• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye   |   10 Jun 2025

  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Sendanyoye John wari Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe yashyinguwe

Editorial 28 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi w’ikinyamakuru Ubumwe, Sendanyoye John, yitabye Imana kuwa Gatanu, tariki ya 25 Kanama 2017. Imihango yo gusezera bwa nyuma kuri John Sendanyoye yabaye none kuwa Mbere, tariki ya 28 Kanama. Misa yo kumusezeraho yabereye kuri kiliziya y’aba Dominican ku Kacyiru, saa sita n’igice; saa munani nibwo yashyinguwe mu irimbi rya Nyamirambo.

Sendanyoye John, yitabye Imana bitunguranye, aguye mu bitaro bya CHUK ku gicamunsi cyo kuwa Gatanu, aho yari agiye kwivuriza, mugihe kuwa Kane yari i Remera ku nzuy’ishyirahamwe ry’abanyamakuru ARJ.

-7767.jpg

-7766.jpg

-7763.jpg


Sendanyoye yaherekejwe n’umuhunguwe Ishimwe Emmanuel

-7761.jpg

Sendanyoye yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru mu myaka yaza 1991-92 nyuma gato y’inkundura y’amashyaka menshi n’ivuka ry’ibinyamakuru byigenga mu Rwanda. Sendanyoye yatangiye ariwe ufite isoko ryose ry’ibinyamakuru byandika byarwanyaga ubutegetsi bwa Habyarimana aribyo Rwanda-Rushya ya Kameya Andre, Kanguka ya Lavi Rwabukwisi, Le Flambeau ya Rangira Adrian na ba Karinganire Charles, Kiberinka ya Shabakaka Vincent n’ibindi byari bifute umurongo wa Opozisiyo. Mumpera ya 1992 Sendanyoye yaje gushinga ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] n’ubwo kitari gifite imbaraga cyane.

Nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi Sendanyoye yabashije gukomeza umwuga we ndetse n’ Ikinyamakuru ke [ Ubumwe ] kirakura gishinga imizi nubwo, Ubumwe cyagize intege nke aho haziye imbaraga nyinshi z’ibinyamakuru byandikira kuri internet, icya Sendanyoye cyari kicyandika mu mpapuro kivugwa nka kimwe mu binyamakuru byakoranaga imbaraga mu bihe byashize.

Nyuma y’igihe kirekire icyo kinyamakuru kidasohoka, nimero yacyo iheruka yasohotse nyuma y’irahira rya Perezida Paul Kagame. Iyo nimero ni iya 446, yo kuwa 20 Kanama kugeza kuwa 30 Kanama 2017. yasaga nisezera umwuga we witangazamakuru kuri iy’Isi.

Umuyobozi w’ikinyamakuru Rushyashya, Burasa Jean Gualbert, uzi nyakwigendera kuva kera, yagize ati “John Sendanyoye yari umuntu umaze igihe kirekire mu itangazamakuru kuko namumenye hagati ya 1991- 1992 yatangiye ari we ugurisha Ibinyamakuru byose, byasohokaga byitwaga ko birwanya ubutegetsi [bwa Habyarimana].“

Burasa nawe yashimangiye ko nyuma yo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi, Sendanyoye yashyize imbaraga mu kinyamakuru cye “Ubumwe”, kirakora kibona amafaranga ariko aza gucibwa intege n’imbaraga z’ibinyamakuru, bisomerwa cyane kuri internet na Telefone, haza no gukubitiraho isoko rito n’ibinyamakuru byinshi ariko cyane cyane Sendanyoye yaciwe intege n’uburwayi yari amaranye igihe.

John Sendanyoye yavutse mu 1966 mu cyahoze ari Cyamngugu, asize umwana umwe, Ishimwe Emmanuel, urangije amashuri yisumbuye, aritegura kujya kwiga muri kaminuza, umugore we yitabye Imana mu 1998, n’ubwo batari bakibana.

Sendanyoye yitabye Imana, akurikira, Abanyamakuru benshi ba kera bari barasigaye nyuma ya Jenoside nka Gasasira Gaspard wakoze muri Kinyamateka, yapfuye akora muri CNLG, Mpayimana Elie wa [ L’ere de Liberte ] yapfuye ari Senateri, Muberantwari Theoneste wa Nyabarongo n’abandi…mugihe hari n’andi makuru avuga ko umunyamakuru Jado Sezirahiga wanditse igihe kirekire mu binyamakuru byo mu Bufaransa mbere yo gutahuka mu Rwanda nawe ameze nabi cyane.

-7749.jpg

Nyakwigendra John Sendanyoye

Ubwanditsi

2017-08-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Editorial 01 May 2021
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Editorial 31 May 2018
Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Editorial 09 Sep 2021
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Editorial 09 Aug 2017
Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Editorial 01 May 2021
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Editorial 31 May 2018
Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Bwa mbere mu mateka Kenya yatsinze Misiri mu mikino Nyafurika ya Volleyball, Tunisia na Cameroon zageze muri kimwe cya kane

Editorial 09 Sep 2021
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Editorial 09 Aug 2017
Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Editorial 01 May 2021
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Editorial 31 May 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru