• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Editorial 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida Joseph Kabila wa Repubulika Iharanira Demakarasi ya Congo na Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo bagiranye ibiganiro. Jacob Zuma yashimye mugenzi we wa DRC ngo kubera politiki ye nziza anashima ikemezo cyafashwe n’igihugu ke cyo kudakoresha amatora mu Ukuboza umwaka ushize.

Perezida Zuma waganiriye na Kabila ku bibazo bivugwa muri DRC, yemeye ibisobanuro bye ku cyatumye amatora ataba igihe yari yateganyijwe.

Zuma kandi yashimye mugenzi we Kabila ko yagerageje gucururutsa umwuka mubi wazamuwe n’iki kemezo cyo kudakoresha amatora abinyujije mu masezerano yiswe “Saint Sylvestre” yahuje Leta ye n’abatavuga rumwe na yo.

Zuma ati “Ku bijyanye na Politiki, ubu DRC iratekanye n’umutekano umaze kumera neza.” Perezida Zuma kandi yijeje mugenzi we ko igihugu ke kizakomeza gutera inkunga DRC.

Umujyanama mukuru wa Kabila, Barnabé Kikaya-bin-Karubi yavuze ko mu nama Zuma yagiriye Kabila mu kiganiro bagiranye mu muhezo zari zigamije gukoresha amatora mu gihe cya vuba kugira ngo amahoro arusheho kuboneka.

Zuma wanyuzwe n’ibisobanuro yahawe na Kabila ku bibazo by’amikoro yatumye amatora ataba, yavuze ko yizeye ko amatora yaba mu minsi ya vuba igiye kuza.

Zuma na Kabila kandi bumvikanye ko Komisiyo yigenga y’amatora muri Afurika y’Epfo izafasha komisiyo y’amatora ya DRC mu bikorwa by’amatora nko mu bikorwa byo gukosora Lisiti y’itora.

Mu itangazo bahuriyeho, Kabila na Zuma bavuze ko banyuzwe n’ibyo baganiriye birimo umwanzuro wo kugirana ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe.

Bin-Karubi avuga ko Komisiyo y’Amatora imaze kwandika abantu bangana na miliyoni 29 bazitabira amatora mu gihe abagejeje igihe cyo gutora babarirwa muri miliyoni 45.

Ati “Muri Nyakanga nituzaba twakemuye ibibera muri Kasais, tuzaba tunakemuye ikibazo cyo kwiyandikisha kuri lisitiri y’itora.”

Gusa avuga ko n’ubwo muri Nyakanga baba barangije gukemura ibibazo byo kwandika abazitabira amatora, n’ubundi amatora adashobora kuba muri uyu mwaka.

Ati “Hari intambwe bigomba gucamo, intambwe ya mbere ni ugukosora lisiti y’itora, hari abantu bashobora kwiyandikisha inshuro ebyiri, hari abantu bashobora kwiyandikisha mu majyaruguru y’igihugu ariko bakaza kujya kuba I Kinshasa.”

-7117.jpg

Perezida Kabila na Perezida Zuma

2017-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

Editorial 02 Jul 2021
Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Abakozi ba UNHCR mu bihugu bitandukanye bashimye imikorere ya Isange One Stop Centre

Editorial 22 Sep 2017
‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

‘Ntibisaba kuba warize siyansi kugira ngo umenye akamaro kayo’ – Perezida Kagame

Editorial 03 Apr 2017
Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Editorial 18 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15
ITOHOZA

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Editorial 03 Mar 2017
IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima
Mu Mahanga

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Editorial 27 Sep 2016
Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri
ITOHOZA

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru