• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Twagiramungu yongoye guta ibaba avugira umuzunguzayi amwita intungane

Editorial 17 May 2016 Mu Mahanga

Abicishije ku rukuta rwe rwa Facebook, Faustin Twagiramungu, Perezida w’ishyaka RDI-Rwanda Rwiza, yagize icyo avuga ku witwa Theodosie Mahoro, wiciwe mu kigo abagenzi bategeramo imodoka cya Nyabugogo, azizwa ko acuruza ibintu bitemewe abibunza bimwe bita ubuzunguzayi.

Twagiramungu yagize ati:

“Umurambo wa nyakwigendera UWAMAHORO Theodeziya warashyinguwe. Turasaba IMANA RUREMA ngo imwakire nk’Intungane ye.

UWAMAHORO, ise na mama we bari baramwise neza, maze bamwita Uwamahoro. Apfuye afite imyaka 27. Apfuye akiri muto, apfuye amahoro yasabiwe n’abamwibarutse atayabonye. Apfuye yishwe na Leta, kandi ariyo yakagombye kumuha ayo mahoro.

-2802.jpg

UWAMAHORO akimara kwicwa

Aha icyo twavuga ni uko Mahoro atishwe na Leta, ahubwo ariyo ya mutabaye mu ishyingurwa rye. Tubibutse ko kuwa Gatandatu tariki 07 Gicurasi 2016 ni bwo Mahoro Theodosie ( Twagiramungu yita Uwamahoro ) wakoraga ubucuruzi buciriritse ndetse butemewe (Umuzunguzayi) yakubitiwe muri Gare ya Nyabugogo aragapfa. Polisi yavuze ko uwishe Mahoro nta ho ahuriye n’inzego z’umutekano za Leta ahubwo ko ari umukozi wa Kampani ikora isuku muri Nyabugogo yitwa AGRUNI.

-2803.jpg

Twagiramungu Faustin

Twagiramungu we avuga ko Leta yahaye ubububasha amabandi azi gutera ingumi n’imigeri kugira ngo bateshe umutwe abakene bakora ibishoboka byose ngo bitunge,kandi batunge n’abana babo.

Ati : Nibyo yishwe na Leta yahaye ubububasha amabandi azi gutera ingumi n’imigeri kugira ngo bateshe umutwe abakene bakora ibishoboka byosengo bitunge,kandi batunge n’abana babo. LETA aho gushaka uburyo bwo gufasha abatishoboye, ahubwo ibagabiza amabandi yo kubakubita bakabica, kugira ngo bagabanuke.

Umubyeyi uwo ariwe wese yishyire mu mwanya w’ababyeyi ba UWAMAHORO, kugira ngo yumve agahinda bafite ko gupfusha umwana wabo warufite imyaka 27 gusa, agapfa asize uburiza n’uwo bashakanye, nawe ukiri muto. Agapfa atarwaye, agapfa azize guhahira umwana we. Agapfa azize gukena.

Twifatanije nabo.

Twagiramungu akongeraho ko ngo Leta igomba gutanga ikiru ati: Jye ndizera ko LETA igomba gutanga icyiru, igaha umuryango wa UWAMAHORO amafaranga y’Amanyarwanda atari hasi ya 20.000.000. Ntabwo ari menshi kubera ko ariyo Perezida Kagame yishyura ijoro rimwe kuri hotel araramo i New York. Niyo mbona ko akwiye kuba indishyi y’akababaro ku muryango wa nyakwigendera UWAMAHORO THEODEZIYA. RIP,

Umudepite mu nteko ishingamategeko mu Rwanda Gatabazi Jean Marie Vianney aherutse kuvuga ko Twagiramungu ari Kanseri muri politiki.

Ati: Ni byiza kuba Twagiramungu yararose kuko bibaho, cyane ko n’Ishyaka rye rishingiye ku nzozi [Rwanda ’Dream’ Initiative], agafata n’umwanya wo kwerekana ko ahangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyarwanda .

Ku batamuzi n’abandi bafite inyungu muri Politiki y’u Rwanda bamwibeshyaho, Twagiramungu ni nka Kanseri muri politiki y’imyaka myinshi mu Rwanda kuva muri za 60, akiri umunyeshuriiyo muri za Canada ndetse no mu myaka ya 90-94 igihe cy’amashyaka menshi kugeza n’ubu,keretse niba ubwonko bwe butibuka ariko twe abanyarwanda twibuka amateka ye yose.

Cyiza Davidson

2016-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Editorial 20 Oct 2016
Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Ruharwa Stanislas Mbonampeka yatawe muri yombi

Editorial 01 Apr 2024
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Editorial 14 Jul 2016
Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Perezida Kagame yasabye Abanyafurika gucika ku ngeso yo gusigara inyuma

Editorial 15 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36
Amakuru

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Editorial 15 Sep 2023
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza
ITOHOZA

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Editorial 28 Apr 2016
Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside
POLITIKI

Ishingwa rya CDR, Hutu Power n’igurwa rya toni 581 z’imihoro yakoreshejwe muri Jenoside

Editorial 25 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru