• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Buholandi bwagejeje i Kigali Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside

U Buholandi bwagejeje i Kigali Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 13 Nov 2016 Mu Mahanga

U Buholandi bwagejeje i Kigali, kuri uyu wa Gatandatu, Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremyi Jean Claude bakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu ma saa moya z’umugoroba nibwo indege ya KLM yabagejeje i Kigali, bamenyeshwa ibyaha bakewaho ko babikoreye muri Kigali.

Ubushinjacyaha bwabwiye itangazamakuru nubwo ibyaha babikoreye mu bice bitandukanye, bombi baregewa ibyaha bya Jenoside, gukangurira abaturage b’Abahutu kwica Abatutsi, icyaha cy’ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, ibyaha b

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin, yavuze muri make ibyo buri umwe akurikiranweho.

-4640.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Nkusi Faustin

Yagize ati”Mpereye kuri Mugimba Jean Baptiste, …yari umukozi wa Banki Nkuru y’u Rwanda ariko akanaba Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka rya CDR. Hari ibyaha tumukekaho yakoreye muri Kigali, by’umwihariko muri Nyakabanda, i Nyakabanda haguye imbaga y’Abatutsi, tukaba dukeka ko yabigizemo uruhare.”

-4642.jpg

-4641.jpg

-4637.jpg

Mugimba Jean Baptiste mu maboko ya Polisi

Kuri Iyamuremye, Nkusi yagize ati”Ngira ngo muzi imbaga y’Abatutsi yari yahungiye kuri ETO Kicukiro; Hari Abatutsi barenga ibihumbi bitatu bari bahahungiye, ndetse banahaguye. We rero ibikorwa tumukekaho ni iby’aho ngaho muri ETO Kicukiro ndetse no mu nkengero zaho, ni byo tumukurikiranyeho. Ndetse amakuru atugaragariza ko yari na Perezida w’Interahamwe muri iyo Segiteri.”

-4638.jpg

Iyamuremye Jean Claude amaze kugezwa mu maboko ya Polisi

-4639.jpg

Avuga ko aba bakekwaho kuba baragize uruhare muri Jenoside, hagendewe ku iperereza ryakozwe n’amakuru Ubushinjacyaha bwabonye, n’ibyo abatangabuhamya babuhaye, bikaba binafitiwe ibimenyetso bifatika bizahabwa urukiko.

Aba bagabo bombi bagejejwe mu Rwanda, mu maboko ya Polisi bari batuje cyane. Inzego z’ubutabera zitangira akazi kazo k’ibanze iyo ukekwaho ibyaha agejejwe ku butaka bw’u Rwanda.

Mu gihe u Rwanda rukomeza umunsi ku munsi gusaba ko abakekwaho ibyaha bya Jenoside batabwa muri yombi bakoherezwa mu Rwanda cyangwa bakaburanishirizwa aho bafatiwe, Nkusi yashimiye u Buholandi ku cyemezo bwafashe.

Nkusi yakomeje avuga ko aba bagabo boherejwe mu Rwanda nyuma y’igihe kirerekire mu manza mu Buholandi kuko byanageze mu Rukiko rw’uburayi rw’uburenganzira bwa muntu.

Umwanditsi wacu

2016-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Justus Kangwagye yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’Igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Ubwanditsi 28 May 2021
Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Perezida Kagame yashimiye Polisi y’igihugu anizeza ubufasha ababuriye ababo mu bikworwa by’umutekano

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Gaspard Musabyimana na Emmanuel Neretse mu kinyoma gikabije ko FAR yari ifite abasirikari bakuru benshi b’Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jun 2020
Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko
POLITIKI

Kamanzi na Maniriho batorewe guhagararira urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru