• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Umunsi wa mbere w’imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi muri Basketball ntiwahiriye ikipe y’u Rwanda

Editorial 02 Jul 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatanu mu nyubako ya BK Arena nibwo hatangiye imikino yo kwishyura yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi “2023 FIBA Basketball World Cup, African Qualification”, ni imikino yakinwe ku ruhande rw’u Rwanda ntirwatangiye neza.


Mu mikino yatangiye ejo kuwa gatanu, ikipe ya Nigeria yatangiye itsindwa na Cape Verde amanota  79 kuri 70, umukino wakurikiyeho wari buhuze ikipe ya Uganda na Mali, gusa ikipe y’igihugu ya Mali ntabwo yagaragaye ku kibuga bitewe n’uko ngo muri iyi kipe harimo ibibazo bitandukanye.

Ubwo bivuze ko Mali yatewe mpaga, ibi biba bivuze ko ikipe itsinzwe amanota 20 ku busa.


Uyu mukino wahise ukirikirwa n’uw’u Rwanda ndetse na South Sudan, ni umukino watangiye ku isaha ya kumi n’ebyiri z’umugoroba ukaba warangiye ikipe y’igihugu yari mu rugo itsinzwe amanota 73-63.


Sudani y’Epfo yegukanye agace ka mbere (first quarter) ku manota 22 kuri 13 y’ikipe y’Igihugu y’ u Rwanda.

Muri uyu mukino utakomeje korohera ikipe y’u Rwanda yari yakiriye uyu mukino ndetse yari iri imbere y’abanyarwanda, yatsinzwe n’agace kakurikiyeho ku manota 20 kuri 12, aha bakaba bagiye kuruhuka Sudani y’Epfo iyoboye n’amanota 42 kuri 25.
Uyu mukino kandi w’u Rwanda wakurikiwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, wari kumwe na Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju Mimosa ndetse n’umuyobozi wa FERWABA, Mugwiza Desiré.

Agace ka gatatu katangiranye impinduka ku ikipe y’u Rwanda, kuko umutoza DR Chekh Sarr yakuyemo bamwe mu bakinnyi yongeramo andi maraso mashya, ikipe y’u Rwanda yakoze amanota 23 kuri 10 ya Sudani y’Epfo.
Gusa ibi ntabwo byabaye byiza ku Rwanda mu gace ka kane, ikipe ya Sudani y’Epfo yatsinze amanota 21 kuri 15 y’u Rwanda, bituma inegukana uyu mukino wose iwutsinze ku manota 73 kuri 63.

Kuri uyu wa gatandatu, imikino irakomeza muri BK Arena guhera saa sita n’igice ikipe y’igihugu Mali irakina na Nigeria, Saa cyenda Cape Verde ikine na Uganda naho ku isaha ya saa kumi n’ebyiri u Rwanda rurakina na Cameroon mu gihe hasoza umukino uhuza ikipe ya Sudani y’Epfo na Tunisia saa tatu z’ijoro.
AMAFOTO: Shema Innocent

2022-07-02
Editorial

IZINDI NKURU

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Editorial 23 Apr 2021
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Editorial 06 Nov 2021
Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Mu mikino y’igikombe cy’Amahoro 2023, Espoir FC na Gicumbi zabuze ku kibuga ziterwa mpaga

Editorial 15 Feb 2023
Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Urban Boyz ntibazitabira ibirori bya Hipipo Awards muri Uganda

Editorial 24 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda
Amakuru

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Editorial 07 Apr 2025
Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto
IMIKINO

Ubuzima bwa Kobe Bryant mu mafoto

Editorial 30 Jan 2020
Tribert Rujugiro aragera ikirenge mu cya Cecil Rhodes
INKURU NYAMUKURU

Tribert Rujugiro aragera ikirenge mu cya Cecil Rhodes

Editorial 04 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru