• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Editorial 15 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda

Mu rwego rwo kubagezaho amakuru y’Abaturage kuri iki cyumweru dusoje umunyamakuru wacu yanyarukiye mu Ntara y’Uburengerazuba gutohoza ikibazo cy’akarengane giterwa ni mitungo  igiye gutezwa cyamunara y’ ibagiro rya kijyambere rya Kopertive KOADU[ Dukunde Umurimo], riherereye mu Kagari Rutagara, Umudugudu wa Rukoko, Akarere ka Rubavu. Kugirango harangizwe urubanza yatsinzwemo na rwiyemezamirimo, kampani King Constuction and service company limited.

Ibagiro rya kijyambere rya Kopertive KOADU[ Dukunde Umurimo] rigiye gutezwa cyamunara

Iri bagiro ryuzuye ritwaye amafaranga miliyoni zisaga 372 Frw ubuyobozi buza kugirana amasezerano na rwiyemezamirimo y’imirimo y’inyongera yabyaye  Miliyoni zisaga  450 biteza imanza zigiye kurangira ibagiro rigurishijwe.

Ikibazo uko giteye

Imvo n’imvano yo kudashaka kwishyura kampani King Constuction and service company limited  n’ amasezerano yagiranye na Koperative KOADU, yo kububakira ibagiro rya kijyambere, agizwe n’ibyiciro 2, ayo kurangiza imirimo y’ubwubatsi harimo urugo [cloture] n’indi mirimo yo gusoza inyubako [travaux de finissage].

Mu itohoza twasanze kampani King Constuction and service company limited yarubahirije ayo masezerano, yararyubatse rimaze kurangira, haza andi masezerano ya 3 akubiyemo imirimo y’inyongera, yose akaba miliyoni 435 536 327 fws, ayo masezerano akubiyemo imirimo y’icyiciro cya 1, 2, n’imiro y’inyongera (venant).

Amasezerano ya mbere angana n’igiciro cya miliyoni 187, 783 870 frws, aya kabiri ni miliyoni 125 458 115 frws, ayo masezerano ya mbere n’aya kabiri  iyo uyateranyije n’imirimo y’inyongera agera miliyoni 435 536 327 fws aturuka ku mirimo bagiye bategekwa na RAB, ahari hagenewe amakaro, RAB itegeka kubakisha terazo, ibyobo n’ubwiherereo butari buteganyijwe n’indi mirimo yagiye yiyongeramo itandukanye.

Ni yo yabyaye miliyoni twavuze haruguru, babyemeranyijwemo na expert Koperative KOADU wabo bari bizaniye, kuko hari amabwiriza avuga ko bakora imiro hakazakorwa evaluation nyuma.

Hakimara gukorwa evalutation na expert wa KOADU ni bwo bemeranyijwe miliyoni 433 375 488 fws, hakavamo miliyoni 182 876 000 bari barishyuwe, hagasigara miliyoni 250 499 488. Ni ho bahise bakora amasezerano global ya miliyoni 400 arenga, banemeranywa ko bagiye kugana banki kugira ngo bishyure, nyamara amaso yaje guhera mu kirere.

Faustin Mbanjimbere (wambaye ishati yera) wari uyoboye Komite yacyuye igihe ntako atagize ngo iki kibazo gikemuke.

Bigaragara ko hategerejwe igihe kirekire mu gihe cy’amezi 8 ubwo byari muri 2015, kugeza ubwo imitungo ya rwiyemezamirimo yari yaragwatirijwe muri banki kugirango abone amafaranga ifatirwa, arinako  banki igenda ibara inyungu. Ndetse ihitamo kugurisha imwe mu mitungo ye ariko biranga birananirana.

Ikibazo cyaje mu kwishyura

Ubwishyu hagati ya Koperative KOADU na King Constuction and service company limited bumaze kubura  hitabajwe inkiko, dore ko hari hashize amezi 8, cyane ko  inyunyu za banki zari zimaze kuba umurengera, urubanza  rwatangiriye mu rukiko rw’ubucuruzi rwa Musanze, rutegeka ko Koperative KOADU igomba kwishyura miliyoni 249 499 488 frws, mu gihe bo baje mu rukiko bahakana umwenda bavuga ko ayo bemera ari miliyoni 55 ziva muri ya masezerano ya mbere naya kabiri  ukuyemo miliyoni 182 zishyuwe, urukiko rubacira indishyi za miliyoni 9 730 480 frws, rucibwa hari mu mwaka w’2015.

Koperative KOADU yahise ijurira urukiko rwisumbuye rw’ubucuruzi,  rwa Nyamirambo  mu mujyi wa Kigali, urukiko rusuzumye rusanga nta shingiro rufite, rubategeka kwishyura hongeye miliyoni 3 z’inyungu mbonezamusaruro n’inyungu za banki.

Mu gihe bajuriye urukiko rubategeka ko harangizwa urubanza kuri miliyoni 55 bo bemera ubwabo, icyo cyemezo ntibacyishimiye bagana urukiko rw’ikirenga, bajuririra icyemezo cyo kurangiza urubanza by’agateganyo, n’icyo kutemera ideni ryose.

Urukiko rw’ikirenga rwasuzumye ikirego cyihuse cyo kurangiza urubanza by’agateganyo, rufata umwanzuro ko hagomba kurangizwa urubanza by’agateganyo kandi ko ikirego cya Koperative KOADU nta shingiro gifite.

Rutegeka ko urundi rubanza ruzasumwa mu mizi, rwa miliyoni 249 arenga, urubanza by’agateganyo ni miliyoni 55 bemera.

Haje kurangirisha urubanza, hashakwa umuhesha w’inkiko [ execution] icyo gihe bagiye kurangirisha urubanza haje komite ya koperative isaba imishyikirano,  ndetse yohereje abayobozi babo,  muri iyo mishyikirano bumvikanye ko hahagarikwa cyamunara n’imanza bari bafitanye na rwiyemezamirimo zose Koperative KOADU yemera ideni ryose rya miliyoni 260.554968 fws

Ingingo ya 6, ivuga ko hemeranijwe ko abanyamategeko nibatumvikana kuri aya masezerano azata agaciro cyamunara igakorwa nkuko bisanzwe kuwa 2 kamena 2018.

Akarengane gakorerwa ba rwiyemezamirimo

Rushyashya yegereye abagize King Constuction and service company limited ivuga ko ikibabaje nyuma yaho bishe amasezerano ahubwo hakaza kuba inama, yarimo inzego za Leta, nabwo bitubahirijwe bati : “natwe tubonye amasezerano batayubahirije tugana urukiko rw’ikirenga”.

Bimaze kugaragara ko bishe amasezerano bakomeje mu rukiko rw’ubujurire, rwasanze ikirego cya  Koperative KOADU  nta shingiro gifite, rubatega kwishyura ideni rya 260.554968 n’inyungu mbonezamusaruro za miliyoni 3 buri kwezi, n’inyungu za banki, nkuko urukiko rwisumbuye rwa Nyamirambo rwari rwabitegetse.

Theogene Nzabandora kimwe na mugenzi we Hakizimana Hassan, bagira bati: “ Dukomeje gukorerwa iterabwoba aho kugira ngo twishyurwe, urugero ni igihe umukuru w’igihugu yagiye gusura abaturage mu karere ka Rubavu, twarafashwe turafungwa, aho njyewe Hakizimana Hassan nakuwe mu musigiti saa mbiri zijoro nkajyanwa kuri station ya polisi ya Kanama.

Muri iryo joro nibwo hafashwe mugenzi we nzabandora theogene, bamukuye mu rugo rwe saa tatu n’igice zijoro na we ajya gufungirwa kuri station ya polisi ya Kanama, barara muri gereza bajya kurekurwa mu gitondo saa ine nkuko babivuga.

Kuva ubwo kugeza ubu, bakaba bavuga ko nta mutekano bafite, ndetse ko baboneyeho kwishinganisha, cyane ko bizeye inzego z’umutekano.

Bati: “Tukaba dusaba ko inzego zishinzwe iki kibazo zadufasha gushyira mu bikorwa ibyemezo by’inkiko, kugira ngo tubone ubwishyu bwa banki”.

Umuyobozi wa Koperative KOADU (Koperative Dukunde Umurimo) Musabyimana Nyarubisi Bertin, icuruza inyama, yabwiye Igihe ko hari akarengane bagiriwe na komite nyobozi zababanjirije.

Ati “Ibagiro ryarangiye kubakwa muri 2014 bararitumurikira, muri 2015 nibwo ubuyobozi bwariho bwagiranye amasezerano na rwiyemezamirimo y’imirimo y’inyongera ya miliyoni 450 kandi ibagiro ryaruzuye bakoresha uburiganya basinyira abanyamuryango ko bemeye kwishyura. Turasaba ko inzego zibishinzwe zaturenganura”.

Umuyobozi Mukuru wa RCA, Prof Harerimana Jean Bosco, avuga ntako batagize kugira ngo iki kibazo gikemuka agasaba inzego zibishinzwe kurenganura abanyamuryango.

Maurice MUNYENTWALI, umunyamategeko

Maurice MUNYENTWALI umunyamategeko yabwiye Rushyashya ko icyemezo cy’Urukiko gikurwaho n’urundi rukiko gusa ko ntamuntu numwe yitwaje ubuyobozi ubwo aribwo bwose yaba ahagarariye, utambamira icyemezo cy’urukiko cyateweho kashe mpuruza. Kandi ko niba Koperative KOADU (Koperative Dukunde Umurimo) ibuze ubwishyu mu mitungo yayo hagomba gufatirwa imitungo y’abanyamuryango ikavanwamo ubwishyu.

2019-07-15
Editorial

IZINDI NKURU

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Editorial 05 Apr 2020
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 17 Sep 2017
Burundi: Batatu  bamaze gutabwa  muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Burundi: Batatu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Editorial 19 Jul 2017
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Editorial 24 Apr 2018
Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Editorial 05 Apr 2020
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 17 Sep 2017
Burundi: Batatu  bamaze gutabwa  muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Burundi: Batatu bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba byahitanye abantu 5 mu Kayanza

Editorial 19 Jul 2017
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Editorial 24 Apr 2018
Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Editorial 05 Apr 2020
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Editorial 17 Sep 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru