• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Editorial 16 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye Igikombe cy’Isi ku nshuro ya kabiri itsinze Croatia ibitego 4-2, mu mukino w’ishiraniro waberaga kuri Luzhniki Stadium.

Wari umukino wa 64 w’iri rushanwa rimaze ukwezi ribera ku bibuga 12 bitandukanye byo mu Burusiya. U Bufaransa bwaherukaga kwegukana Igikombe cy’Isi mu 1998.

Igitego cya mbere cy’u Bufaransa muri uyu mukino cyabonetse ku munota wa 18 cyitsinzwe na Mario Mandžukić ku mupira wari utewe na Antoine Griezmann. Byatumye Mandžukić w’imyaka 32 ukinira Juventus yo mu Butaliyani, aba umukinnyi wa mbere witsinze igitego mu mukino wa nyuma mu mateka y’Igikombe cy’Isi.

Ivan Perišić yaje kwishyura icyo gitego ku munota wa 28, gusa aza no gusubiza amahirwe ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ubwo yakoraga umupira n’ukuboko, bituma umusifuzi Nestor Pitana ukomoka muri Argentine atanga penaliti, nyuma yo gushishoza neza yifashishije ikoranabuhanga ry’amashusho, VAR.

Antoine Griezmann yahise ayinjiza neza ku munota wa 38 ndetse igice cya mbere cy’umukino kirangira gityo.

Igice cya kabiri cyatangiye amakipe yombi agerageza kubona igitego, u Bufaransa bushaka gushimangira intsinzi mu gihe Croatia yashakaga igitego cyo kwishyura, ngo irebe niba yagaruka mu mukino.

Croatia yatangiye isatira, ariko inzozi zayo zirangizwa n’igitego cyatsinzwe na Paul Pogba ukinira Manchester United ku ishoti riremereye yateye ku munota wa 59. Uyu ni na we mukinnyi wa mbere ukinira Manchester United wakoze amateka yo kubona igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Kylian Mbappé w’imyaka 19 n’iminsi 207 yaje gushyiramo agashinguracumu, akaba yanabaye umukinnyi muto wa kabiri ubonye igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, nyuma y’Umunya-Brazil, Edson Arantes do Nascimento Pelé wabikoze mu 1958 ubwo yari afite imyaka 17 n’iminsi 249.

Ku munota wa 69 Mandžukić yabonye igitego cya kabiri cya Croatia, ku makosa akomeye y’umunyezamu Hugo Lloris waherejwe umupira woroshye na myugariro we, Samuel Umtiti, ariko awumutera mu maguru na we awuboneza mu rushundura.

Iki gikombe cy’Isi gisize amateka ko uyu mukino wa nyuma ari wo wabonetsemo ibitego bigera kuri bitatu mu gice cya mbere cy’umukino, bikaba byaherukaga mu 1974 ubwo u Budage bwatsindaga u Buholandi 2-1.

Umutoza w’u Bufaransa, Didier Deschamps, yahise aba umuntu wa gatatu utwaye Igikombe cy’Isi nk’umukinnyi akongera akagitwara nk’umutoza, nyuma y’Umunya-Brazil Mário Zagallo n’Umudage Franz Beckenbauer.

Intsinzi y’u Bufaransa igumishijeho agahigo ko kuba nta kipe yarangije igice cya mbere yatsinzwe ngo ihindukane mukeba imutware igikombe, uretse Uruguay iheruka kubikora mu 1930 ubwo yatsindaga Argentine.

Imbamutima z’abarebeye umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi muri KCC

Mu gihe abafana bagera ku 78011 bari bicaye muri Luzhniki Stadium bareba imbonankubone umukino, abandi batari bake bahuriye muri Kigali Convention Center ahari televiziyo nini bareberagaho ikibera mu kibuga cyose nta guhengeza.

U Bufaransa nibwo bwari bufite abafana benshi, baririmbaga ubutaruhuka bati “Allez les Bleus” bagira n’amahirwe yo kwegukana Igikombe cy’Isi baherukaga mu 1998, bamwe mu babukinira ubu barimo Mbappé bataravuka.

Minezero Issa w’imyaka 25 yatangarije IGIHE ko intsinzi y’u Bufaransa iri mu byamushimishije mu buzima bwe.

Yagize ati “U Bufaransa ni ikipe mfana kandi imba ku mutima cyane. Nayikunze kubera na data ariyo yafanaga akajya angurira imyenda yayo. Yegukanye Igikombe cy’Isi ntarakura, iki rero ndacyishimiye cyane kuko ni cyo cya mbere mbonye. Ikindi bamaze agahinda nagize dutsindwa na Portugal ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’u Burayi mu 2016.”

Murekatete Ange yasazwe n’ibyishimo avuga ko igisigaye ari ukubona umwe ku bakinnyi b’u Bufaransa yegukana Ballon d’Or kuko ibyo bakoze byivugira.

Abafana ba Croatia bo agahinda kari kose ariko bakavuga ko aho ikipe yabo yageze batabitekerezaga.

Gasana Kelly wafanaga iyi kipe yagize ati “Birababaje gutakaza igikombe ariko ibyo Croatia yakoze birahagije. Kugera ku mukino wa nyuma ntabwo ari ikintu cyoroshye, ibihugu byinshi byifuzaga kuhagera ariko biranga. Sinavuga ko nishimye ariko ntewe ishema no kuba narafannye ikipe nziza.”

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi butsinze Croatia ibitego 4-2

U Bufaransa bwegukanye Igikombe cy’Isi cya kabiri nyuma y’imyaka 20

Umutoza w’u Bufaransa, Didier Deschamps, yabaye uwa gatatu utwaye Igikombe cy’Isi nk’umukinnyi akongera akagitwara nk’umutoza

Igikombe cy’Isi cyatanzwe imvura ijojoba

Abafana barebeye umukino kuri Champs de Mars i Paris

Kuri Tour Eiffel byari ibirori bikomeye

Abafaransa benshi mu bice bitandukanye barebye uyu mukino ikipe yabo y’igihugu yanditsemo amateka mashya

Kylian Mbappé yegukanye Igikombe cy’Isi ku myaka 19 n’iminsi 207

Perezida Emmanuel Macron mu byishimo nyuma y’intsinzi y’u Bufaransa

Luka Modrić (ibumoso) yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa na Kylian Mbappé w’imyaka 19 aba umwiza mu bakiri bato

Abakinnyi b’u Bufaransa bishimira intsinzi

Mario Mandžukić yatsinze igitego cya kabiri cya Croatia nyuma yo guterwa umupira n’umunyezamu Hugo Lloris washatse kumucenga

Antoine Griezmann na Raphaël Varane bishimira igitego cya kabiri cy’u Bufaransa

Kylian Mbappé w’imyaka 19 ukinira Paris Saint-Germain ni we watsinze igitego cya kane

Paul Labile Pogba atsinda igitego cya gatatu cy’u Bufaransa

Umutwe wa Mario Mandžukić wanyuze ku munyezamu we Danijel Subašić, ananirwa kuwukuramo

Kylian Mbappé yabaye umukinnyi muto wa kabiri ubonye igitego mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nyuma y’Umunya-Brazil, Edson Arantes do Nascimento Pelé wabikoze mu 1958

Abakinnyi b’u Bufaransa bishimiye intsinzi batera mu kirere umutoza Didier Deschamps

Igikombe cy’Isi gikoze muri zahabu gusa, gifite uburebure bwa santimetero 36.8, gipima ibiro 6.1

2018-07-16
Editorial

IZINDI NKURU

Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Editorial 13 Nov 2016
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Editorial 06 Feb 2022
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2024
Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Editorial 13 Nov 2016
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Editorial 06 Feb 2022
Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Mu muhango wiswe “Umugoroba w’Imihigo”, ikipe ya Mukura VS yihaye intego gutwara igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda

Editorial 13 Aug 2024
Rayon Sports  izahura na  Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Rayon Sports izahura na Enyimba Fc muri 1/4 cya CAF Confederation Cup

Editorial 04 Sep 2018
Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Tour du Rwanda: Rugg yegukanye agace kabanza

Editorial 13 Nov 2016
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Shimon
    July 16, 20189:18 am -

    Ubu narumiwe koko!! Aha ni mu Rwanda bari kwamamaza no kwishimira Instinzi y abafransa? yewewewe, politiki wee, uri mubi koko!! Abafransa twitaga interahamwe nibo bahindutse beza cyaneee! Aba nibo twirukanye Ambassadeur wabo ikitaraganya n agasuzuguro kenshi muri 2006??
    Aha ni mu Rwanda se? Koko? Kagame na Mushikiwabo bazi ibi bintu ?

    Ngo ni ukubera Candidature ya Mushikiwabo? Ashobora kutazanatorwa, . Buretse mwirebere, mutegereze… Ariko niba twiyibagiza ibitutsi n urwango tubafitiye, bo ntibabyibagiwe.

    Ndumva biteye isoni

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru