• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Editorial 02 Oct 2017 ITOHOZA

Mu gihe Urubuga rwa Google rwifashishwa mu gushaka amakuru ku bantu no ku bintu bitandukanye rugaragaza ko Faustin Twagiramungu wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda ubu akaba abarizwa muri Opozisiyo yitabye Imana tariki ya 14 Nzeri 2017 ,we ubwe yemeza ko ariho ndetse ko akomeje ibikorwa bye bya Politiki Mu kiganiro Twagiramungu Fautsin yagiranye na BBC dukesha iyi nkuru yagize ati ‘’Njyewe ndi muzima,keretse niba baravuze uwitwa Faustin Twagiramungu ariko njye ndi muzima ‘’.

Agaruka kuri Kinyamakuru Rushyashya.net ku nkuru cyatangaje tariki 26 Nzeri 2017 ,ifite umutwe ugira uti’Twagiramungu Faustin yaba amaze iminsi 11 apfuye bikaba byaragizwe ibanga ? ariko kigaragaza ko kiyikesha Ikinyamakuru ;Bwiza.com, Twagiramungu yagize ati’’Amakuru namwe mumaze kuyivugira ko yanditswe na Rushyashya,Rushyashya ni Ikinyamakuru sinakwirirwa mvuga amateka yacyo kuko n’abacyandika ntabwo bazi uko cyavutse , njyewe nzi uko cyavutse ’’ .

-8150.jpg

Umunyamakuru amusobanurirye ko Ikinyamakuru Rushyashya nacyo kitemezaga neza ko yapfuye ,Twagiramungu yavuze ko Ikinyamakuru nka rushyashya nubwo yaba ari ikinege kitagombaga kwandika impuha kuko cyagombaga kubanza kubaza inshuti ,abavandimwe cyangwa abamukomokaho.

Twagiramungu akaba yarashimangiye ko agiye atari azi ko na Google ibeshya ariko ko agiye gucukumbura agashaka ibiro byayo akayibaza aho yakuye amakuru ko yapfuye.

Gusa nubwo Twagiramungu avuga ibi kugeza ubu iyo ugiye kuri Google ikwereka ko yitabye Imana tariki 14 Nzeri 2017.

Twagiramungu Faustin uyobora Ishyaka rya RDI- Rwanda Rwiza asanzwe aba i Bruxelles mu Bubiligi akomoka mu cyahoze ari Cyangugu, ubu ni mu Ntara y’Iburengerazuba.Yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva ku wa 19 Nyakanga 1994, kugeza ku wa 31 Kanama 1995, aheruka mu Rwanda 2003 ubwo yari amaze gutsindwa mu matora y’umukuru w’igihugu.

-245.png

Umunyapolitiki Twagiramungu Faustin

2017-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Uganda : Inkuru z’Ibinyoma ku Rwanda zikomeje kwiyongera

Editorial 09 Nov 2017
CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

CMI na RNC bibasiye abayoboke b’Itorero ADEPR muri Uganda, banze kuyoboka umugambi wa Kayumba Nyamwasa

Editorial 14 May 2019
Nibogora Lydie warutuye mu Mujyi wa Bujumbura ( mu Ijabe )  yishwe bunyamanswa

Nibogora Lydie warutuye mu Mujyi wa Bujumbura ( mu Ijabe ) yishwe bunyamanswa

Editorial 18 Feb 2017
Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Editorial 05 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.
ITOHOZA

Umunyarwanda Omar Servil Ntagengwa uba mu Bubiligi , arasaba Abasilamu kumva ko bafite umwanya mu Rwanda, bakarukunda, barukorera kandi mu mahoro n’urukundo.

Editorial 21 Aug 2018
Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼
IMIKINO

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Editorial 15 Mar 2019
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye
ITOHOZA

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Editorial 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru