• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Rugg Timothy yegukanye agace ka Musanze-Karongi, Mugisha agumana umwenda w’umuhondo

Editorial 08 Aug 2018 IMIKINO

Umunyamerika Rugg Thimothy ukinira Ikipe ya Team Embrace yo mu Budage yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda kavaga Musanze kerecyeza Karongi ku ntera y’ibilometero 135.8 kakinwe ku wa 8 Kanama 2018, Mugisha Samuel aguma ku isonga.

Rugg yavuye kare mu gikundi cy’abakinnyi 70 batangiye isiganwa azamuka imisozi aminuka amataba, ashyiramo ikinyuranyo cyatumye agera mu Mujyi wa Karongi imbere ya Banki y’Ubucuruzi ya Cogebanque ari imbere.

Uyu mukinnyi w’imyaka 32 yakurikiwe na Hakiruwizeye Samuel; Munyaneza Didier; Lozano Riba David na Uwizeye Jean Claude

Ku nshuro ya mbere abatuye mu Karere ka Rutsiro barebye isiganwa rya Tour du Rwanda mu gace karyo ka kane gahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi mu muhanda mushya urimo amakorosi adasanzwe, unyura impande z’Ishyamba kimeza rya Gishwati n’Ikiyaga cya Kivu.

Tour du Rwanda iryohera abayireba bose ndetse bagahora bifuza ko buri mwaka yagana iwabo aho batuye mu turere ariko mu rwego rwo kubigeza kuri benshi, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (Ferwacy) igenda isaranganya mu buryo butandukanye, rimwe na rimwe hagashyirwaho inzira nshya zisimbura izakoreshejwe mu bihe byashize.

Uyu mwaka Akarere ka Rutsiro kabonye amahirwe yo kwakira iri siganwa ku nshuro ya mbere rikaba rigomba kuhanyura kuri uyu wa Gatatu mu gace karyo ka kane gahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi, kareshya na kilometero 135,8.

Uyu muhanda mushya uri mu yo Leta y’u Rwanda ikomeje kubaka hirya no hino mu gihugu mu rwego rwo kunoza imigenderanire no kuzamura imibereho myiza y’abaturage ni umwe mu ishobora guha akazi gakomeye abitabiriye Tour du Rwanda uyu mwaka ahanini bitewe n’amakorosi agoranye arimo, ahamanuka n’ahazamuka cyane ndetse n’umuyaga uva mu Kivu. Kuri iyi nshuro nubwo Mugisha Samuel ataje mu myanya itanu ya mbere, yagumanye umwenda w’umuhondo yambaye ku wa Mbere ubwo yegukanaga agace ka kabiri ka Kigali-Huye.

Rugg Timothy ageze i Karongi ari we uwa mbere, muri aka gace ka Musanze-Karongi akaba yigirije nkana ku bandi bakinnyi kuko hari nk’aho bose yabahaye intera y’iminota 5:20’.

Uko abakinnyi bakurikiranye mu gace ka kane ka Tour du Rwanda 2018

1. Timothy Rugg 
2. Hakiruwizeye Samuel
3. Munyaneza Didier 
4. Lozano Riba
5. Uwizeye Jean Claude

2018-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Editorial 18 Jun 2021
Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Team Rwanda yitezweho kwegukana Tour du Senegal yakiriwe n’Abanyarwanda muri Sénégal

Editorial 20 Apr 2018
APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

APR FC na Rayon Sports zizacakirana ku munsi wa Gatanu wa shampiyona ya PNL – Uko tombola yose yagenze

Editorial 20 May 2021
Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5
INKURU NYAMUKURU

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2
Mu Rwanda

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Editorial 03 Nov 2017
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Editorial 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru