• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

RRA yatangije umushinga uzongerera ubushobozi EBM y’ikoranabuhanga izasimbuza imashini zisanzwe

Editorial 10 Mar 2019 IKORANABUHANGA

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije umushinga wo kongerera ubushobozi uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bukoreshwa n’abacuruzi mu gutanga inyemezabwishyu (EBM2.0), uzatwara miliyoni 8,65$.

Uyu mushinga wafunguwe kuri uyu wa 7 Werurwe, watewe inkunga ya miliyoni 6$ n’Umuryango mpuzamahanga w’Abanya-Koreya y’Epfo(KOICA), RRA iwutangaho miliyoni 2,65$ yose azifashishwa mu guhugura abakozi, kuwutegura, kuwumenyekashisha, kugura ibikoresho n’ibindi.

Umuyobozi wa KOICA mu Rwanda, Lee Byung Hwa, yavuze ko uyu mushinga uzakuraho imbogamizi zitandukanye abasora bagiraga, ukongera ingano y’umusoro kandi mu mucyo.

Ati “Mu bufatanye bwacu na RRA, turi gufasha guverinoma y’u Rwanda gukora iki gikorwa gikomeye cyo gushyiraho uburyo bworoshye kandi buhendutse no kongerera ubushobozi abashinzwe iby’imisoro.”

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu kuko ‘Ari porogaramu (Software) dushyira muri mudasobwa n’ibindi bikoresho bishobora kuyakira birimo na Telefone’.

Ati “Ku buryo(Porogaramu) ariyo ushyira muri icyo gikoresho ukaba ariyo ukoresha mu gutanga inyemezabwishyu. Icyiza cyo ni uko hagize ikibazo kigaragara utirirwa uza ku kigo cy’imisoro n’amahoro ngo tuguhe ubufasha.”

Yasobanuye ko icyo umuntu azajya akora agize ikibazo ari uguhamagara muri RRA abakozi baho bakayireba bifashishije ikoranabuhanga, bakamufasha atiriwe ajyayo kandi ku buntu.

Ikindi abacuruzi bazunguka ni uko porogaramu ya EBM 2.0 bazajya bayihabwa ku buntu ku bafite ibikoresho bizakira mu gihe utumashini twa EBM batuguraga.

Uretse uburyo bwo gutanga iyi porogaramu, RRA izanashyiraho uburyo umuntu yuzuriza ibisabwa kuri internet agahita ahabwa inyemezabwishyu.

Mbera ati “Ikigiye gukorwa ni ukuyitegura ku buryo uhereye muri Mutarama 2020 tuzaba dufite uburyo bwa mbere tuzaba twatangiye gukoresha.”

Yakomeje avuga ko RRA irajwe ishinga no gushaka icyafasha abasora kuzuza inshingano zabo, baba hari icyo badasobanukiwe bakayegera kandi bakarushaho kwifashisha no kujyana n’ikoranabuhanga.

Mu Rwanda habarubwa abasora umusoro nyongeragaciro banditse basaga ibihumbi 26 barimo 19 800 bakoresha EBM.

Bamwe mu bayobozi ba KOICA izatera inkunga uyu mushinga

Umuhuzabikorwa wa EBM, Mbera Emmy, yavuze ko EBM 2.0 itandukanye n’utumashini dusanzwe twifashishwa mu gutanga inyemezabwishyu

Uyu mushinga washyizwe mu bikorwa ku nkunga ya RRA na KOICA
Inkuru ya IGIHE

2019-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Alibaba igiye guhugura ba rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bafite imishinga itanga icyizere

Editorial 05 Jan 2019
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024
Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Samsung yashyize ku isoko telefoni nshya ya Galaxy Z Flip ishobora gukunjwa

Editorial 12 Feb 2020
Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Amerika iri kureba igitsure Facebook ishaka gufatanyiriza hamwe Instagram na WhatsApp

Editorial 17 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Editorial 30 Sep 2016
Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo
HIRYA NO HINO

Dore ibintu 10 bizakubwira ko umukunzi wawe agukunda urw’agahararo

Editorial 27 Jun 2017
Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana:  Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku irigiswa rya Ben Rutabana: Urukiko Rukuru rwa Kampala rwahishuye ko ari mu maboko ya CMI, rusaba ko aburanishwa

Editorial 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru