• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Editorial 06 Jul 2018 POLITIKI

Perezida Donald Trump yemereye miliyoni y’amadolari Senateri Elizabeth Warren mu gihe ikizamini muzi cy’amaraso (DNA) kizaramuka cyerekanye ko ari kavukire muri Amerika.

Senateri Warren ni umu- démocrate uhagarariye Leta ya Massachusetts. Ni umwe mu bahabwa amahirwe yo kuzahagararira iryo shyaka mu matora ya Perezida azaba mu 2020.

Uyu mugore akunda kuvuga ko akomoka ku bakurambere b’Abahinde batuye muri Amerika bwa mbere.

Mu kumunnyega, Trump akunze kumwita Pocahontas, umukuramberekazi wo muri Amerika wakijije bagenzi be ubwo bari bafashwe n’abakoloni b’Abongereza.

Gufata umunyabigwi w’amateka Pacahontas akamugereranya na Warren byarakaje benshi, bituma bamwe basaba ko Trump asaba imbabazi.

Ubwo yari muri Leta ya Montana kuri uyu wa Kane yamamaza Matt Rosendale ku mwanya w’Ubusenateri, yavuze ko asabye imbabazi Pocahontas wa nyawe.

Yagize ati “Ndashaka gusaba imbabazi. Pocahontas ngusabye imbabazi ariko uwiyitirira Pocahontas we nta mbabazi musabye.”

Trump yakomeje avuga ko Warren naramuka atsindiye guhagararira ishyaka ry’aba- démocrate mu matora ya Perezida, akagaragaza ko ari umunyamerika kavukire azamuha miliyoni y’amadolari.

Ati “Nzashyira miliyoni y’amadolari mu muryango wawe udaharanira inyungu, azishyurwa na Trump, nukoresha ikizamini kikerekana ko uri ukomoka mu Buhinde. Ndiyumvamo ko atazabyemera.”

Uyu muryango Trump avuga azashyiramo ayo mafaranga ni uzwi nka Me too Movement wagiye ushyira hanze ibyamamare bikekwaho gukorera abagore ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Warren ni umwe mu bawushyigikiye cyane.

Warren abinyujije kuri Twitter, yabwiye Trump ko akwiye kwibanda ku bibazo byugarije igihugu nk’icyo gutandukanya abana b’abimukira n’ababyeyi babo aho guta umwanya ku nkomoko ye.

Ati “Mu gihe uta umutwe ku nkomoka yanjye, ubutegetsi bwabwe buri gukorera ibizamini muzi by’amaraso abana bato kuko wabatandukanyije n’ababyeyi babo, none nta bushobozi ufite bwo kongera kubahuza. Ukwiye kwibanda ku gusubiranya ubuzima uri kwangiza.”

Warren ni umwe mu ba- démocrate bahabwa amahirwe yo guhagararira ishyaka ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu 2020. Hillary Clinton wahanganye na Trump mu matora aherutse kugaragaza ko ashyigikiye Warren.

2018-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Editorial 01 Jul 2025
Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Editorial 26 Jul 2018
Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Editorial 21 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi 160 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Editorial 27 Aug 2017
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Editorial 12 Sep 2022
Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo
Uncategorized

Amerika : Congo yahejwe mu nama yigaga ku bibazo byayo, menya impamvu zabyo

Editorial 19 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru