• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

Ubwanditsi 18 Jun 2018 IMIKINO

Igikombe cy’Isi cya 2018 kiracyari mu mikino ya mbere y’amatsinda ariko gikomeje kugaragaza isura itandukanye cyane n’iyo abantu bari biteze, ibihugu bimwe bikomeye binahabwa amahirwe yo kucyegukana bikaba bikomeje gutungurwa.

Kuri iki Cyumweru hari hategerejwe imikino itatu, gusa ibiri yari ihanzwe amaso irimo uw’u Budage bufite igikombe giheruka yahuye na Mexique n’uwa Brazil ifatwa nk’ikipe ikomeye kurusha izindi uyu mwaka yagombaga gutangira irushanwa yisobanura n’u Busuwisi.

Umukino w’u Budage watangiye saa 17:00, nk’ikipe ikomeye itangira ishaka ibitego, Mexique irwana ku izamu ryayo ikanyuzamo igasatira ikoresheje imipira yihuta biza no kuyiha umusaruro, itsinda igitego ku munota wa 35 cya Hirving Lozano irangije yongera irwana ku izamu ryayo iminota 90 irashira.

Umutoza w’iyi kipe yegukanye igikombe cy’Isi mu 2014 itsinze Argentine ku mukino wa nyuma, Joachim Low, yagerageje gukora impinduka zitandukanye Marco Reus asimbura Sami Khedira, Mario Gomez afata umwanya wa Marvin Plattenhardt naho Julian Brandt asimbura Timo Werner gusa byose nta cyo byahinduye ku ikipe ya Mexique yakinanaga ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru cyane.

Nyuma y’uyu mukino wari umaze gutungura abatari bake, kuri Rostov Arena hatangiye umukino wa nyuma w’umunsi saa 20:00, Brazil itangira ikina umupira uryoheye ijisho izwiho, Neymar ashimisha abafana n’amacenga ye, ku munota wa 20 biza no kuyihira maze Philippe Coutinho atsinda igitego cya mbere ku ishoti riremereye yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina umunyezamu w’u Busuwisi, Yann Sommer, ntiyabasha gukurikira.

Brazil yakomeje kwiharira umupira cyane, inarema uburyo bwinshi imbere y’izamu ry’u Busuwisi gusa rutahizamu Gabriel Jesus ntabashe kubukoresha neza, mu gice cya kabiri ku munota wa 50 Steven Zuber aza kwishyura igitego n’umutwe ku mupira wari uvuye muri corner, umukino uba uhinduye isura.

Tite utoza Brazil yagiye akora impinduka akuramo Casemiro yinjiza Fernandinho, Paulinho asimburwa na Renato Augusto, Gabriel Jesus aha umwanya Roberto Firmino mu rwego rwo kongerera imbaraga ubusatirizi gusa byose biranga, imibare y’umutoza Vladimir Petkovic w’u Busuwisi washakaga inota, iba ariyo igera ku ntego, umukino urangira ari igitego 1-1.

Si Brazil n’u Budage gusa bitunguwe mu bihugu bikomeye kuko na Argentine ya Lionel Messi yahagamwe na Iceland yitabiriye irushanwa bwa mbere ku wa Gatandatu naho u Bufaransa butsinda Australia bigoranye 2-1.

Kuri uyu wa Mbere hategerejwe undi mukino ukomeye uhuza u Bubiligi na Panama, kimwe mu bihugu nabyo bigorana cyane, u Bwongereza bukaza guhura na Tunisia ihagarariye Afurika inahanzwe amaso mu gukiza ikimwaro uyu mugabane dore ko ibihugu byose byawuserukiye bimaze gukina, yaba Misiri, Maroc na Nigeria byatsinzwe bitaninjije igitego.

Imikino yabaye ku Cyumweru tariki 17 Kamena 2018

-  Saa 14 :00 : Costa Rica 0-1 Serbia
-  Saa 17 :00 : U Budage 0-1 Mexique
-  Saa 20 :00 : Brazil 1-1 Switzerland

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Kamena 2018

-  Saa 14 :00 : Suède – Korea y’Epfo
-  Saa 17 :00 : U Bubiligi- Panama
-  Saa 19 :00 : Tunisia- U Bwongereza

Umusore w’imyaka 26,Zuber, niwe watsinze igitego cyo kwishyura ku ruhande rw’u Busuwisi

Philippe Coutinho yishimira igitego cya mbere ku ruhande rwa Brazil muri iri rushanwa

Coutinho yateye ishoti rikomeye umuzamu w’u Busuwisi ayoberwa aho umupira unyuze

Muri uyu mukino, Neymar yakunze gukorerwaho amakosa menshi

Abakinnyi ba Brazil ntibemeranyije n’umusifuzi ku gitego cy’u Busuwisi cyo kwishyura

Umusore w’u Budage, Toni Kroos, agerageza uburyo yakwishyura igitego ariko biranga

Lozano yatsinze igitego nyuma yo gusiga abakinnyi benshi b’u Budage

Ibyishimo byari byose kuri Lozano wahesheje intsinzi igihugu cye

Umunyezamu w’u Budage, Manuel Neur, ntiyabashije gukiza izamu rye

2018-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yakiriye abakanyujijeho mu ikipe ya Arsenal Robert Pires na Ray Parlour basozaga uruzinduko rwabo mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Feb 2022
Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Menya impamvu Dorcas atakiririmba n’abavandimwe be bo muri BLESSED SISTERS

Ubwanditsi 17 Aug 2016
POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026

RUSHYASHYA 02 May 2026
Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara :  Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.
INKURU NYAMUKURU

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC
Amakuru

Umunsi wa 24 wa RPL usize Rayon Sports iyoboye urutonde rwa Shampiyona nyuma yo kunganya kwa APR FC na Etincelles FC

Ubwanditsi 20 Apr 2025
Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo
POLITIKI

Perezida Kagame na João Lourenço wa Angola bagiye mu Bubiligi aho baziga ku kibazo cya Congo

Ubwanditsi 30 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru