• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir

Sudani y’Epfo: Imitwe irindwi yishyize hamwe ngo ikure ku butegetsi Salva Kiir

Editorial 15 May 2017 POLITIKI

Imitwe irindwi yo muri Sudani y’Epfo irimo n’uw’uwa Riek Machar wahoze ari Visi Perezida yatangaje kuri uyu wa Gatandatu ko yemeranyiwe gukorera hamwe mu ntumbero yo gukuraho guverinoma ya Perezida Salva Kiir.

Nk’uko ikinyamakuru The East African cyabyanditse, abashyize umukono kuri ayo masezerano harimo uwahoze ari Minisitiri Kosti Manibe, n’uwahoze ashinzwe ibikoresho mu gisirikare Thomas Cirillo Swaka waneguye muri Gashyantare ashinja ihonyorwa ry’uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Sudani y’Epfo bikozwe n’igisirikare n’agatsiko k’ubwoko bwa Dinka bwa Perezida Kiir.

Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka rya Machar, Nathaniel Oyet, yagize ati “Mu gukorera hamwe, imbaraga zacu, umurava wacu mu bya politiki, dipolomasi n’igisirikare bizatuma tugera kuri byinshi kurusha uko twakora dutandukanye.”

Sudani y’Epfo yabonye ubwigenge mu 2011 ariko nyuma y’imyaka ibiri ihita yinjira mu ntambara ubwo Kiir yirukanaga ku butegetsi Visi perezida Riek Machar wo mu bwoko bwa Nuer.

-6586.jpg

Umutwe w’Ingabo za Riek wa SPLM-IO, wakomeje guhangana na Salva Kiir ariko bamwe mu basirikare be bakomeye bagatoroka bakajya kwishingira indi mitwe ikomeye cyangwa bagasubira mu gisirikare cya Salva Kiir.

Abayobozi b’iyo mitwe itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kiir batangaje ko bagiye gukora inama igamije kureba uburyo bakwihuza bagashyiraho uburyo bumwe bwo kuyobora ibitero byabo.

Umwe mu bayobozi bakomeye bari barahunze witwa Oyay Deng Ajak, yagize ati “Dutekereza ko niba dufite umugambi umwe wo gukuraho iriya guverinoma, dukeneye guhuriza imbaraga zacu hamwe, tukanavuga ururimi rumwe”.

Ajak yavuze ko kimwe mu bintu bisigaye bikigoranye harimo no gushyiraho umuyobozi ubahagarariye.

Perezida Kiir aherutse kwirukana Umugaba mukuru w’ingabo, Paul Melong, bitera ubwoba ko mu gisirikare hashobora kuvuka umwiryane.

Umuvugizi wa Kiir, Ateny Wek Ateny, yabwiye Ibiro ntaramakuru by’Abongereza ko guverinoma idakeneye kugirana ibiganiro n’umuntu n’umwe utavuga rumwe n’ubutegetsi buriho.

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Ndayishimiye yisamye yasandaye?

Editorial 03 Mar 2025
Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Uko mbibona: Amatora yo muri DRC, Kabila arimo gukina ikarita ya nyuma

Editorial 21 Oct 2018
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Editorial 18 May 2018
PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

Editorial 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!
Amakuru

Umujenosideri kabombo, Kabuga Felisiyani, aritaba urukiko rw’i La Haye mu Buholandi kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ugushyingo 2020.Ese aratinyuka guhakana ibyo isi yose ifitiye ibimenyetso ?!

Editorial 11 Nov 2020
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa
UBUKERARUGENDO

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Editorial 04 Apr 2019
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere
Amakuru

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Editorial 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru