• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Buholandi bwagejeje i Kigali Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside

U Buholandi bwagejeje i Kigali Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 13 Nov 2016 Mu Mahanga

U Buholandi bwagejeje i Kigali, kuri uyu wa Gatandatu, Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu ma saa moya z’umugoroba nibwo indege ya KLM yabagejeje i Kigali, bamenyeshwa ibyaha bakewaho ko babikoreye muri Kigali.

Ubushinjacyaha bwabwiye itangazamakuru nubwo ibyaha babikoreye mu bice bitandukanye, bombi baregewa ibyaha bya Jenoside, gukangurira abaturage b’Abahutu kwica Abatutsi, icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, ibyaha b

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, yavuze muri make ibyo buri umwe akurikiranweho.

-4640.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin

Yagize ati”Mpereye kuri Mugimba Jean Baptiste, …yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda ariko akanaba Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya CDR. Hari ibyaha tumukekaho yakoreye muri Kigali, by’umwihariko muri Nyakabanda, i Nyakabanda haguye imbaga y’Abatutsi, tukaba dukeka ko yabigizemo uruhare.”

-4642.jpg

-4641.jpg

-4637.jpg

Mugimba Jean Baptiste mu maboko ya Polisi

Kuri Iyamuremye, Nkusi yagize ati”Ngira ngo muzi imbaga y’Abatutsi yari yahungiye kuri ETO Kicukiro; Hari Abatutsi barenga ibihumbi bitatu bari bahahungiye, ndetse banahaguye. We rero ibikorwa tumukekaho ni iby’aho ngaho muri ETO Kicukiro ndetse no mu nkengero zaho, ni byo tumukurikiranyeho. Ndetse amakuru atugaragariza ko yari na Perezida w’Interahamwe muri iyo Segiteri.”

-4638.jpg

Iyamuremye Jean Claude amaze kugezwa mu maboko ya Polisi

-4639.jpg

Avuga ko aba bakekwaho kuba baragize uruhare muri Jenoside, hagendewe ku iperereza ryakozwe n’amakuru Ubushinjacyaha bwabonye, n’ibyo abatangabuhamya babuhaye, bikaba binafitiwe ibimenyetso bifatika bizahabwa urukiko.

Aba bagabo bombi bagejejwe mu Rwanda, mu maboko ya Polisi bari batuje cyane. Inzego z’ubutabera zitangira akazi kazo k’ibanze iyo ukekwaho ibyaha agejejwe ku butaka bw’u Rwanda.

Mu gihe u Rwanda rukomeza umunsi ku munsi gusaba ko abakekwaho ibyaha bya Jenoside batabwa muri yombi bakoherezwa mu Rwanda cyangwa bakaburanishirizwa aho bafatiwe, Nkusi yashimiye u Buholandi ku cyemezo bwafashe.

Nkusi yakomeje avuga ko aba bagabo boherejwe mu Rwanda nyuma y’igihe kirerekire mu manza mu Buholandi kuko byanageze mu Rukiko rw’uburayi rw’uburenganzira bwa muntu.

Umwanditsi wacu

2016-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Félix Tshisekedi ngo yanga Perezida Kagame ariko agakunda Abanyarwanda. Ese yaba azi igihango bafitanye na Perezida bitorera hafi 100%?

Ubwanditsi 06 Jan 2023
Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Perezida Kagame n’Umuryango we bifurije Abanyarwanda bose Noheli nziza n’Umwaka mushya 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Ubwanditsi 29 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.
Amakuru

Umuvumo n’uruzerero bishegeshe Tewojeni Rudasingwa, yongera kubahuka Perezida Kagame wamukamiye.

Ubwanditsi 10 Apr 2023
Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho
Mu Mahanga

Kigali:Abakirisitu bahujwe no gushimira ibyo Imana yabagejejeho

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.
Mu Mahanga

Abagenzi barasabwa gutanga amakuru y’abashoferi batubahiriza amategeko abagenga.

Ubwanditsi 28 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru