• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga

U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga

Editorial 29 Apr 2016 Mu Rwanda

Abayobozi b’ibihugu bine bihuriye ku Muhora wa Ruguru biyemeje gutangira kugenzura imirongo ya telefoni zihamagara hanze y’imipaka muri ibi bihugu.

Nk’uko byatangajwe na observer.ug, ngo Abaperezida b’u Rwanda, Kenya, Sudani y’Epfo ndetse na Uganda mu nama ya 13 y’Umuhora wa Ruguru iherutse kubera i Kampala, basabye abaminisitiri bafite mu nshingano tekinoloji y’itumanaho gushyiraho uburyo bwo kugenzura no kumenya imirongo ya telefoni ihamagara hanze y’imipaka muri ibihugu, yifashishwa mu byaha.

Abaperezida bane babyumvikanye harimo Uhuru Kenyatta wa Kenya, Paul Kagame w’u Rwanda, Salva Kiir wa Sudani y’Epfo wari uhagarariwe muri iyi nama, ndetse na Museveni wa Uganda. Bemeje ko abagenzuzi bakenewe kugira ngo iyi gahunda itangire bagomba gushakishwa vuba.

Ngo urugero nyarwo rwa telefoni zihamagara hanze y’imipaka mu gupanga ibintu bibi ntirwagaragajwe, ngo ariko James Mugume, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’ububanyi n’Amahanga muri Uganda yemeza ko kugenzura telefoni zipangirwaho ibintu bibi bizagabanya ibibazo mu bucuruzi.

Iki cyemezo cy’ibihugu bigize umuhora wa Ruguru kije gikurikira amasezerano yasinywe n’ibi bihugu bine, yo guhanahana amakuru no kuyageraho.

Ngo ibi bivuze ko buri gihugu muri bine bigize Umuhora wa Ruguru gifite uburenganzira bwo kugera ku makuru afitwe n’ibindi bihugu bigize uyu Muhora. Gusa ngo uburyo bizakorwamo ntiburasobanuka neza.

-2727.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Aba baperezida kandi basabye ba minisitiri b’Ikiranabuhanga, ab’Imari ndetse n’Abayobozi ba za banki nkuru guhuza ikiguzi cy’imikorere ya serivisi za telefoni ngendanwa zambukiranya imipaka mu bihugu bigize Umuhora wa Ruguru.

Ngo igihe ibi byemezo bizaba byatangiye gushyirwa mu bikorwa, abaturage babyo bazajya bakoresha ikiguzi kimwe kuri telefoni ngendanwa.

Kuri ubu, buri gihugu gifite uburyo bwacyo bwihariye gikoreshamo telefoni ngendanwa.

2016-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Editorial 17 May 2017
Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Assi Mambote Batshi akaba aje gusimbura Junior Bayanho.

Editorial 01 May 2021
RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

RDF yohereje abasirikare bakoresha Ibifaru mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Centrafrique

Editorial 07 May 2018
Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Editorial 16 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)

Editorial 14 Jun 2018
Donald Trump yiyeguriye Imana
POLITIKI

Donald Trump yiyeguriye Imana

Editorial 28 Jun 2016
Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda
Mu Rwanda

Abikorera bo mu gihugu cya zimbwabwe bashimye iterambere basanze mu Rwanda

Editorial 24 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru