• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Trump yabyiniye ku rukoma nyuma y’iyirukanwa ry’Umuyobozi wungirije wa FBI

Editorial 17 Mar 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yishimiye icyemezo cy’Intumwa Nkuru ya Leta, Jeff Sessions, cyo kwirukana Andrew McCabe, wari Umuyobozi Mukuru wungirije mu rwego rushinzwe Iperereza rwa FBI, wari usanzwe ushinjwa na Trump guteza umwuka mubi muri Politiki.

McCabe wirukanywe habura iminsi ibiri gusa ngo ahabwe ikiruhuko cy’izabukuru nyuma y’imyaka 20 akorera FBI, amaze igihe kirekire akora iperereza rigamije gushyira ku karubanda amakuru agaragaza uruhare rw’u Burusiya mu gufasha Perezida Trump gutsinda amatora yari ahanganyemo na Hillary Clinton nkuko Reuters yabitangaje.

Abinyujije kuri Twitter ye, Perezida Trump yatangaje ko yakiranye yombi umwanzuro wafashwe na Sessions.

Yagize ati “Iyirukanwa rya Andrew McCabe, ni umunsi ugaragaza akazi gakomeye k’abagabo n’abagore bakorera FBI, umunsi ukomeye wa Demokarasi. James Cormey (nawe wirukanywe muri FBI) yari Umuyobozi wa McCabe yari ameze nk’umuririmbyi we. Yari azi neza ibijyanye n’ibinyoma na ruswa bisigaye muri FBI.”

Gusa Sessions yatangaje ko kwirukana McCabe bikozwe nyuma y’iperereza ryimbitse kandi ritabogamye rimaze igihe rimukorwaho ririmo kuba yarahaye amakuru itangazamakuru nta burenganzira abifitiye.

McCabe wari uri mu nzira zo kwegura muri FBI ariko ategereje ko ahabwa ikiruhuko cy’izabukuru, yatangaje ko kumwirukana bishobora kuba byaturutse ku gitutu cya Perezida Trump, kubera iperereza yakoraga ku ruhare rw’u Burusiya ku kwivanga mu matora ya Amerika n’ubuhamya yatanze nyuma yo kwiruakna James Comey nawe waperereza ku bijyanye n’amatora. Gusa ibiro bya Perezida ‘White House’ byabyamaganye bigaragaza ko nta ruhare na ruto byagizemo.

Umwanzuro wo kumwirukana mbere yo guhabwa ikiruhuko cy’izabukuru, ushobora kumugiraho ingaruka bikazatuma atazahabwa amafaranga ahabwa abakirimo.

2018-03-17
Editorial

IZINDI NKURU

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zafunguye Ambasade mu Rwanda

Editorial 09 Mar 2018
Mukabalisa  wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Mukabalisa wa PL yongeye gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 19 Sep 2018
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Editorial 28 Jul 2025
CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Editorial 22 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C
IMIKINO

CHAN 2016:Tunisie na Guinea zaguye miswi mutsinda C

Editorial 19 Jan 2016
Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda

Editorial 25 Sep 2019
Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.
Mu Mahanga

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Editorial 10 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru