• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Rwamagana City yasimbuwe na AS Muhanga gukina imikino ya 1/2 cy’ikiciro cya kabiri 2021-2022 kubera gukinisha umukinnyi utabyemerewe

Ubwanditsi 14 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Nyuma yaho ikipe ya AS MUHANGA ireze kipe ya RWAMAGANA CITY FC ko yakinishije umukinnyi witwa MBANZA Joshua warufite amakarita atatu y’umuhondo atamwemerera gukina umukino ubanza wahuje ayo makipe yombi muri 1/4 cya shampiyona y’ikiciro cya Kabiri mu Bagabo tariki ya 04/06/2022.

Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13/06/2022 mu rwego rwo kwemeza ibyavuye muri uwo mukino (Homologation des resultats) nk’uko biteganywa n’ingingo ya 38 y’amabwiriza agenga amarushanwa ya FERWAFA ;

Komisiyo nyuma yo gusuzuma raporo z’abasifuzi ku mikino uwo mukinnyi yagiye akina yasanze uwo mukinnyi yarabonye amakarita mu mikino ikurikira :

1.Rwamagana City FC vs Amagaju FC tariki ya 30/10/2021: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 90+2 (iminota y’inyongera)

2.Sunrise FC vs Rwamagana City FC tariki ya 07/11/2021: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 50’

3.Nyagatare FC vs Rwamagana City FC tariki ya 22/05/2022: umukinnyi yabonye ikarita y’umuhondo ku munota wa 81’

Bityo Umukinnyi MBANZA Joshua wari wambaye nimero 9 akaba atari yemerewe gukina umukino ubanza wa ¼ wahuje Rwamagana City FC na AS Muhanga nk’uko biteganywa n’igika cya 2 cy’ingingo ya 79 y’amabwiriza agenga amarushanwa. Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa muri FERWAFA ishingiye ku ngingo ya 56 y’amabwiriza agenga amarushanwa iyiha ububasha bwo guterana igihe cyose hari ikirego kijyanye no gukinisha umukinnyi utabyemerewe mbere yo kwemeza ibyavuye mu mukino (homologation des resultats) yahanishije Ikipe ya RWAMAGANA CITY FC gusezererwa muri shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu Bagabo y’umwaka wa 2021-2022 nk’uko biteganywa n’ingingo ya 60 y’amabwiriza agenga amarushanwa.

Iki kemezo kikaba gihesha ikipe ya AS MUHANGA gukomeza mu mikino ya 1/2 ya shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu Bagabo iteganyijwe mu burya bukurikira:

Ku wa Kabiri tariki 14/06/2022:

– Sunrise FC vs Vision FC (Nyagatare Stadium, 14h00)
– AS Muhanga vs InterforceFC (Muhanga Stadium, 14h00)

Ku wa gatandatu tariki 18/06/2022:

– Vision FC vs Sunrise FC (Mumena Stadium, 14h00)
– Interforce FC vs AS Muhanga (Bugesera Stadium, 14h00)

2022-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023
Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Tour du Rwanda 2019: Alessandro Fedeli yatwaye agace ka mbere

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC
INKURU NYAMUKURU

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera
INKURU NYAMUKURU

Addis Ababa : Perezida Kagame yitabiriye Ihuriro Nyafurika ry’Abashoramari n’Abikorera

Ubwanditsi 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru