• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Rooney yujuje imikino 120 mu ikipe y’u Bwongereza asezera mu marira menshi

Editorial 17 Nov 2018 IMIKINO

Wayne Mark Rooney w’imyaka 33 yaraye akinnye umukino wa 120 mu Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, ari na wo wa washyize akadomo ku mikino yose yayikiniye, ahita asezera ku bafana n’amarira menshi.

Mu maso y’abantu ibihumbi 68,155 bari muri Wembley Stadium, u Bwongereza bwatsinze Leta zunze Ubumwe za Amerika ibitego 3-0.

Rooney ufatwa nk’intwari y’umupira w’amaguru w’Abongereza muri stade yari yaherekejwe n’umuryango we; ‎Coleen McLoughlin Rooney n’abana babo bane. Gusa yinjiye mu kibuga ku munota wa 58 asimbuye Jesse Lingard.

Ubusanzwe mu muco w’ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, abakinnyi 11 babanje mu kibuga nibo bambara nimero kuva kuri rimwe kugera kuri 11. Ariko mu rwego rwo guha Rooney icyubahiro yahawe kwambara nimero 10 nubwo yabanje ku ntebe y’abasimbura.

Uyu mukino warangiye u Bwongereza butsinze USA ibitego 3-0 bya; myugariro wa Liverpool FC Trent Alexander-Arnold, Callum Wilson na rutahizamu wa Manchester United, Jesse Lingard.

Nyuma y’umukino Rooney yafashe umwanya ashimira abatoza, abakinnyi, abafana n’abayobozi b’umupira w’amaguru mu Bwongereza bamubaye hafi mu myaka 10 yari amaze akinira ikipe y’igihugu.

Ati “Ntabwo nari nzi ko aya mateka yose nayandika mu gitabo cy’ubuzima bwanjye. Ntabwo imbaraga zanjye zari kubingezaho. Niyo mpamvu nshimira buri umwe wamfashije by’umwihariko amagana y’abakinnyi twambaranye imyenda y’iki gihugu mu myaka 10 ishize”.

“Icyo nishimiye ni uko ikipe isigaye mu maboko y’abagabo biteguye kugera kubyo twananiwe mu bihe byacu. Ndashimira abafana bakomeje kunsunika aho nabaga nacitse intege.”

Uyu rutahizamu ufite agahigo ko gutsinda ibitego byinshi kurusha abandi mu ikipe y’igihugu bingana na 53, yemeje ko abona rutahizamu wa Tottenham, Harry Kane nk’umusimbura we mwiza kuko ku myaka 25 gusa amaze gutsindira u Bwongereza ibitego 19 kandi ngo bizakomeza kwiyongera.

Rooney usezeye yujuje imikino 120, yakinnye umukino wa mbere mu ikipe y’igihugu kuwa 17 Gashyantare 2003, ubwo batsindaga Australia mu mukino wa gicuti watumye aba umukinnyi ukiri muto cyane wakiniye iki gihugu ku myaka 17 n’iminsi 111 gusa.

Mbere y’umukino Rooney yakorewe yahawe icyubahiro

Mu mukino wo gusoza ubuzima bwe mu ikipe y’igihugu batsinze Leta zunze ubumwe za Amerika ibitego 3-0

Nubwo yinjiye mu kibuga asimbuye yakinnye yambaye nimero 10 mu rwego rwo kumuha icyubahiro kuko ntibisanzwe mu muco w’umupira w’amaguru w’Abongereza, aha yasohokaga mu kibuga arira

Harry Kane yahawe inshingano

Rooney abona Kane nk’umusimbura we mwiza mu ikipe y’igihugu

Rooney yinjiye mu kibuga asimbuye Lingard ahita ahabwa igitambaro cya kapiteni

Umugore we Coleen n’abana babo nabo bari bahari

Mu bihumbi byaje guha icyubahiro Rooney harimo n’igihangange mu gusiganwa ku maguru Usain Bolt

2018-11-17
Editorial

IZINDI NKURU

Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Itangazamakuru ry’imikino mu Rwanda ritagira rutangira amaherezo rizaturoha aho tutazikura!

Editorial 03 Aug 2021
Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Tour du Rwanda 2020: Tesfatsion yegukanye agace ka Rusizi-Rubavu, anafata umwambaro w’umuhondo

Editorial 27 Feb 2020
Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Manchester united yongereye amasezerano y’umwaka umwe rutahizamu Edinson Cavani.

Editorial 11 May 2021
Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Rayon sports itsinze Rutsiro 2-0, ihita ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona

Editorial 25 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro
INKURU NYAMUKURU

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Editorial 31 Jan 2020
Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994
Mu Mahanga

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Editorial 15 Dec 2016
Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO
HIRYA NO HINO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Editorial 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru