• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Toronto Raptors yakoreye amateka kuri Golden State Warriors yegukana NBA ku nshuro ya mbere

Editorial 14 Jun 2019 IMIKINO

Ku nshuro yayo ya mbere ikina imikino ya nyuma ya shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA, Toronto Raptors yakoze amateka yo kwegukana igikombe nyuma yo gutsinda Golden State Warriors amanota 114-110 mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu.

Toronto Raptors yegukanye igikombe itsinze Warriors imikino 4-2 muri iri irindwi iba ishoboka, aho Kahwi Leonard na we yatowe nk’umukinnyi wahize abandi muri iyi mikino ya nyuma, MVP, ku mpuzandengo y’amanota 28.5.

Nyuma y’umukino, umutoza wa Toronto Raptors, Nick Nurse yavuze ko yari amezi 12 agoranye kuri iyi kipe ye yegukanye igikombe cya mbere mu myaka 24.

Kawhi Leonard watowe nka MVP, yavuze ko yishimiye kwegukana igikombe n’iki gihembo, avuga ko ari yo mpamvu akina Basketball.

Ati” Iyi ni yo mpamvu nkina Basteball, iki nicyo gituma nkora cyane.”

Golden State Warriors yari ifite ibikombe bibiri bya shampiyona ya NBA biheruka, yagowe n’uyu mukino yakinnye idafite Kevin Durant wavunitse ubushize mu gihe Klay Thompson na we yavunitse mu gace ka gatatu k’umukino w’uyu munsi.

Golden State Warriors yari imbere y’abafana bayo, yatsinzwe agace ka mbere ku manota 33-32 ndetse n’aka kabiri ku manota 27-25. Mu gace ka gatatu yatsinze 31-26, iyobora umukino yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota abiri.

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu yagerageje, Golden State Warriors ibura amahirwe yo kujya imbere ya Toronto Raptors ubwo byari 111-110 mbere y’uko Kawhi Leonard atsindira abashyitsi akabafasha kwegukana igikombe.

Uyu wari umukino wa nyuma Golden State Warriors ikiniye muri Oracle Arena mbere yo kwimukira muri Chase Center iri muri San Francisco.

Abakinnyi ba Toronto Raptors bishimira igikombe begukanye ku nshuro ya mbere

Byari agahinda ku bakinnyi ba Golden State Warriors yakinaga imikino ya nyuma ya NBA ku nshuro ya gatanu yikurikiranya

Abafana ba Toronto Raptors basazwe n’ibyishimo

Kyle Lowry wa Toronto Raptors yishimira ko ikipe ye ikomeje kuyobora mu mukino wo kuri uyu wa Gatanu

Kawhi Leonard na DeMarcus Cousins bahanganiye umupira mu mukino wa gatandatu wabaye mu rukerera

Draymond Green wa Golden State Warriors asaba akaruhuko (Time-out) ubwo Stephen Curry yari amaze guhusha amanota atatu mu masegonda ya nyuma

Stephen Curry yananiwe gutsinda amanota atatu mu masegonda ya nyuma y’umukino

Klay Thompson yavunitse mu gace ka gatatu k’uyu mukino

Serge Ibaka wa Toronto Raptors agerageza gutsinda amanota abiri

Abakinnyi batatu ba Raptors bugarira Stephen Curry

Abafana ba Golden State Warriors bari bazanye ibyapa bisingiza Kevin Durant wavunikiye mu mukino wa 5
Src : IGIHE

2019-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Editorial 03 Oct 2023
Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Mukansanga Salima Rhadia yahawe igihembo cya “FORBES Women Africa Sports Awards 2023” mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo

Editorial 09 Mar 2023
Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Editorial 29 Dec 2022
Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Amavubi yatewe mpaga kubera gukinisha Muhire Kevin ku mukino wa Benin atari yemerewe kuwukina

Editorial 17 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo
IMIKINO

Umwe mu bayobozi ba Rayon Sports bafatiwe muri Hoteli yarimo abasifuzi i Burundi yatangaje impamvu bayigiyemo

Editorial 02 Mar 2018
Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25
INKURU NYAMUKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Editorial 27 Nov 2018
Sudani: Uwayoboye ihirikwa rya Perezida Bashir  nawe yeguye nyuma y’umunsi umwe
POLITIKI

Sudani: Uwayoboye ihirikwa rya Perezida Bashir nawe yeguye nyuma y’umunsi umwe

Editorial 13 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru