• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Editorial 06 Sep 2016 Mu Mahanga

Uwimana Jeannette ukomoka mu karere ka Rutsiro ari mu gahinda gakomeye nyuma yo gupfusha umwana mu kwezi yari amaze yangiwe gutaha ari mu Bitaro bya Gisenyi kubera kubura ubwishyu bw’ubwisungane mu kwivuza.

Uyu mubyeyi w’imyaka 20 y’amavuko yabwiye Imvaho Nshya ko amaze ukwezi mu cyumba cy’ababyyi (maternité), akaba ari na ho umwana yaguye bakiri kuko yimwe uburenganzira bwo kujya kumuvuza mu bavuzi ba gakondo atararangiza kwishyura amafaranga ya mituweli.

Uwimana wifishije umwana avuga ko mu bitaro ntawe yari afite umwitayeho usibye kugaburirwa n’abarwajije abandi ndets eanemeza ko atari we wa mbere wafungiwe kubura ubwishyu.

Uwishema Damarca ni umwe mu babyeyi bari muri maternité bahamya ko bazi iby’uyu mubyeyi bigaragara ko akiri muto.

Ati “Yatubwiye ko abaganga banze ko ajyana umwana kumuvuza mu bya kinyarwanda aho umwana we yavukanye uburwayi bwo kwika mu mutwe, bamwima umwana none kuri uyu munsi yamupfiriyeho bamwima uburenganzira bwo kujyana umurambo ngo awushingure mu cyubahiro.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi Dr Maj. Kanyankore William ntiyemeranya n’abavuga ko umurwayi yapfushije umwana nyuma yo kwangirwa gusohoka ngo amujyane kumuvuriza hanze.

Aragira ati “Yaje umwana yamurembeyeho ntabwo yarapfuye kuko twamufungiye mu bitaro; uwo mukobwa ni umwe mu baterwa inda zitateganyijwe, iwacu nta hantu dufungira bantu. Ikindi tugiye ikorana n’ubuyobozi bw’aho yaturutse turebe ko umwana yashyingurwa.”

Yakomeje asobanura ko abantu nk’aba badafite ubwishyu basanzwe bishyurirwa n’Akarere ndetse akaba ari yo mpamvu bitari gukunda ko umubyeyi afungiranwa mu bitaro.

-3971.jpg

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi yatangaje ko bagiye gukorana n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro umwana agashyingurwa

Abarwaza n’abarwariye muri ibi bitaro bo bavuga ko hari n’abandi bagera kuri batanu bangiwe gutaha kubera kubura ubwishyu.

Source : Imvaho nshya

2016-09-06
Editorial

IZINDI NKURU

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Editorial 03 Aug 2025
RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Editorial 17 Nov 2018
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yasabye sosiyeti zigenga zishinzwe gucunga umutekano gukora kinyamwuga

Editorial 03 Jan 2016
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage
POLITIKI

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Editorial 17 Jul 2017
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye
INKURU NYAMUKURU

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Editorial 11 Apr 2018
Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Editorial 28 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru