• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Editorial 28 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu minsi mike itambutse, ku mbuga nkoranyambaga hatambutse amagambo yuzuyemo urwango ya nyina wa Perezida Tshisekedi, ariwe Marthe Kasalu Jibikila, unavuga rikijya mu butegetsi bw’umuhungu we.

Uwo mukecuru w’imyaka 88 ubundi wagombye gutanga ubutumwa buhuza Abakongomani bose, cyane cyane muri ibi bihe by’intambara barimo, yareruye ashinja Abakongomani bavuga igiswayire, biganje cyane cyane mu burasirazuba bwa Kongo, kuba ari ” abagambanyi bashaka ko ako gace kiyomora kuri Kongo”.

Nko kwereka nyina ko nawe yanga urunuka abaturage bo mu burasirazuba bwa Kongo, Tshisekedi yatumye abiyahuzi be, maze ejo tariki 27 Gashyantare 2025, bajugunya ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Bukavu, ahitwa “Place du 24″, hari hateraniye imbaga y’abantu babarirwa mu bihumbi icumi(10.000) bari bitabiriye inama y’ubuyobozi bwa AFC/M23, umutwe uherutse kwigarurira uwo murwa mukuru wa Kivu y’Amajyepfo.

Imibare itangwa n’inzego z’ubutabazi ivuga ko abantu 13 bahise bitaba Imana, abasaga 75 barakomereka, harimo n’abarembye cyane.

Amakuru yizewe avuga ko uretse kwica abaturage benshi bashoboka, bazira ko bagaragaje ko bishimiye ubutegetsi bushya bwa AFC/M23, ubwo bugizi bwa nabi bwari bunagamije kwica abayobozi b’uwo mutwe, Corneille Nangaa na Bertrand Bisiimwa, ari nabo bari bayoboye iyo nama, ndetse n’abasirikari bakuru barimo Col Willy Ngoma, uzwi cyane mu barwanyi ba M23.

Hari amakuru atugeraho kandi ko mu bateye ibyo bisasu hari ababa bafashwe, barimo n’umugore, hakaba hitezwe ko bazasobanira neza uwari wabatumye n’indi migambi mibisha iteganyijwe mu bihe biri imbere.

Aya mahano akimara kuba Leta ya Kongo yihutiye gusohora itangazo” ryihanganisha” abagize ibyago, ariko ku mbuga nkoranyambaga huzuyeho ubutumwa bushinja iyo Leta” amarira y’ingona” kuko bidashidikanywa ko ari yo iri inyuma y’ubwo bwicanyi.

Igihugu cy’u Burundi nacyo kiratungwa agatoki muri icyo gikorwa cy’iterabwoba, kugitegura bikaba byabab byarabereye i Bujumbura, mu ruzinduko Ministiri Jean-Pierre Bemba wa Kongo yahagiriye mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Twibutse kandi ko mbere y’uko Bykavu n’ikibuga cy’ingege cya Kavumu bifatwa, byari birinzwe n’abasirikari b’uBurundi. Kuba barayambuwe batanarwanye rero bikaba byarabateye ipfunwe rikabije.

Ubu bugome kandi ngo bwaba bugamije gutera ubwoba abatuye mu mujyi wa Uvira, ngo batazayoboka bwangu AFC/ M23 nk’uko byahenze i Goma na Bukavu, dore ko iyo Uvira iri mu marembo ya Bujumbura, nayo idasigaje iminsi myinshi ngo abasore ba Gen Makenga babe bayitashyemo.

Uko iminsi ishira niko abaturage bagenda barambirwa intambara, ari nako bitandukanya n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, doreko abari mu turere tugenzurwa na AFC/ M23 bafite umutekano batigeze bagira hagitegekwa na Leta.

Magingo aya amajwi saba Tshisekedi gishyikirana na AFC /M23 ararushaho kuba menshi. Uretse abasenyeri gatolika bahagurukiye kumvisha Tshisekedi ko nta yandi mahitamo afite, n’abanyapolitiki bakomeye nka Vital Kamerhe utegeka inteko ishinga amategeko barasanga inzira y’ibiganiro ari wo muti rukumbi w’iyi ntambara.

Kuba Vital Kamerhe ukomoka muri Kivu y’Amajyepfo nawe ashyigikiye ko Leta ishyikirana n’abo Kinshasa yita” umutwe w’iterabwoba”, byongereye urwango Tshisekedi na nyina basanzwe bafitiye abava mu burasirazuba, bikaba bidatunguranye rero kuba Leta yatangiye kubateramo ibisasu. Vital Kamerhe we ari no mu bibazo byihariye, kuko abadepite biganjemo abashyigikiye ishyaka UDPS rya PerezidaTshisekedi, bahagurukiye kumukuraho icyizere, no kumwirukana ku mwanya wa Perezida w’inteko ishinga amategeko.

2025-02-28
Editorial

IZINDI NKURU

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Editorial 22 Oct 2024
Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Editorial 08 Aug 2021
U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda ku mwanya wa kabiri ku Isi mu kugira abasirikare benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 28 Sep 2018
Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara  gufungwa imyaka 22

Ubushinjacyaha bwa Gisilikare bumaze gusabira Col Byabagamba na Rusagara gufungwa imyaka 22

Editorial 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho
POLITIKI

HRW yashyize abantu muri raporo yemeza ko bishwe kandi bakiriho

Editorial 18 Oct 2017
Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi
Amakuru

Agahuru k’imbwa karahiye. Ba bajenosideri baba mu Bwongereza barashakisha uko bava muri icyo gihugu bataratabwa muri yombi

Editorial 28 Jun 2022
Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Editorial 05 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru