• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Editorial 06 May 2018 ITOHOZA

Abahagarariye u Rwanda, Indonesia na Norvège, mu Muryango w’Abibumbye bagiranye ibiganiro bigamije kureba icyakorwa mu kongera ubwitabire bw’abagore mu butumwa bwo kubungabunga no kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye.

Ibi biganiro byabaye ku wa 3 Gicurasi 2018 ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, byiga ku ngamba zashyirwaho kugira ngo intego igerweho ya Loni yo kongera umubare w’abasirikare b’abagore nibura ho 15% na 20% b’ababapolisi nibura bitarenze mu 2018.

Mu ijambo rye, Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Valentine Rugwabiza, yavuze ko asanga kongera umubare w’abagore babungabunga amahoro, bisaba gukuraho ubusumbane buheza abagore, kubahiriza ihame ry’uburinganire no gushyiraho ingamba zo kubibazwa mu gihe kubaha abagore no gushyira imbere agaciro kabo n’uburinganire bitakozwe.

Yakomeje avuga ko ubuyobozi bukwiye gufata iya mbere mu kongera umubare w’abagore bajya mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, kuko abayobozi beza bahindura umuco mubi usanzweho ukavamo amahirwe menshi.

Rugwabiza yavuze ko ibihugu bifite abagore benshi boherezwa mu butumwa bw’amahoro bikwiye gukorana n’ibindi, bikabisangiza iyo mikorere myiza n’ingamba bikoresha ngo bigerweho.

Capt. Lausanne Nsengimana, Umunyarwandakazi wagiye mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Centrafrique, yasangije abitabiriye ibiganiro ubunararibonye afite avuga ko kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro, bifite inyungu irenze gukumira no guhagarika imirwano.

Yavuze ko akazi ke muri ubu butumwa katari ukurinda ko habaho imirwano gusa ahubwo harimo no kwigisha no gusangiza ubunararibonye abandi bagore bo mu gihugu yakoreragamo.

Yagize ati “Abagore bari mu butumwa bwo kugarura amahoro, bashobora kubaka umubano ukomeye n’abaturage bakabasha kubona amakuru, kurusha uko abagabo byagenda.”

Yakomeje avuga ko abakobwa bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo kwitabira cyane kujya mu nzego z’umutekano ariko hakenewe ubundi bukangurambaga kugira ngo uwo mubare wiyongere.

Ambasaderi Dian Triansyah Djani, uhagarariye Indonesia, yashimangiye ko hari impamvu nyinshi zo kongera ubwitabire bw’abagore mu butumwa bw’amahoro, ‘kuko nta mugore n’umwe uri muri ubu butumwa bw’amahoro urashinjwa ibikorwa ry’ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa kudakora uko bikwiye ubutumwa.’

Ambasaderi wa Norvège, Tore Hattrem, yasabye ibihugu kwigira ku bindi kandi bigakorana kugira ngo intego yo kugira abagore benshi mu butumwa bw’amahoro bwa Loni igerweho kuko bizatuma bugera ku ntego.

Umuryango w’Abibumbye ugaragaza ko kugeza ku wa 31 Kanama 2017, u Rwanda ari urwa kabiri mu kugira abapolisi benshi bari mu butumwa bw’amahoro bagera ku 1052. Ku mwanya wa mbere haza Senegal ifite 1319, Bangladesh ni iya gatatu na 953, Misiri iya kane n’abapolisi 866 na Jordan ikab iya gatanu kuko ifite 819.

Muri rusange u Rwanda ruza ku mwanya wa gatanu mu kohereza intumwa nyinshi mu kugarura amahoro ukomatanyije abasirikare n’abapolisi, bangana n’intumwa 6351 barimo abagabo 6,049 n’ abagore 302.

U Rwanda ni urwa gatatu mu kugira abagore benshi mu butumwa bw’amahoro kuko rubanzirizwa na Ethiopia (657) na Ghana (308).

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko kwinjiza abagore mu butumwa bw’amahoro bifite intego zihariye, harimo no guhumura abagore n’abakobwa mu bihugu bimwe na bimwe baba bakoreramo.

Byiyongeraho kuba bituma intumwa z’amahoro zibasha kwisangwaho n’abagore cyane iyo bahuye n’ihohoterwa kuko baba babona harimo bagenzi babo, kugabanya amakimbirane n’ubushyamirane, gutanga urugero ku bagore bo mu gice gicunzwemo umutekano no kurushaho gutuma abaturage n’abana batekana.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Valentine Rugwabiza, yavuze ko asanga kongera umubare w’abagore babungabunga amahoro, bisaba gukuraho ubusumbane buheza abagore

Loni yize ku ntego yayo yo kongera umubare w’abasirikare n’abapolisi b’abagore

Capt. Lausanne Nsengimana, Umunyarwandakazi wagiye mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Centrafrique, yatanze ubuhamya bw’akazi gakomeye abagore bakora mu butumwa boherejwemo

2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe

Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe

Editorial 28 Mar 2017
Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Indanini yishe ukuze : Inzara n’ubukene bitumye Kayumba Nyamwasa apfundikanya ubuhamya kwihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Editorial 24 Oct 2016
Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Editorial 15 Jun 2018
Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Editorial 20 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda
Amakuru

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Editorial 03 Oct 2022
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.
HIRYA NO HINO

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Editorial 07 Aug 2019
Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel

Editorial 02 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru