• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

U Bwongereza bwageze muri ¼ cy’Igikombe cy’Isi, Harry Kane yandika amateka mashya

Editorial 04 Jul 2018 IMIKINO

U Bwongereza bwabaye ikipe ya nyuma ikatishije itike ya ¼ mu gikombe cy’Isi cy’uyu mwaka butsinze Colombia kuri penaliti, rutahizamu Harry Kane yandika amateka mashya yo kuba ariwe mukinnyi rukumbi wabashije gutsindira iki gihugu mu mikino itandatu ikurikirana.

Mu mukino wa nyuma wa 1/8 wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, u Bwongereza bwakoze ibyasaga n’ibigoye busezerera Colombia ya Juan Cuadrado na Radamel Falcao kuri penaliti eshatu kuri enye nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu munota 90 isanzwe hashyirwaho na 30 amakipe yombi akananirwa kwisobanura.

Ikipe y’u Bwongereza iyobowe na Gareth Southgate nk’umutoza, yatangiye ikina neza irusha Colombia yari ifite icyuho cy’umukinnyi wayo mwiza James Rodriguez wagize ikibazo cy’imvune, iza kuyitsinda igitego cya mbere kuri penaliti yakorewe kuri Harry Kane asunitswe na Davinson Sanchez mu rubuga rw’amahina.

Kane usanzwe ari na kapiteni w’u Bwongereza niwe wayiteye neza ku munota wa 57, ahita aba umukinnyi wa mbere mu mateka utsindiye iki gihugu nibura igitego mu mikino itandatu ikurikirana yagikiniye.

Colombia ntiyacitse intege, yakomeje gusatira ishaka igitego cyo kwishyura igenda irema uburyo bwo gutsinda biciye ku bakinnyi nka Carlos Bacca, Juan Cuadrado na Radamel Falcao ariko amahirwe akaba make. Igitego cyo kwishyura cyaje kuboneka ku munota wa (90+3) gitsinzwe na myugariro Yerry Mina n’umutwe.

Byasabye ko umusifuzi ashyiraho iminota 30 y’inyongera nayo ntiyabasha kumara impaka kuko yarangiye amakipe anganya igitego 1-1, hitabazwa penaliti u Bwongereza bukomeza butsinze 4-3.

Iyi kipe igomba guhura na Suède muri ¼ nayo yahageze isezereye u Busuwisi ku gitego 1-0 cya Emil Forsberg ku munota wa 66.

Uko amakipe yose azahura muri ¼

Tariki 6 Nyakanga: saa 16:00: Uruguay vs u Bufaransa

Tariki 6 Nyakanga: saa 20:00: Brazil vs u Bubiligi

Tariki 7 Nyakanga: saa 16:00: Suède vs u Bwongereza

Tariki 7 Nyakanga: saa 20:00: U Burusiya vs Croatia

Rutahizamu Harry Kane yanditse amateka mashya yo kuba ariwe mukinnyi rukumbi wabashije gutsindira u Bwongereza mu mikino itandatu ikurikirana.

U Bwongereza mu byishimo byo gutsinda Colombia

2018-07-04
Editorial

IZINDI NKURU

Knowless na Clement  Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Knowless na Clement Itorero ryanze kubasezeranya bitabaza Pasiteri wigenga

Editorial 07 Aug 2016
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Editorial 29 Jun 2021
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Editorial 06 Nov 2021
Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Editorial 03 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: FDLR -Imbonerakure, imyitozo yo guhungabanya u Rwanda irarimbanije mu Intara ya Kirundo no mu ishyamba rya Murehe

Editorial 23 May 2019
Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro
INKURU NYAMUKURU

Patrick Mazimhaka yasezeweho mu cyubahiro

Editorial 30 Jan 2018
Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC
ITOHOZA

Perezida wa Diaspora Mozambique Louis Baziga yishwe arashwe, harakekwa RNC

Editorial 26 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru