• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Editorial 15 Jun 2017 ITOHOZA

Abagize Inteko Ishinga Amategeko bagera kuri 200, bakomoka mu ishyaka ry’aba-democrates bahuje imbaraga kugira ngo bajyane ikirego gishinja Perezida Donald Trump, kwakira amafaranga avuye mu bihugu by’amahanga, igikorwa kinyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iki kirego aba bashinzwe gushyiraho amategeko bagaragaje ko aya mafaranga Trump ayakira binyuze mu bikorwa bye by’ubucuruzi, mu gihe Itegeko Nshinga ribuza kwakira impano cyangwa andi mafaranga bitabanje kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

Abasenateri 30 n’abadepite 166 nibo bahuje imbaraga, aho bavuga ko kuva Trump yajya ku butegetsi nta na rimwe yigeze aza gusaba kwemererwa ko ibikorwa bye by’ubucuruzi byakira amafaranga avuye mu bihugu by’amahanga.

Mu kiganiro na Reuters, Depite John Conyers yavuze ko kutabasha gutandukanya inyungu z’akazi n’ize bwite kwa Trump bigaragara mu bihugu bigera kuri 25, ndetse akaba akomeje gukoresha izina afite nk’inzira yo kwinjiza inyungu nyinshi.

Senateri Richard Blumenthal we yagize ati” Kuba perezida yarananiwe kutubwira iby’ariya mafaranga yishyuwe, bisobanuye ko tudashobora gukora akazi kacu neza. Ntabwo dushobora kwemeza ibyo tutazi. Akomeje kubangamira inshingano duhabwa n’Itegeko Nshinga.”

Si abagize Inteko gusa bavuga ko bagiye gutanga ikirego, kuko Intumwa nkuru ya Leta ya MaryLand n’iya District of Colombia kuwa Mbere batangaje ko bateganya kujyana Trump mu nkiko.

Ibi ariko Ibiro bya Perezida (White House) byabiteye utwatsi, naho Minisiteri y’Ubutabera yo yirinda kugira icyo itangaza nubwo mbere yari yatangaje ko kujyana perezida mu nkiko bishingiye ku buzima bwe bwite binyuranyije n’Itegeko Nshinga.

Trump afite ibikorwa by’ubucuruzi bisaga 500 hirya no hino ku isi birimo amahoteli, inzu zo guturamo, ibibuga by’umukino wa golf, byose byagiye bikorana na guverinoma z’ibihugu by’amahanga.

-6974.jpg

Mu gihe ubwo yabaga perezida yahisemo kubishyira mu maboko y’umuhungu we mukuru, hari abasanga yari akwiye kubigurisha kugira ngo yirinde ko habamo kugongana ku nyungu.

Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rifite ingingo ivuga ko perezida atagomba kwemera amafaranga, impano, ubutaka, ibiro cyangwa icyubahiro biturutse ku mwami, igikomangoma cyangwa igihugu cy’amahanga, mu rwego rwo kwirinda kugira inshingano yo kuzabitura.

2017-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA

I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA

Editorial 20 Jan 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Editorial 24 Sep 2023
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abacyekwaho kuba mu mitwe yitwaza intwaro

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abacyekwaho kuba mu mitwe yitwaza intwaro

Editorial 11 Sep 2017
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Editorial 31 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage
Mu Mahanga

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Editorial 04 Oct 2018
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports
IMIKINO

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Editorial 26 Aug 2016
album ya  The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi
IMIKINO

album ya The Ben igiye kumurikirwa mu Bubiligi

Editorial 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru