• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Rweru ntabwo ari irimbi ry’u Rwanda – Minisitiri Sezibera

Rweru ntabwo ari irimbi ry’u Rwanda – Minisitiri Sezibera

Editorial 06 Mar 2019 Mu Rwanda

Nyuma y’uko ubuyobozi bw’u Burundi buheruka gutangaza ko mu kiyaga cya Rweru hagaragayemo imirambo bukavuga ko yaturutse mu Rwanda, rweruye ko muri Rweru nta rimbi ryarwo rihaba, ahubwo ababivuga ari bo bazi aho ituruka.

Ahagana mu mpera z’ukwezi gushize nibwo muri icyo kiyaga, ku ruhande rw’u Burundi mu ntara ya Kirundo muri komini Busoni, hagaragaye imirambo umunani, ubuyobozi buvuga ko yaturutse mu Rwanda ariko nta bimenyetso bwagaragaje.

Ni imvugo u Burundi bwakunze gukoresha kuva iyi mirambo yatangira kugaragara mu 2015 ubwo icyo gihugu cyinjiraga mu mvururu za politiki. Ibyo birego u Rwanda rwakomeje kubyamaganira kure.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Richard Sezibera yagiranye m’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, yashimangiye ko muri Rweru atari ho u Rwanda rushyingura abaturage barwo.

Yagize ati “Amarimbi y’u Rwanda arazwi rwose, aho dushyingura harazwi, amarimbi yacu ateganywa n’itegeko biri mu igazeti ya leta, ntabwo Rweru ari irimbi ry’u Rwanda, rwose. Nta mirambo y’abanyarwanda ijyayo. Kandi abo babivuga, iyo mirambo imwe iba iri mu biyaga, indi iri mu bishanga by’iwabo, indi iri mu mazu iwabo, aho hava iyo mirambo n’indi igomba kuba ari ho iva.”

Yashimangiye ko muri Rweru atari ho u Rwanda rushyingura kuko atari irimbi ryarwo “ndetse ntabwo hazigera haba irimbi ryarwo.”

Minisitiri Sezibera yanagarutse ku mubano n’u Burundi, avuga ko u Rwanda rwiteguye gukorana n’icyo gihugu igihe ibibazo gifite bizaba bikemutse.

Yakomeje ati “Ikibazo cy’u Burundi kiri mu maboko y’umuhuza w’Abarundi, Perezida Museveni wa Uganda, ni we ufatanya n’abayobozi muri EAC ngo ibyo bibazo bikemuke. Aho mu Burundi ibyo bibazo bizakemukira bakumva bagirana umubano n’u Rwanda, u Rwanda ruzakomeza gufungura amaboko yarwo.”

“Imipaka irafunguye, RwandAir ijya i Bujumbura, ngira ngo ni imwe mu bifasha ngo imibanire n’u Burundi ikomeze nubwo hari ikibazo.”

Muri icyo kiganiro kandi Minisitiri Sezibera yanagarutse ku mubano w’u Rwanda na Afurika y’Epfo, avuga ko abaturuka muri icyo gihugu baba abashoramari ndetse n’abadipolomate bahari ku mpande zombi.

Gusa yakomeje ati “Ariko ntabwo turakemura ikibazo cy’abanyarwanda bajya muri Afurika y’Epfo, bajyayo ariko kubona viza biragoranye, ibyo turacyabiganira.”

2019-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Editorial 07 Sep 2021
Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Itike y’ubukandida Perezida yari isenye Opozisiyo muri Kenya

Editorial 02 May 2017
Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Editorial 17 Aug 2018
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Nahimana  yagiye kwishinganisha Abazungu bamutera utwatsi
ITOHOZA

Padiri Nahimana yagiye kwishinganisha Abazungu bamutera utwatsi

Editorial 24 Jan 2017
Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe
HIRYA NO HINO

Winnie Madikizela wahoze ari umugore wa Nelson Mandela yashyinguwe

Editorial 15 Apr 2018
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa
Amakuru

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Administrator 15 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru