemerewe n’amategeko. Irasaba kandi Abanyamakuru bamwe kujya babanza gushishoza ndetse bakabanza gukora icukumbura  mbere yo gutangaza amakuru nkaya asiga icyasha ibigo bitandukanye, ubuyobozi ndetse  n’abantu ku giti cyabo.”

Aha yatanze urugero rwo muri iyi case ya ya IRANZI CEDRIC na MUBERWA JOSHUA umutwe w’inkuru yashyizwe kuri youtube channel ya AYANONE igira iti “N’UYUMVA URARIRA: UBUGOME BUKORWA NA FERWAFA, BUKORERWA ABANA |MURUKIKO BYOSE BARABIVUZE NI AGAHINDA”. Mbere yo gutangaza ibi bakagombye kuba barabanje gukora icukumbura bakabaza inzego bireba. Ahubwo usanga batwawe n’amarangamutima ko hari uwarenganyijwe birengagije  ko inyuma hari ibyaha byakozwe.

Indi nama RIB igira abo bireba nuko abaturage bamaze kumenya imbaraga z’itangazamakuru, haba za radio na television n’izindi mbugankoranyambaga, bityo abakoresha ubwo buryo bwo gutangaza amakuru bajye babanza bashishoze  birinde kugwa mu mutego w’abashaka gukoresha za mbaraga ngo bumvikanishe ko barenganye kandi binyuranye n’ukuri kw’ibyabaye.

RIB irihanangiriza abantu bumva ko bakora amanyanga muri sport zitandukanye. Bari bakwiriye kubona ko ibintu byahindutse bakabivamo bakareka sport ikaba sport abantu bakaryoherwa nayo, bakareka kuyikoreramo ibyaha bitandukanye.

Ngirango abantu bari bakwiye gusobanukirwa ko guhindurira umukinnyi imyaka kugira ngo yuzuze ibisabwa ajye mu ikipe runaka ari icyaha gihanwa n’amategeko, kandi icyo cyaha akenshi usanga giherekejwe n’ibindi.

Sport nk’izindi sector zose, RIB ntizadohoka kugumya guhangayo ijisho irwanya ibyaha bishobora gukorerwamo. Irasaba kandi abantu kujya batanga amakuru igihe cyose babonye ibikorwa bidahwitse cyangwa se bigize ibyaha.

Iperereza kandi rirakomeje, kugira hacukumburwe niba hari abandi bantu babigizemo uruhare cyangwa bakoze ibyaha nk’ibi.

Kuri ubu , LEON NISUNZUMUREMYI Umutoza wa Cedric na Joshua afatanyije na KARORERO ARSTIDE Data Manager mu Murenge wa Kinyinya, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimironko.

2023-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Editorial 18 Nov 2023
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Editorial 14 Jul 2023
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Editorial 18 Nov 2023
Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Urupfu rw’agashinyaguro rwa Chérubin Okende, umudepite akaba yarabaye na Minisitiri wo gutwara ibintu n’abantu rwagaragaje isura y’ukuri ya Tshisekedi

Editorial 14 Jul 2023
Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Tumenye umuhanurabinyoma UWIZEYIMANA Shadrack, umutekamutwe wakiranywe yombi mu mutwe w’iterabwoba, RNC

Editorial 09 Feb 2021
Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Leta ya Kongo yohereje mu Rwanda abayobozi bakuru ba FLN baherutse gufatirwa mu bikorwa bya gisirikari bya FARDC harimo na Col Irombe

Editorial 09 Jan 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru