• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Tuyiringire wafungiwe muri Gereza ya Kisoro umwaka urenga yavuze akaga yahuye nako

Editorial 23 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Kuwa kane w’icyumweru gishize Umunyarwanda Elias Tuyiringire yagarutse mu Rwanda nyuma yo kumara amezi 15 afungiye muri Gereza ya Kisoro muri Uganda.

Yatawe muri yombi afatiwe ku mukoresha we muri Kamena umwaka ushize ubwo habaga umukwabu simusiga wakozwe n’inzego z’umutekano. Uyu mukwabu yawufatiwemo n’abandi Banyarwanda bashinjwa kuba muri Uganda binyuranyije n’amategeko ndetse barakatirwa.

Tuyiringire w’imyaka 24 atuye mu Karere ka Musanze, mu Murenge wa Gataraga, mu Ntara y’Amajyaruguru. Yabanaga n’ababyeyi be n’umuvandimwe we muto.

Muri Gashyantare, umwaka ushize, Umugande yabwiye Tuyiringire ko amufitiye akazi amujyana muri Uganda. Yakoraga mu ifamu usibye indi mirimo yakoraga yo gufasha mu rugo ahembwa ku kwezi Amashilingi 150,000 (32,000 frw). Nyuma y’amezi atatu, yatawe muri yombi.

Bamaze iminsi 15 bafungiye kuri station ya polisi, mbere yo kujyanwa mu rukiko. Mbere y’urubanza, Tuyiringire avuga ko umucamanza yaje akababwira ko uza kwemera icyaha wese aza kugabanyirizwa igihano.

Abemeye ibyaha bakatiwe amezi 23 y’igifungo, ariko Tuyiringire arabihaka ahita ajyanwa muri Gereza ya Kisoro. Nyuma y’amezi 9, yasubiye mu rukiko akatirwa amezi 15 y’igifungo.

Ubwo yari muri gereza nk’uko yabitangaje, ngo we n’abandi Banyarwanda bakoreshejwe imirimo y’agahato ikomeye nko kumena amabuye, kwikorera ibiti biremereye byo gutekesha no gukora mu mafamu.

Ati: “Baradukubitaga ngo dukore cyane. Iyo hagiraga utabasha gukora, baramukubitaga kandi ntawahabwaga imiti iyo yabaga arwaye kubera gukubitwa cyangwa indi ndwara.”

Yakomeje agira ati: “Ubu simbasha kwicara akanya karekare, nta yandi mahitamo usibye kujya ku buriri. Ntakintu nkibasha kwikorera gisaba imbaraga.”

Tuyiringire avuga ko muri Gereza ya Kisoro yahahuriye n’abandi Banyarwanda basaga 60 baregwaga bimwe.

Ati: “Iyo ubavugishije, bakubwira ko bafunzwe nta mpamvu ari ukubera ko ari Abanyarwanda bafashwe bakora business zabo muri Uganda.”

Akimara kurekurwa, Tuyiringire yamaze iminsi ibiri ashakisha amafaranga n’izindi nyandiko yasigiye ubuyobozi bwa gereza nyuma yo gutabwa muri yombi.

Ati: “Nabahaye amafaranga 75,000 by’Amanyarwanda n’Indangamuntu yanjye mbere ariko ntabwo babinsubije ubwo narekurwaga. Sinshobora kubategereza kubera gutinya ko bansubiza muri gereza none nahavuye ntacyo mfite.”

Tuyiringire avuga ko ateganya kuregera amafaranga ye n’ibindi bintu bye yasize muri Uganda.

Leta ya Uganda ikaba ikomeje gushinjwa guhohotera Abanyarwanda bajyayo cyangwa bakorerayo, ndetse bikaba byarabaye intandaro yo kuba muri Werurwe Leta y’u Rwanda yarafashe icyemezo cyo kuburira Abanyarwanda ibabuza kujya muri Uganda ku mpamvu z’umutekano wabo utizewe.

2019-10-23
Editorial

IZINDI NKURU

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Editorial 08 Feb 2023
Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Nta Munyamuryango wa FPR-Inkotanyi ukwiriye gutinya kurwanya ikibi- Kagame

Editorial 21 Dec 2019
Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Ruharwa Maj Pierre Claver Karangwa yongeye gutabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera mu Buholandi

Editorial 04 Oct 2023
Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Uko Besigye abona umubano w’u Rwanda na Uganda muri iki gihe

Editorial 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi
IMIKINO

Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi

Editorial 05 Jan 2016
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro
Mu Mahanga

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Editorial 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru