• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Sosiyete Nyafurika z’indege zishobora guhomba miliyoni 300$ mu 2019

Editorial 16 Dec 2018 UBUKERARUGENDO

Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ubwikorezi bw’indege ku Isi, IATA, ryatangaje ko mu 2019, Sosiyete Nyafurika zitwara abantu n’ibintu mu ndege zishobora kuzagira igihombo cya miliyoni 300 z’amadolari.

Aya mafaranga ariko ni make ugereranyije n’igihombo cya miliyoni 400 z’amadolari izi sosiyete zagize muri uyu mwaka wa 2018.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Gatatu, IATA ivuga ko byitezwe ko mu 2019, kuri buri mugenzi hazajya habarwa igihombo cy’amadolari 3.51.

Ibi bizatuma Afurika ititwara neza ku isoko mpuzamahanga ryitezweho kuzunguka miliyari 35.5$, avuye kuri miliyari 32.3$ zabonetse mu 2019.

Uku kwiyongera kw’inyungu iva mu bwikorezi bw’indege ngo bizaturuka ku imanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, n’ubukungu buhagaze neza n’ubwo buzazamuka ku muvuduko muke cyane wa 3.1%.

N’ubwo byitezweho ko 2019 izaba umwaka wa 10 ubwikorezi bw’indege bukomeza gutera imbere mu buryo bwikurikiranya, Umuyobozi Mukuru wa IATA, Alexander de Juniac avuga ko sosiyete Nyafurika nazo zizakomeza kuzamuka ariko ku muvuduko uri hasi cyane.

IATA ivuga ko hari ibintu byinshi bishobora gukoma mu nkokora iyi mikorere ibyara inyungu birimo intambara z’ubucuruzi, gahunda y’u Bwongereza yo kwikura mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (Brexit) n’ibindi.

IATA igira inama guverinoma zo muri Afurika kwitabira gukoresha ikoranabuhanga kugira ngo zirusheho kwizera inyungu irambye ituruka mu bwikorezi bw’indege.

Ikindi ni uko ibihugu byose bishishikarizwa gushyira mu bikorwa amabwiriza agenga kurengera ikirere, bishyira mu bikorwa amasezerano ku kugabanya ibyuka bihumanya ikirere (Carbon Offsetting and Reduction Scheme for International Aviation), yitezweho kuba yatanze umusaruro ufatika mu 2050.

Mu 2019 kandi byitezwe ko abagera kuri miliyari 4.59 aribo bazakora ingendo mu ndege bavuye kuri miliyari 4.34 bagaragaye mu 2018.

Ni mu gihe imizigo yitezweho kugera kuri toni miliyari 65.9 zivuye kuri miliyari 63.7 mu 2018.

2018-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Editorial 01 Aug 2019
Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Editorial 11 Apr 2018
U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 19 Apr 2018
RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

RwandAir yatangiye ingendo zigana i Kinshasa ziziyongera mu kwezi gutaha

Editorial 17 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”
POLITIKI

Trump yavuze ko Kim Jong Un ari mu bwiyahuzi, ati “nibiba ngombwa Koreya ya Ruguru tuzayisenya burundu”

Editorial 20 Sep 2017
Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango
INKURU NYAMUKURU

Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango

Editorial 14 Jan 2020
Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Editorial 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru