• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Rwanda Day Yasize Amasomo menshi mu Rwanda no Mu Mahanga

Editorial 05 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Perezida w’u Rwanda, Ndakubahwa Paul Kagame ati “Uko wava mu Rwanda kose ukajya aho ushaka, ntabwo u Rwanda rukuvamo, rugumana nawe.

Birashoboka ko iyo ugumanye na rwo mu buryo runaka, ari byiza kuri twese. Ni byiza ku Rwanda ni byiza kuri wowe ndetse birashoboka, bitwibutsa ubundi rimwe ntabwo yigeze kubabwira ugenda ukigira uko ushaka lose ariko kurenga umurongo Ari byo bibi cyane kandi ko ari ukwihemukira no kwihekura kuko bisoza bigukozeho kuko iyo ukubiswe ari wowe uboroga ariko niba kubeshyera igihugu no kumusebya bituma urya komereza abo

Muri Rwanda day yabereye I Washington DC, Umukuru w’Igihugu yagaragaje ko iyi ari yo mpamvu buri gihe iyo abonye umwanya, hategurwa ibi birori bya Rwanda Day, agaragaza ko byagiye bibera mu bice bitandukanye birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada u Burayi n’ahandi, ndetse ashimangira ko bizakomeza gutegurwa.

Perezida Kagame yeretse abitabiriye Rwanda Day 2024 ko nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, abenshi bari bitabiriye Rwanda Day, muri ibyo bihe bari bafite imyaka iri hafi cyangwa irengaho gato kuri 30, akagaragaza ko ibyo bibafasha kumva neza ko ejo hazaza h’u Rwanda n’Abanyarwanda hari mu biganza byabo.

Perezida Kagame kandi yahaye umukoro urubyiruko rw’u Rwanda, arwereka ko ari rwo igihugu cyishingikirijeho ndetse kirwizeramo ubushobozi, ndetse kikumva ko rwarezwe mu buryo buzagira umumaro kandi bugashyira u Rwanda aho rukwiriye kuba

Perezida Kagame yavuze ko “mu myaka 30 ishize, mu gihugu cyacu habaye ibyago ariko twarizeye. Twashakaga kubaho ubuzima bwacu nubwo abenshi babuze ubuzima bwabo. Ntabwo inkuba ikubita ahantu hamwe inshuro ebyiri. U Rwanda rwakubiswe nabi mu 1994, ntabwo bizasubira.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bagomba gukora bishoboka byose u Rwanda ntiruzongere guterwa ukundi ndetse agaragaza ko bishoboka ariko bigasaba kwitegura no kubaka ubwirinzi bukomye.

Yagarutse kuri ya nkuba yatanzeho urugero, agaragaza ko ishobora kurwanywa byimazeyo n’umurindankuba umwe ushyirwa ku nzu, mu gihe ya nkuba yaza ibintu bikagenda neza ntihagire ibyangirika.

Mu bindi byaranze Rwanda Day kuva yatangira, yabaye inzira nziza ihuza abashoramari, ba Rwiyemezamirimo, abacuruzi, abafite imishinga itaragera ku isoko n’abandi bantu b’ingeri zose bakagira umwanya wo kuganira n’umukuru w’igihugu akabereka aho kigeze, icyerekezo n’uruhare rwabo mu kugishyigikira mu iterambere.

Icyiciro cy’urubyiruko kandi gihabwa umwanya munini kuko aribo bahanzwe amaso mu gukomeza inzira yo kubaka iterambere rirambye ry’igihugu.

Nigarukire kuri Rwanda Day yabereye mu Mujyi wa Washington (USA) tariki ya 2-3 Gashyantare 2024, ubu ni yo ntero n’inyikirizo mu bikorwa bitandukanye bihuza Banyarwanda. Buri wese aba agira ati “ Watashye ubukwe bwabereye i Washington?”

Bamwe mu Banyarwanda bari barasabye ko Rwanda Day yagirwa iminsi ibiri aho kuba umwe, icyifuzo cyubahirijwe muri iyi Rwanda Day yabereye  i Washington DC.

2024-02-05
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Editorial 15 Feb 2018
Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse  yasabiwe kuburana afunzwe

Umunyamakuru Shyaka Kanuma wafashwe atorotse yasabiwe kuburana afunzwe

Editorial 11 Jan 2017
Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Editorial 10 Apr 2023
Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Perezida Kagame yagarutse ku barimo Thabo Mbeki banenze amavugurura ya AU

Editorial 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo
Amakuru

Huye: Urubyiruko rw’abakorerabushake mu kwicungira umutekano rwasabwe kuzirikana inshingano zarwo

Editorial 08 Feb 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo
Amakuru

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Editorial 10 Nov 2024
Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe
ITOHOZA

Polisi ya Malawi mu iperereza ku Munyarwanda wiciwe mu nkambi anizwe

Editorial 02 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru